Thursday, January 1, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Arabakenesha cyangwa arabakiza?: Hari impaka ku cyo amadini amarira abayoboke mu mikoro

radiotv10by radiotv10
21/07/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Arabakenesha cyangwa arabakiza?: Hari impaka ku cyo amadini amarira abayoboke mu mikoro
Share on FacebookShare on Twitter

Hari bamwe mu bayoboke b’Amadini n’amatorero bajya gusenga inshuro zirenze imwe mu cyumweru kandi uko bagiyeyo batanga amaturo. Hari bamwe bavuga ko bidakoranywe ubushishozi bishobora gusubiza umuntu inyuma mu mikoro.

Bamwe mu binjiye mu madini cyane, bagira iminsi irenze umwe mu cyumweru, bajya gusenga, bamwe bakajya n’aho bita mu butayu, bagaharira iyo minsi amasengesho ku buryo hari n’abatabona umwanya wo kugira icyo bakora cyabateza imbere.

Maozo Claudine, umubyeyi w’abana barindwi utuye mu Karere ka Rubavu ni umuyoboke w’itorero rya ADEPR, yabwiye RADIOTV10 ko amaze imyaka icyenda atagira aho aba kubera urushako rubi ndetse yavuye muri korali kubera kubura imisanzu yo gutangamo.

Yagize ati “Nari mfite inzu nkodesha nyuma mbura amafaranga yo kuyikodesha ubu mba mu nzu y’umugiraneza ituzuye yabaye antije mu gihe atarasubukura kubaka.”

Yakomeje avuga ko idini asengeramo bazi ikibazo cye ndetse nyuma yo kubura akazi yavuye muri korali kubera kubura amafaranga y’imisanzu.

Umuyobozi w’itorero ADEPR-Hermoni, Pasiteri Hakimana Jean Bosco yabwiye RADIOTV10 ko bazamufasha.

Yagize ati “Twatangiye gahunda yo gufasha abakene haza abantu benshi bafite ibibazo. Uwo icyo tuzamukorera tuzareba niba yacuruza tumuhe igishoro azabone ubushobozi bwo kwiyishyurira inzu.”

Si itorero rya ADEPR gusa rifasha abayoboke kuko n’itorero ry’Ababatisita mu Rwanda bafite gahunda yo kuzamura imibereho myiza mu buzima bwa buri munsi mu mvugo ya roho nzima mu mubiri muzima.

Umushumba wa Paruwasi ya Kicukiro muri Eglise Methodiste au Rwanda, Rev.Pasteur Ndagijimana Jean Baptiste yagize ati “Tugira gahunda ya ‘turye neza’ tukabyigisha. Ntabwo tubwiriza ijambo ry’Imana gusa, ahubwo tubatoza akarima k’igikoni, kutarwaza Bwaki, twashyizeho ikigega cyunganira abakiristu badafite ubushobozi tukabaha igishoro bakiteza imbere mu rwego rwo kurwanya ubukene.”

Kuva u Rwanda rwabona ubwigenge mu 1962 kugera 2012 amadini yari 180 nyuma hashyizweho uburyo bwo kuyandikisha kuko yari amaze no kuba menshi, ubu mu Rwanda hari amadini arenga 1 800.

Esther Fifi UWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen + 7 =

Previous Post

Ibyagaragaye ku muzunguzayi n’Umu-DASSO byaneguwe n’ababibonye

Next Post

Musanze: Ibyabaye ku mushoferi w’ikamyo yakoze impanuka ni nk’igitangaza

Related Posts

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

by radiotv10
01/01/2026
0

Feeling happy doesn’t always have to depend on what happens around you. Scientists say you can actually train your brain...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

by radiotv10
31/12/2025
0

Abantu babiri batawe muri yombi bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’abantu bane bo mu Murenge wa Rukoma mu Karere ka...

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Eng.-Rwanda’s Foreign Minister says FARDC spokesperson’s suspension was driven by Western pressure

by radiotv10
31/12/2025
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation of Rwanda, Olivier Nduhungirehe, says that the suspension of Major General Sylvain...

IZIHERUKA

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day
MU RWANDA

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

by radiotv10
01/01/2026
0

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

31/12/2025
Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

31/12/2025
Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Musanze: Ibyabaye ku mushoferi w’ikamyo yakoze impanuka ni nk’igitangaza

Musanze: Ibyabaye ku mushoferi w’ikamyo yakoze impanuka ni nk’igitangaza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.