Wednesday, July 9, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Arabakenesha cyangwa arabakiza?: Hari impaka ku cyo amadini amarira abayoboke mu mikoro

radiotv10by radiotv10
21/07/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Arabakenesha cyangwa arabakiza?: Hari impaka ku cyo amadini amarira abayoboke mu mikoro
Share on FacebookShare on Twitter

Hari bamwe mu bayoboke b’Amadini n’amatorero bajya gusenga inshuro zirenze imwe mu cyumweru kandi uko bagiyeyo batanga amaturo. Hari bamwe bavuga ko bidakoranywe ubushishozi bishobora gusubiza umuntu inyuma mu mikoro.

Bamwe mu binjiye mu madini cyane, bagira iminsi irenze umwe mu cyumweru, bajya gusenga, bamwe bakajya n’aho bita mu butayu, bagaharira iyo minsi amasengesho ku buryo hari n’abatabona umwanya wo kugira icyo bakora cyabateza imbere.

Maozo Claudine, umubyeyi w’abana barindwi utuye mu Karere ka Rubavu ni umuyoboke w’itorero rya ADEPR, yabwiye RADIOTV10 ko amaze imyaka icyenda atagira aho aba kubera urushako rubi ndetse yavuye muri korali kubera kubura imisanzu yo gutangamo.

Yagize ati “Nari mfite inzu nkodesha nyuma mbura amafaranga yo kuyikodesha ubu mba mu nzu y’umugiraneza ituzuye yabaye antije mu gihe atarasubukura kubaka.”

Yakomeje avuga ko idini asengeramo bazi ikibazo cye ndetse nyuma yo kubura akazi yavuye muri korali kubera kubura amafaranga y’imisanzu.

Umuyobozi w’itorero ADEPR-Hermoni, Pasiteri Hakimana Jean Bosco yabwiye RADIOTV10 ko bazamufasha.

Yagize ati “Twatangiye gahunda yo gufasha abakene haza abantu benshi bafite ibibazo. Uwo icyo tuzamukorera tuzareba niba yacuruza tumuhe igishoro azabone ubushobozi bwo kwiyishyurira inzu.”

Si itorero rya ADEPR gusa rifasha abayoboke kuko n’itorero ry’Ababatisita mu Rwanda bafite gahunda yo kuzamura imibereho myiza mu buzima bwa buri munsi mu mvugo ya roho nzima mu mubiri muzima.

Umushumba wa Paruwasi ya Kicukiro muri Eglise Methodiste au Rwanda, Rev.Pasteur Ndagijimana Jean Baptiste yagize ati “Tugira gahunda ya ‘turye neza’ tukabyigisha. Ntabwo tubwiriza ijambo ry’Imana gusa, ahubwo tubatoza akarima k’igikoni, kutarwaza Bwaki, twashyizeho ikigega cyunganira abakiristu badafite ubushobozi tukabaha igishoro bakiteza imbere mu rwego rwo kurwanya ubukene.”

Kuva u Rwanda rwabona ubwigenge mu 1962 kugera 2012 amadini yari 180 nyuma hashyizweho uburyo bwo kuyandikisha kuko yari amaze no kuba menshi, ubu mu Rwanda hari amadini arenga 1 800.

Esther Fifi UWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × two =

Previous Post

Ibyagaragaye ku muzunguzayi n’Umu-DASSO byaneguwe n’ababibonye

Next Post

Musanze: Ibyabaye ku mushoferi w’ikamyo yakoze impanuka ni nk’igitangaza

Related Posts

Nyamasheke: Umukire aravugwaho kuba intandaro y’ibibazo byugarije umugabo birimo gusohorwa mu nzu n’umugore we

Nyamasheke: Umukire aravugwaho kuba intandaro y’ibibazo byugarije umugabo birimo gusohorwa mu nzu n’umugore we

by radiotv10
09/07/2025
0

Abaturage bo mu Kagari ka Mwezi mu Murenge wa Karengera, mu Karere ka Nyamasheje, bahangayikishijwe n’imibereho y’umugabo wirukanywe mu nzu...

Kirehe: Icyo basaba ku byo babona nk’itonesha ku mutungo bari bahawe ngo babyaze umusaruro

Kirehe: Icyo basaba ku byo babona nk’itonesha ku mutungo bari bahawe ngo babyaze umusaruro

by radiotv10
09/07/2025
0

Abaturage bo mu Murenge wa Nyamugari mu Karere ka Kirehe, baravuga ko bahawe ubutaka na Leta ngo bakoreremo ubucukuzi bw’Amabuye...

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

by radiotv10
08/07/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Olivier Nduhungirehe atangaza ko nubwo u Rwanda rufite icyizere ku Masezerano y’Amahoro ruherutse gusinyana na DRC...

Musanze: Urupfu rw’umucyecuru basanze yanatwikishijwe Acide rwatumye hafatwa barindwi barimo n’umuhungu we

Batanu barimo umugore baregwa kwica umugabo bamukase ijosi babyisobanuyeho

by radiotv10
08/07/2025
0

Abantu batanu barimo umugore umwe baregwa kwica umugabo bamukase ijosi bamusanze mu rugo iwe mu Murenge wa Ngoma mu Karere...

Impamvu urubanza rwa Ingabire Victoire rwasubitswe ku munsi wa mbere

Impamvu urubanza rwa Ingabire Victoire rwasubitswe ku munsi wa mbere

by radiotv10
08/07/2025
0

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro, rwasubitse urubanza ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo ruregwamo Umunyapolitiki Ingabire Victoire Umuhoza uregwa ibyaha birimo kurema umutwe...

IZIHERUKA

Abantu 9 bo mu muryango wa Tshisekedi barezwe mu kirego cyatanzwe mu Bubiligi
AMAHANGA

Abantu 9 bo mu muryango wa Tshisekedi barezwe mu kirego cyatanzwe mu Bubiligi

by radiotv10
09/07/2025
0

Umuhanzikazi Clarisse Karasira mu byishimo byo kwibaruka ubuheta

Umuhanzikazi Clarisse Karasira mu byishimo byo kwibaruka ubuheta

09/07/2025
Nyamasheke: Umukire aravugwaho kuba intandaro y’ibibazo byugarije umugabo birimo gusohorwa mu nzu n’umugore we

Nyamasheke: Umukire aravugwaho kuba intandaro y’ibibazo byugarije umugabo birimo gusohorwa mu nzu n’umugore we

09/07/2025
Kirehe: Icyo basaba ku byo babona nk’itonesha ku mutungo bari bahawe ngo babyaze umusaruro

Kirehe: Icyo basaba ku byo babona nk’itonesha ku mutungo bari bahawe ngo babyaze umusaruro

09/07/2025
DRCongo: Hari akandi gace kagaragayemo abitwaje imbunda za rutura bivugwa ko ari FDLR

DRCongo: Hari akandi gace kagaragayemo abitwaje imbunda za rutura bivugwa ko ari FDLR

08/07/2025
Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

08/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Musanze: Ibyabaye ku mushoferi w’ikamyo yakoze impanuka ni nk’igitangaza

Musanze: Ibyabaye ku mushoferi w’ikamyo yakoze impanuka ni nk’igitangaza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abantu 9 bo mu muryango wa Tshisekedi barezwe mu kirego cyatanzwe mu Bubiligi

Umuhanzikazi Clarisse Karasira mu byishimo byo kwibaruka ubuheta

Nyamasheke: Umukire aravugwaho kuba intandaro y’ibibazo byugarije umugabo birimo gusohorwa mu nzu n’umugore we

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.