Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Andi mahirwe ku basore n’inkumi bifuza kwinjira muri RDF bize amasomo ya Tekiniki

radiotv10by radiotv10
02/03/2024
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
Andi mahirwe ku basore n’inkumi bifuza kwinjira muri RDF bize amasomo ya Tekiniki
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda (RDF) bwashyize hanze itangazo rihamagarira abifuza kwiga mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare barangije amasomo ya Tekiniki, n’ibyo bagomba kuba bujuje.

Bikubuye mu itangazo ryashyizwe hanze n’ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda, kuri uyu wa Gatanu tariki 01 Werurwe 2024, ryashyizweho umukono n’Umuyobozi Mukuru Ushinzwe Abakozi muri RDF.

Iri tangazo ritangira rimenyesha “Abanyarwanda bize mu mashuri ya Technical Secondary Schools (TSS) bifuza kwinjira mu Ishuri Rikuru rya Gisirikarare, ko na bo bashobora kwiyandikisha ku Turere no ku Mirenge,” rivuga ko kwiyandikisha bizatangira kuva tariki 01 kugeza ku ya 12 Werurwe 2024.

Iri tangazo rigaragaza ibisabwa kuri aba bifuza kwiga mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare, n’amashami bazigamo muri iri shuri nka Computer Engineering, aho bagomba kuba baragize nibura amanota 45 mu mashami ya Software development-SOD, Software Programming and Embedded Systems-SPE na Networking-NET.

Naho abifuza kuziga kuri Mechanichal Engineering, bagomba kuba na bo baragize nibura amanota 45, mu ishami rya TVET rya Mechanical Production Technology-MPT.

Iri tangazo rikomeza rivuga ko “abahamagawe ni abasore n’inkumi” bagomba kuba ari Abanyarwanda, kuba bafite imyaka 18 batarengeje 21, no kuba bararangije amashuri atandatu yisumbuye, ndetse ko abazatsinda ibizamini by’ijinjora bazakora ibizamini bibahesha kwiga muri Kaminuza y’u Rwanda.

Bagomba kandi kuba bafite “ubuzima buzira umuze, kuba utarigeze uhamwa n’icyaha, kuba udakurikiranyweho icyaha, kuba utarirukanywe burundu mu kazi ko mu butegetsi bwa Leta keretse warakorewe ihanagurabusembwa,…”

Iri tangazo risohotse nyuma y’ibyumweru bibiri, RDF ishyize hanze irindi ryahamagariraga abifuza kwiga mu mashami atandukanye arimo ay’ubumenyi nka General Medecine, bo batangiye kwiyandikisha tariki 13 Gashyantare kugeza ku ya 11 Werurwe 2024.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine − seven =

Previous Post

Hamenyekanye ibidasanzwe Trump ashobora kuzakorera inzego z’ubutasi bwa America niyongera gutorwa

Next Post

Gakenke : Yafatiwe mu cyuho asambanya umwana

Related Posts

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

by radiotv10
03/01/2026
0

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko hatangijwe gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara y’Umwijima wo mu bwoko bwa B rwiyongereye mu...

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

by radiotv10
03/01/2026
0

Abortion is a topic that often makes people feel strongly, and it can be hard to talk about. Today, let’s...

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

by radiotv10
02/01/2026
0

Congolese refugees living in Rwanda have sent a message to FARDC Major General Sylvain Ekenge, who recently used language that...

IZIHERUKA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza
AMAHANGA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

by radiotv10
04/01/2026
0

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

03/01/2026
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

03/01/2026
Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Gakenke : Yafatiwe mu cyuho asambanya umwana

Gakenke : Yafatiwe mu cyuho asambanya umwana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.