Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Arabakenesha cyangwa arabakiza?: Hari impaka ku cyo amadini amarira abayoboke mu mikoro

radiotv10by radiotv10
21/07/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Arabakenesha cyangwa arabakiza?: Hari impaka ku cyo amadini amarira abayoboke mu mikoro
Share on FacebookShare on Twitter

Hari bamwe mu bayoboke b’Amadini n’amatorero bajya gusenga inshuro zirenze imwe mu cyumweru kandi uko bagiyeyo batanga amaturo. Hari bamwe bavuga ko bidakoranywe ubushishozi bishobora gusubiza umuntu inyuma mu mikoro.

Bamwe mu binjiye mu madini cyane, bagira iminsi irenze umwe mu cyumweru, bajya gusenga, bamwe bakajya n’aho bita mu butayu, bagaharira iyo minsi amasengesho ku buryo hari n’abatabona umwanya wo kugira icyo bakora cyabateza imbere.

Maozo Claudine, umubyeyi w’abana barindwi utuye mu Karere ka Rubavu ni umuyoboke w’itorero rya ADEPR, yabwiye RADIOTV10 ko amaze imyaka icyenda atagira aho aba kubera urushako rubi ndetse yavuye muri korali kubera kubura imisanzu yo gutangamo.

Yagize ati “Nari mfite inzu nkodesha nyuma mbura amafaranga yo kuyikodesha ubu mba mu nzu y’umugiraneza ituzuye yabaye antije mu gihe atarasubukura kubaka.”

Yakomeje avuga ko idini asengeramo bazi ikibazo cye ndetse nyuma yo kubura akazi yavuye muri korali kubera kubura amafaranga y’imisanzu.

Umuyobozi w’itorero ADEPR-Hermoni, Pasiteri Hakimana Jean Bosco yabwiye RADIOTV10 ko bazamufasha.

Yagize ati “Twatangiye gahunda yo gufasha abakene haza abantu benshi bafite ibibazo. Uwo icyo tuzamukorera tuzareba niba yacuruza tumuhe igishoro azabone ubushobozi bwo kwiyishyurira inzu.”

Si itorero rya ADEPR gusa rifasha abayoboke kuko n’itorero ry’Ababatisita mu Rwanda bafite gahunda yo kuzamura imibereho myiza mu buzima bwa buri munsi mu mvugo ya roho nzima mu mubiri muzima.

Umushumba wa Paruwasi ya Kicukiro muri Eglise Methodiste au Rwanda, Rev.Pasteur Ndagijimana Jean Baptiste yagize ati “Tugira gahunda ya ‘turye neza’ tukabyigisha. Ntabwo tubwiriza ijambo ry’Imana gusa, ahubwo tubatoza akarima k’igikoni, kutarwaza Bwaki, twashyizeho ikigega cyunganira abakiristu badafite ubushobozi tukabaha igishoro bakiteza imbere mu rwego rwo kurwanya ubukene.”

Kuva u Rwanda rwabona ubwigenge mu 1962 kugera 2012 amadini yari 180 nyuma hashyizweho uburyo bwo kuyandikisha kuko yari amaze no kuba menshi, ubu mu Rwanda hari amadini arenga 1 800.

Esther Fifi UWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 4 =

Previous Post

Ibyagaragaye ku muzunguzayi n’Umu-DASSO byaneguwe n’ababibonye

Next Post

Musanze: Ibyabaye ku mushoferi w’ikamyo yakoze impanuka ni nk’igitangaza

Related Posts

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

by radiotv10
12/01/2026
0

USA, China, and Europe in the Battle for Global Dominance. What about Africa? The global economy has entered a new...

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko abashoferi b’imodoka zitwara abantu benshi nk’ab’izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, n’izitwara abanyeshuri, ari bo...

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo...

What emotional intelligence means and why it’s important

What emotional intelligence means and why it’s important

by radiotv10
12/01/2026
0

For a long time, intelligence was measured by grades, IQ scores, and how fast someone could solve problems. But in...

IZIHERUKA

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo
FOOTBALL

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Musanze: Ibyabaye ku mushoferi w’ikamyo yakoze impanuka ni nk’igitangaza

Musanze: Ibyabaye ku mushoferi w’ikamyo yakoze impanuka ni nk’igitangaza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.