Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Andi magorwa y’abana bo ku muhanda atazwi: Hari ababyara bakibwa impinja

radiotv10by radiotv10
25/08/2022
in MU RWANDA
1
Andi magorwa y’abana bo ku muhanda atazwi: Hari ababyara bakibwa impinja
Share on FacebookShare on Twitter

“Uba wigangikiye, bakaza bakamuterura tutabizi, tumaze kubura abana bagera muri bane…” Ni amajwi ya bamwe mu bana bo ku muhanda b’abakobwa bo mu Mujyi wa Kigali, bavuga ko hari ababyara ariko ntibarere kuko hari abaza bakabiba impinja, bagakeka ko bikorwa n’ababa barabuze urubyaro cyangwa abajya kubagurisha.

RADIOTV10 yaganirije bamwe mu bana baba muri ruhurura ya Mpazi muri Nyabugogo mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, bayihishurira kimwe mu bibazo bahura na byo ariko kidakunze kuvugwa.

Ni ikibazo kihariwe n’abakobwa, cyo kuba bahura n’isanganya ryo guterwa inda zitateganyijwe ariko bakanga kuvutsa ubuzima abo baziranenge baba basamye, bakemera kubabyara ariko ikibabaje ni uko bamwe muri bo batarera.

Bavuga ko hari abakobwa bane bamaze kwibwa impinja nubwo umunyamakuru yasanze aba bose bagiye gushakisha imibereho ariko ahabwa ubuhamya na bagenzi babo.

Umwe yagize ati “Ni bwo yari akikabyara, nta n’ukwezi kwari gushize, baraza baragaterura barakajyana.”

Akomeza avuga igihe bibirwa abana babo, ati “Hari igihe uryama nka kuriya winywereye nk’agacupa, ugasanga umuntu wabuze nk’umwana araje aramwiterura akamwijyanira mu modoka agahita amwirerera.”

Akomeza avuga ko aha kuri Mpazi, hari abana b’abakobwa bo ku muhanda bahabyarira ariko bakibwa impinja, ati “Biraba kenshi, si rimwe si kabiri. Ni bariya baba barabuze urubyaro yakwibonera akana, akagatwara.”

Undi uba aha kuri Mpazi unatwite, aganira n’umunyamakuru, yagize ati “Nk’ubu nkanjye uwo nzabyara, mba nicaye mfite ubwoba ko bazamwiba.”

Undi muri aba bana, avuga ko hari n’ababiba abana bakabashyira ba Se mu buryo bwa rwihishwa cyangwa bakajya kubagurisha n’ababa barabuze urubyaro.

Ati “Akaza akatwigiraho inshuti akatwibira wa mwana akamufata akamufata akamushyira Se cyangwa n’undi muntu ugiye kumurera, yarangiza akamuha ya mafaranga akeneye, umwana tukamubura gutyo.”

Bamwe mu baturage bakunze kunyura kuri iyi Ruhurura, na bo bemeza ko bajya basanga aba bana biyasira ko bibwe abana.

Umwe ati “Hari ukuntu ushobora kuhanyura ukabona umwana akagutera impuhwe, ugashobora kuba wamutwara utamubwiye kuko ntabwo bamuguha.”

Umukozi mu Mpuzamiryango y’Uburenganzira bwa Muntu (CLADHO), Evariste Murwanashyaka avuga ko ikibazo cy’abana bo ku muhanda kimaze kuba agatereranzamba ariko ko iki cyo kuba bibwa abana ari gishya kuri bo ariko ko bagiye kwihutira kugira icyo bagikorako kuko cyo kiremereye.

Yagize ati “Ni ikintu gisaba ubuvugizi bwihuse, ni ikintu gisaba ko inzego zimenya ko icyo kibazo kiriho noneho hagashakirwa hamwe igisubizo.”

Inzego za Leta zifatanyije n’abafatanyabikorwa bo mu miryango iharanira uburenganzira bw’abana, bakunze guhagurukira ikibazo cy’abana bo ku muhanda, gusa kugeza ubu ntikiraranduka.

Bamwe muri aba bana bo ku muhanda, bavuga ko bafashe icyemezo cyo kuza muri ubu buzima ari amaburakindi kubera ibibazo biba biri mu miryango bakomokamo irimo ishingiye ku mibereho mibi ndetse n’amakimbirane aba ari hagati y’ababyeyi babo.

RADIOTV10

Comments 1

  1. kajyibwami says:
    3 years ago

    None se inama utanga nk”umunyamakuru ni iyihe? Umuhanda bawuturamo, kuva ryari? Amategeko avuga iki? Nta no kubabwira ko kuba mu muhanda bitemewe ko bihanirwa iyo habaye kwinangira bifatwa nko kwigomeka. Ubwo ejo umujura azakubwira ko yiba kuko ashonje. Ushonje arakora ntiyiba, udafite aho aba arahashaka ntiyigabiza umuhanda ngo asase aryame, abyare yuzukuruze.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten + 4 =

Previous Post

Minisitiri w’Ingabo n’umuyobozi ukomeye muri RDF bari muri Botswana mu ruzinduko rw’iminsi 3

Next Post

Itsinda ry’abanyarwenya rikunzwe mu Rwanda ryinjijemo mugenzi wabo

Related Posts

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

by radiotv10
13/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu gace umusore wari umufana ukomeye wa Rayon Sports yasanzwemo yapfuye bikekwa ko yiyahuye, mu Murenge wa...

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

by radiotv10
13/01/2026
0

Abaturiye n’abakoresha umuhanda wa kaburimbo Saint Aloys–Nyagasenyi uhinguka munsi ya Gare ya Rwamagana, bavuga ko kuva wakorwa, wacaniwe rimwe gusa...

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

by radiotv10
12/01/2026
0

USA, China, and Europe in the Battle for Global Dominance. What about Africa? The global economy has entered a new...

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko abashoferi b’imodoka zitwara abantu benshi nk’ab’izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, n’izitwara abanyeshuri, ari bo...

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

IZIHERUKA

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize
MU RWANDA

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

by radiotv10
13/01/2026
0

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

13/01/2026
Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

12/01/2026
Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Itsinda ry’abanyarwenya rikunzwe mu Rwanda ryinjijemo mugenzi wabo

Itsinda ry’abanyarwenya rikunzwe mu Rwanda ryinjijemo mugenzi wabo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.