Tuesday, December 2, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Andi mahirwe ku basore n’inkumi bifuza kwinjira muri RDF bize amasomo ya Tekiniki

radiotv10by radiotv10
02/03/2024
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
Andi mahirwe ku basore n’inkumi bifuza kwinjira muri RDF bize amasomo ya Tekiniki
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda (RDF) bwashyize hanze itangazo rihamagarira abifuza kwiga mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare barangije amasomo ya Tekiniki, n’ibyo bagomba kuba bujuje.

Bikubuye mu itangazo ryashyizwe hanze n’ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda, kuri uyu wa Gatanu tariki 01 Werurwe 2024, ryashyizweho umukono n’Umuyobozi Mukuru Ushinzwe Abakozi muri RDF.

Iri tangazo ritangira rimenyesha “Abanyarwanda bize mu mashuri ya Technical Secondary Schools (TSS) bifuza kwinjira mu Ishuri Rikuru rya Gisirikarare, ko na bo bashobora kwiyandikisha ku Turere no ku Mirenge,” rivuga ko kwiyandikisha bizatangira kuva tariki 01 kugeza ku ya 12 Werurwe 2024.

Iri tangazo rigaragaza ibisabwa kuri aba bifuza kwiga mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare, n’amashami bazigamo muri iri shuri nka Computer Engineering, aho bagomba kuba baragize nibura amanota 45 mu mashami ya Software development-SOD, Software Programming and Embedded Systems-SPE na Networking-NET.

Naho abifuza kuziga kuri Mechanichal Engineering, bagomba kuba na bo baragize nibura amanota 45, mu ishami rya TVET rya Mechanical Production Technology-MPT.

Iri tangazo rikomeza rivuga ko “abahamagawe ni abasore n’inkumi” bagomba kuba ari Abanyarwanda, kuba bafite imyaka 18 batarengeje 21, no kuba bararangije amashuri atandatu yisumbuye, ndetse ko abazatsinda ibizamini by’ijinjora bazakora ibizamini bibahesha kwiga muri Kaminuza y’u Rwanda.

Bagomba kandi kuba bafite “ubuzima buzira umuze, kuba utarigeze uhamwa n’icyaha, kuba udakurikiranyweho icyaha, kuba utarirukanywe burundu mu kazi ko mu butegetsi bwa Leta keretse warakorewe ihanagurabusembwa,…”

Iri tangazo risohotse nyuma y’ibyumweru bibiri, RDF ishyize hanze irindi ryahamagariraga abifuza kwiga mu mashami atandukanye arimo ay’ubumenyi nka General Medecine, bo batangiye kwiyandikisha tariki 13 Gashyantare kugeza ku ya 11 Werurwe 2024.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × one =

Previous Post

Hamenyekanye ibidasanzwe Trump ashobora kuzakorera inzego z’ubutasi bwa America niyongera gutorwa

Next Post

Gakenke : Yafatiwe mu cyuho asambanya umwana

Related Posts

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
01/12/2025
0

Perezida wa Repubulika y'u Rwanda, Paul Kagame; yashyize mu myanya abayobozi barimo Minisitiri w'Ubuhinzi mushya, n'Abanyamabanga ba Leta babiri barimo...

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

by radiotv10
01/12/2025
0

Hari abahoze ari abakozi b’Ikigo Nderabuzima cya Murara mu Karere ka Rubavu, bavuga ko bari mu gihirahiro nyuma y’uko mu...

Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Hatangajwe amagambo umwe muri batatu bakekwaho kwica umuntu bamukase ijosi yakundaga kumubwira

by radiotv10
01/12/2025
0

Abagabo batatu batawe muri yombi na Polisi ikorera mu Karere ka Gisagara, bakekwaho kwica umugabo bamukase ijosi, barimo uwakundaga kumubwira...

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

by radiotv10
01/12/2025
0

Mu Mujyi wa Kigali hagiye gutangira gahunda nshya mu gutwara abagenzi mu buryo bwa rusange, izatuma nta modoka zihagarara umwanya...

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

by radiotv10
01/12/2025
0

Mu rwego rwo gukomeza gushimangira ubufatanye n’imikoranire myiza hagati y’inzego z’umutekano n’abaturage, Inzego z’Umutekano z’u Rwanda (RSF) ziri mu bikorwa...

IZIHERUKA

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda
MU RWANDA

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
01/12/2025
0

Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano

Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa umunyamakuru Djihad uherutse gutabwa muri yombi

01/12/2025
Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

01/12/2025
Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Hatangajwe amagambo umwe muri batatu bakekwaho kwica umuntu bamukase ijosi yakundaga kumubwira

01/12/2025
Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

01/12/2025
RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

01/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Gakenke : Yafatiwe mu cyuho asambanya umwana

Gakenke : Yafatiwe mu cyuho asambanya umwana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa umunyamakuru Djihad uherutse gutabwa muri yombi

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.