Monday, November 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

APR yahesheje ishema Abanyarwanda yakiranywe ubwuzu n’urugwiro mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
23/07/2024
in FOOTBALL, SIPORO
0
APR yahesheje ishema Abanyarwanda yakiranywe ubwuzu n’urugwiro mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Ikipe ya APR FC yari ihagarariye u Rwanda muri CECAFA Kagame CUP, ikaba yaregukanye umwanya wa kabiri, yageze mu Rwanda, yakiranwa urugwiro n’abakunzi b’iyi kipe y’Ingabo z’u Rwanda.

Abakinnyi n’abatoza ba APR FC, bageze ku Kibuga cy’Indege cya Kigali, mu rukerera rwo kuri uyu wa Kabiri ivuye muri Tanzania aho yari yitabiriye CECAFA Kagame Cup.

Iyi kipe y’Ingabo z’u Rwanda yasesekaye mu Rwanda nyuma y’umunsi umwe hasojwe iri rushanwa yari yitabiriye, aho yabonyemo umwanya wa kabiri.

Uyu mwanya yawubonye mu mukino wa nyuma wabaye ku Cyumweru tariki 21 Nyakanga 2024, aho APR FC yashinzwe na Red Arrows yo muri Zambia kuri penaliti 10-9 nyuma y’uko iminota 120 yari yarangiye amakipe yombi anganya igitego 1-1.

APR FC nyuma yo gukina umukino wa nyuma, yagombaga kugaruka mu Rwanda kuri uyu wa Mbere aho byari biteganyijwe ko ihagera saa kumi n’imwe w’umugoroba, gusa gahunda yageza aho irahinduka aho amakuru yahise agaragaza ko indege ikererwa, ahubwo bahaguruka muri Tanzania saa moya z’ijoro bakagera mu Rwanda sa mbiri n’igice.

Gusa nabwo haje kubamo impinduka ziturutse ku bijyanye n’indege, aho abakinnyi bahise babwirwa gusubira muri Hotel ndetse babwirwa ko bahaguruka saa cyenda n’igice zo mu rucyerera bakagera mu Rwanda saa kumi n’imwe za mu gitondo ari nako byanagenze.

APR FC yageze ku kibuga mpuzamahanga cya Kigali i Kanombe saa kumi n’imwe za mu gitonddo ndetse yakirwa n’abafana bayo bari bayitegereje.

Iyi kipe y’ingabo z’u Rwanda inafite shampiyona, igomba gukomeza imyiteguro y’imikino ifite mu minsi iri imbere, irimo umukino uzayihuza na Simba Sports Club yo muri Tanzania tariki 03 Kanama 2024 kuri Simba Day i Dar es Salaam, ndetse tariki 11 Kanama ikazacakirana na Police FC mu mukino wa Super Cup.

Rutahizamu Mugisha Gilbert

Jean Claude KANYIZO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen + 13 =

Previous Post

Minisitiri mu Bwongereza yavuze ku ihagarikwa rya gahunda n’u Rwanda n’akayabo katavugwaho rumwe yatwaye

Next Post

Mu magambo aryohereye umuhanzikazi wakanyujijejo mu rwanda yifurije isabukuru nziza umubyeyi we

Related Posts

Bitunguranye inama idasanzwe yari yatumijwe muri Rayon yasubitswe ku mpamvu itazwi

Bitunguranye inama idasanzwe yari yatumijwe muri Rayon yasubitswe ku mpamvu itazwi

by radiotv10
17/11/2025
0

Umuyobozi w’Urwego rw'Ikirego rw’Umuryango wa Rayon Sports, Paul Muvunyi yatangaje ko Inama y’Inteko Rusange yari yatumije, isubitswe, ikazaba igihe kizatangazwa....

Byahinduye isura nyuma yuko Perezida wa Rayon yemeje ko batandukanye burundu n’umutoza Lotfi

Byahinduye isura nyuma yuko Perezida wa Rayon yemeje ko batandukanye burundu n’umutoza Lotfi

by radiotv10
14/11/2025
0

Nyuma yuko Perezida wa Rayon Sports, Twagirayezu Thadée, atangaje ko ikipe yamaze gutandukana n’umutoza Afahmia Lotfi kubera umusaruro muke, ibintu...

Aimable Nsabimana yahishuye ko yatekereje kureka umupira kubera ubuhemu yakorewe na Perezida wa Rayon

Perezida wa Rayon yizeje gukemura burundi bimwe mu bibazo biyibereye umutwaro

by radiotv10
13/11/2025
0

Perezida wa Rayon Sports, Twagirayezu Thaddée, yatangaje ko ubuyobozi bwa Rayon Sports bugiye gukemura burundu ikibazo cy’umutoza Robertinho ndetse n’icya...

Handball: U Rwanda ruramenya itsinda ruherereyemo mu gikombe cya Afurika ruzakira bwa mbere

Handball: U Rwanda ruramenya itsinda ruherereyemo mu gikombe cya Afurika ruzakira bwa mbere

by radiotv10
12/11/2025
0

Tombola y’amatsinda y’Igikombe cya Afurika muri Handball (Men’s Handball Africa Cup of Nations) kizabera mu Rwanda mu kwezi kwa mbere...

Umunyezamu Kwizera Olivier utaheruka kwambara umwambaro w’Amavubi yongeye guhamagarwa mu ikipe y’Igihugu

Umunyezamu Kwizera Olivier utaheruka kwambara umwambaro w’Amavubi yongeye guhamagarwa mu ikipe y’Igihugu

by radiotv10
12/11/2025
0

Ikipe y’igihugu Amavubi yahamagaye abakinnyi 25 bagomba gutangira umwiherero, barimo umunyezamu Kwizera Olivier wanyuze mu makipe anyuranye mu Rwanda no...

IZIHERUKA

Polisi y’u Rwanda irarangisha amafaranga
MU RWANDA

Amakuru mashya: Hatangajwe ifungwa ry’Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuziranenge na nyiri Uruganda rw’inzoga

by radiotv10
17/11/2025
0

BREAKING: Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka

BREAKING: Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka

17/11/2025
Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

17/11/2025
Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

17/11/2025
Perezida Tshisekedi wa DRCongo na Ndayishimiye w’u Burundi binjiye mu bundi bufatanye nyuma y’ibya gisirikare

Perezida Tshisekedi wa DRCongo na Ndayishimiye w’u Burundi binjiye mu bundi bufatanye nyuma y’ibya gisirikare

17/11/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Ubutumwa AFC/M23 yageneye Congo ku gufungura Ikibuga cya Goma no kuyizana mu bibazo byayo n’u Rwanda

17/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu magambo aryohereye umuhanzikazi wakanyujijejo mu rwanda yifurije isabukuru nziza umubyeyi we

Mu magambo aryohereye umuhanzikazi wakanyujijejo mu rwanda yifurije isabukuru nziza umubyeyi we

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru mashya: Hatangajwe ifungwa ry’Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuziranenge na nyiri Uruganda rw’inzoga

BREAKING: Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.