Thursday, May 21, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Andi makuru yamenyekanye ku mugabo wapfuye ari gukorana imibonano n’umugore utari uwe

radiotv10by radiotv10
21/05/2026
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
Andi makuru yamenyekanye ku mugabo wapfuye ari gukorana imibonano n’umugore utari uwe
Share on FacebookShare on Twitter

Polisi yo muri Uganda yatangiye gukora iperereza ku rupfu rw’umugabo wo mu Karere ka Luuka witabye Imana ubwo yari ari gukorana imibonano mpuzabitsina n’umugore w’umuturanyi bakoreraga mu gihuru, akaza kugwa iguhumure ubwo bari bari mu gikorwa mo hagati.

Ibi byabaye mu ijoro ryo ku ya 18 Gicurasi 2026, mu Mudugudu wa Namulanda B mu gace ka Bukooma, mu masaha ya saa cyenda z’ijoro, aho uyu mugabo witwa yari yaciye inyuma umugabo witwa Simon Kalamu w’imyaka 50 yapfaga ari gutera akabariro n’umugore w’imyaka 40.

Bivugwa ko uyu mugabo yari yajyanye n’uyu mugore mu gihuru, asize umugore we umaze igihe gito abyaye, akamusiga ari kwita ku ruhinja rwabo.

Umuvugizi wa Polisi yo mu majyaruguru ya Busoga, SP Samson Lubega yavuze ko amakuru ahari avuga ko “nyakwigendera n’umugore bagiye mu gihuru kiri hafi aho bakora imibonano mpuzabitsina. Nyuma y’icyiciro cya mbere, bivugwa ko yaguye igihumure ubwo bari gukora icyiciro cya kabiri cy’imibonano.”

Yagize ati “Uwapfuye ndetse n’umugore basambanaga bavugwaho kujya mu gihuru aho bakoreye imibonano mpuzabitsina. Nyuma y’icyiciro cya mbere cy’imibonano, yaguye igihumure ubwo bari mu cyiciro cya kabiri.”

Amakuru yatanzwe n’umwe mu baturanyi b’uyu mugabo, avuga ko asanzwe agira ingeso y’ubushurashuzi kuryamana n’abandi bagore.

Yagize ati “Asanzwe agira ingeso zo kunywa ibinyobwa byongera imbaraga n’ibiyobyabwenge by’ibyatsi. Yari asanzwe kandi agirana umubano n’abandi bagore batandukanye. Birashoboka ko yaba yagize ikibazo cyo guhagarara k’umutima.”

Inzobere mu buzima, zivuga ko imfu zibaho umuntu ari mu gikorwa cy’imibonano mpuzabitsina, gishobora kuba gifitanye isano n’ibibazo by’umutima, cyangwa indwara yo guturika kw’imitsi yo mu bwonko (stroke).

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine + three =

Previous Post

Perezida Kagame na Madamu J.Kagame bitabiriye ibirori byo kwizihiza Umunsi wa ba Sogokuru muri Green Hills (Amafoto)

Next Post

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe Umuyobozi wabitse mu Biro by’Akagari umubiri w’uwazize Jenoside akanawushyingura bisanzwe

Related Posts

Iran yaburiye America na Israel ko igitero gishya cyose cyatuma habaho akaga kadasanzwe

Iran yaburiye America na Israel ko igitero gishya cyose cyatuma habaho akaga kadasanzwe

by radiotv10
21/05/2026
0

Igisirikare cya Iran cyavuze ko kizafungura ipaji nshya y’urugamba kikagura intambara igihe Leta Zunze Ubumwe za America na Israel zatangiza...

Guverinoma ya Botswana yitandukanyije n’itangazo ryayitiriwe ko yahaye ikiruhuko abafana ba Arsenal

Guverinoma ya Botswana yitandukanyije n’itangazo ryayitiriwe ko yahaye ikiruhuko abafana ba Arsenal

by radiotv10
20/05/2026
0

Guverinoma ya Botswana yavuze ko nta kirihuko rusange cyagenewe abafana ba Arsenal nyuma yuko hagiye itangazo ryacuzwe ryavugaga ko abakunzi...

