Tuesday, September 1, 2026
RW|EN
SIPORO

APR FC yanyomoje amakuru yavugaga ko izajya muri Congo muri Private Jet

APR FC yanyomoje amakuru yavugaga ko izajya muri Congo muri Private Jet

Ikipe ya APR FC yanyomoje amakuru yakomeje gukwirakwira ku mbuga nkoranyambaga avuga ko izerekeza i Lubumbashi muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) ikoresheje indege yihariye (Private Jet), ivuga ko ayo makuru atari yo.

Mu itangazo iyi kipe yashyize hanze, yavuze ko ayo makuru atari yo, inasaba abakunzi bayo n’abakunzi b’umupira w’amaguru muri rusange gutegereza amakuru yemejwe n’ubuyobozi.

APR FC yavuze ko kugeza ubu itarafata umwanzuro ku buryo izakoreshamo mu rugendo rwayo rwo kujya i Lubumbashi, kuko igitegereje umwanzuro uzava ku kibuga cyangwa aho umukino uzabera.

Ati: “APR F.C iramenyesha Abakunzi bayo ko amakuru yakomeje gucicikana ku mbuga nkoranyambaga ko ikipe ya APR F.C izerekeza Lubumbashi n’indege yihariye (Private Jet) ko ayo makuru atari yo.”

Ubuyobozi bw’iyi kipe bwongeyeho ko nibamara kubona umwanzuro ujyanye n’aho umukino uzakinirwa, buzatangariza abakunzi bayo n’abandi bakunzi b’umupira w’amaguru amakuru mashya yemewe.

APR FC yasabye abakunzi bayo gukomeza gutegereza amakuru atangwa n’ubuyobozi bwayo, aho kwishingikiriza ku makuru akwirakwizwa ku mbuga nkoranyambaga ataremezwa.

RADIOTV10

Sangira: Facebook Twitter WhatsApp

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 + 13 =