Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Andi magorwa y’abana bo ku muhanda atazwi: Hari ababyara bakibwa impinja

radiotv10by radiotv10
25/08/2022
in MU RWANDA
1
Andi magorwa y’abana bo ku muhanda atazwi: Hari ababyara bakibwa impinja
Share on FacebookShare on Twitter

“Uba wigangikiye, bakaza bakamuterura tutabizi, tumaze kubura abana bagera muri bane…” Ni amajwi ya bamwe mu bana bo ku muhanda b’abakobwa bo mu Mujyi wa Kigali, bavuga ko hari ababyara ariko ntibarere kuko hari abaza bakabiba impinja, bagakeka ko bikorwa n’ababa barabuze urubyaro cyangwa abajya kubagurisha.

RADIOTV10 yaganirije bamwe mu bana baba muri ruhurura ya Mpazi muri Nyabugogo mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, bayihishurira kimwe mu bibazo bahura na byo ariko kidakunze kuvugwa.

Ni ikibazo kihariwe n’abakobwa, cyo kuba bahura n’isanganya ryo guterwa inda zitateganyijwe ariko bakanga kuvutsa ubuzima abo baziranenge baba basamye, bakemera kubabyara ariko ikibabaje ni uko bamwe muri bo batarera.

Bavuga ko hari abakobwa bane bamaze kwibwa impinja nubwo umunyamakuru yasanze aba bose bagiye gushakisha imibereho ariko ahabwa ubuhamya na bagenzi babo.

Umwe yagize ati “Ni bwo yari akikabyara, nta n’ukwezi kwari gushize, baraza baragaterura barakajyana.”

Akomeza avuga igihe bibirwa abana babo, ati “Hari igihe uryama nka kuriya winywereye nk’agacupa, ugasanga umuntu wabuze nk’umwana araje aramwiterura akamwijyanira mu modoka agahita amwirerera.”

Akomeza avuga ko aha kuri Mpazi, hari abana b’abakobwa bo ku muhanda bahabyarira ariko bakibwa impinja, ati “Biraba kenshi, si rimwe si kabiri. Ni bariya baba barabuze urubyaro yakwibonera akana, akagatwara.”

Undi uba aha kuri Mpazi unatwite, aganira n’umunyamakuru, yagize ati “Nk’ubu nkanjye uwo nzabyara, mba nicaye mfite ubwoba ko bazamwiba.”

Undi muri aba bana, avuga ko hari n’ababiba abana bakabashyira ba Se mu buryo bwa rwihishwa cyangwa bakajya kubagurisha n’ababa barabuze urubyaro.

Ati “Akaza akatwigiraho inshuti akatwibira wa mwana akamufata akamufata akamushyira Se cyangwa n’undi muntu ugiye kumurera, yarangiza akamuha ya mafaranga akeneye, umwana tukamubura gutyo.”

Bamwe mu baturage bakunze kunyura kuri iyi Ruhurura, na bo bemeza ko bajya basanga aba bana biyasira ko bibwe abana.

Umwe ati “Hari ukuntu ushobora kuhanyura ukabona umwana akagutera impuhwe, ugashobora kuba wamutwara utamubwiye kuko ntabwo bamuguha.”

Umukozi mu Mpuzamiryango y’Uburenganzira bwa Muntu (CLADHO), Evariste Murwanashyaka avuga ko ikibazo cy’abana bo ku muhanda kimaze kuba agatereranzamba ariko ko iki cyo kuba bibwa abana ari gishya kuri bo ariko ko bagiye kwihutira kugira icyo bagikorako kuko cyo kiremereye.

Yagize ati “Ni ikintu gisaba ubuvugizi bwihuse, ni ikintu gisaba ko inzego zimenya ko icyo kibazo kiriho noneho hagashakirwa hamwe igisubizo.”

Inzego za Leta zifatanyije n’abafatanyabikorwa bo mu miryango iharanira uburenganzira bw’abana, bakunze guhagurukira ikibazo cy’abana bo ku muhanda, gusa kugeza ubu ntikiraranduka.

Bamwe muri aba bana bo ku muhanda, bavuga ko bafashe icyemezo cyo kuza muri ubu buzima ari amaburakindi kubera ibibazo biba biri mu miryango bakomokamo irimo ishingiye ku mibereho mibi ndetse n’amakimbirane aba ari hagati y’ababyeyi babo.

RADIOTV10

Comments 1

  1. kajyibwami says:
    3 years ago

    None se inama utanga nk”umunyamakuru ni iyihe? Umuhanda bawuturamo, kuva ryari? Amategeko avuga iki? Nta no kubabwira ko kuba mu muhanda bitemewe ko bihanirwa iyo habaye kwinangira bifatwa nko kwigomeka. Ubwo ejo umujura azakubwira ko yiba kuko ashonje. Ushonje arakora ntiyiba, udafite aho aba arahashaka ntiyigabiza umuhanda ngo asase aryame, abyare yuzukuruze.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × four =

Previous Post

Minisitiri w’Ingabo n’umuyobozi ukomeye muri RDF bari muri Botswana mu ruzinduko rw’iminsi 3

Next Post

Itsinda ry’abanyarwenya rikunzwe mu Rwanda ryinjijemo mugenzi wabo

Related Posts

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

by radiotv10
16/01/2026
0

Ubuyobozi bw’Ingabo za Jamaica bwakiriye itsinda ry’abasirikare 100 mu Ngabo z’u Rwanda bazobereye mu by’ubwubatsi bagiye mu bikorwa byo gufasha...

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuti wa Lenacapavir ushobora gufasha umuntu wawutewe kutandura Virusi itera SIDA mu gihe cy’amezi atandatu, uzatangira gutangwa mu Rwanda muri...

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

IZIHERUKA

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100
MU RWANDA

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

by radiotv10
16/01/2026
0

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

16/01/2026
Ntabwo tugomba kuba abo kwakira gusa: Minisitiri Mukazayire yahaye umukoro ikipe y’igihugu ya Handball

Ntabwo tugomba kuba abo kwakira gusa: Minisitiri Mukazayire yahaye umukoro ikipe y’igihugu ya Handball

16/01/2026
Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

15/01/2026
RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

15/01/2026
Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

15/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Itsinda ry’abanyarwenya rikunzwe mu Rwanda ryinjijemo mugenzi wabo

Itsinda ry’abanyarwenya rikunzwe mu Rwanda ryinjijemo mugenzi wabo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

Ntabwo tugomba kuba abo kwakira gusa: Minisitiri Mukazayire yahaye umukoro ikipe y’igihugu ya Handball

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.