Umugabo yapfuye akorana imibanano n’umugore utari we ubwo yacaga inyuma uwe wabyabye

Umugabo yapfuye akorana imibanano n’umugore utari we ubwo yacaga inyuma uwe wabyabye

by radiotv10
20/05/2026
0

Umugabo w’imyaka 50 wo mu Karere ka Luuka mu Burasirazuba bwa Uganda, yapfuye ari gukorana imibonano mpuzabitsina n’umugore w’umuturanyi mu...

Gen.Muhoozi yavuze ikizakorerwa imodoka ihenze yafatiriwe n’wahoze ari Perezidante w’Inteko

Gen.Muhoozi yavuze ikizakorerwa imodoka ihenze yafatiriwe n’wahoze ari Perezidante w’Inteko

by radiotv10
20/05/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko imodoko yo mu bwoko bwa Rolls-Royce ya Anita Annet Among...

Ubutumwa Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umuhungu wabo urangije muri Kaminuza y’Abanyamerika

Ubutumwa Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umuhungu wabo urangije muri Kaminuza y’Abanyamerika

by radiotv10
20/05/2026
0

Angeline Ndayishimiye Ndayubaha, Madamu wa Perezida w’u Burundi Evaritse Ndayishimiye yashimiye umwana wabo urangije amasomo muri Kaminuza y’Abanyamerika, ishami ryayo...

IZIHERUKA

Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda yabonye inshingano nshya ku rwego rwa Afurika y’Iburasirazuba
MU RWANDA

Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda yabonye inshingano nshya ku rwego rwa Afurika y’Iburasirazuba

by radiotv10
21/05/2026
0

Iran yaburiye America na Israel ko igitero gishya cyose cyatuma habaho akaga kadasanzwe

Iran yaburiye America na Israel ko igitero gishya cyose cyatuma habaho akaga kadasanzwe

21/05/2026
Hatangajwe icyemezo cyafatiwe Umuyobozi wabitse mu Biro by’Akagari umubiri w’uwazize Jenoside akanawushyingura bisanzwe

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe Umuyobozi wabitse mu Biro by’Akagari umubiri w’uwazize Jenoside akanawushyingura bisanzwe

21/05/2026
Andi makuru yamenyekanye ku mugabo wapfuye ari gukorana imibonano n’umugore utari uwe

Andi makuru yamenyekanye ku mugabo wapfuye ari gukorana imibonano n’umugore utari uwe

21/05/2026
Perezida Kagame na Madamu J.Kagame bitabiriye ibirori byo kwizihiza Umunsi wa ba Sogokuru muri Green Hills (Amafoto)

Perezida Kagame na Madamu J.Kagame bitabiriye ibirori byo kwizihiza Umunsi wa ba Sogokuru muri Green Hills (Amafoto)

21/05/2026
U Rwanda n’u Burusiya mu biganiro by’iminsi itatu ku bufatanye mu bya gisirikare

U Rwanda n’u Burusiya mu biganiro by’iminsi itatu ku bufatanye mu bya gisirikare

21/05/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatangajwe icyemezo cyafatiwe Umuyobozi wabitse mu Biro by’Akagari umubiri w’uwazize Jenoside akanawushyingura bisanzwe

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe Umuyobozi wabitse mu Biro by'Akagari umubiri w'uwazize Jenoside akanawushyingura bisanzwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda yabonye inshingano nshya ku rwego rwa Afurika y’Iburasirazuba

Iran yaburiye America na Israel ko igitero gishya cyose cyatuma habaho akaga kadasanzwe

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe Umuyobozi wabitse mu Biro by’Akagari umubiri w’uwazize Jenoside akanawushyingura bisanzwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.