Sunday, November 23, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Arwaye indwara y’inshoberamahanga ituma akora ibidasanzwe yihariyeho ku Isi

radiotv10by radiotv10
14/06/2023
in AMAHANGA, IMIBEREHO, UDUSHYA
0
Arwaye indwara y’inshoberamahanga ituma akora ibidasanzwe yihariyeho ku Isi
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo w’imyaka 41 y’amavuko wo mu Budage arwaye indwara idasanzwe, ituma anywa ijerekani y’amazi ya Litiro 20 buri munsi.

Uyu mugabo witwa Marc Woobenhorst, ni uwo mu Burengerazuba bw’u Budage, aho iyi ndwara arwaye izwi ku izina rya Diabetis Inipitus isanganwa abantu bacye ku Isi.

Nubwo mu izina ry’iyi ndwara humvikanamo ijambo Diabetes, ariko butandukanye na Diabetes imenyerewe, kuko yo itera inyota nyinshi ku muntu uyirwaye kugeza ubwo ashobora no gupfa.

Uyu mugabo asanzwe akora ibijyanye n’ubwubatsi ndetse no kuyobora ba mukerarugendo. Bamusanzemo ubu uburwayi afite imyaka 14, gusa nyina umubyara yari yaratangiye kubona ibimenyetso no kumuvuza kuva afite imyaka 3 bitewe nuko yagiraga inyota nyinshi, iminwa ikumagara, rimwe na rimwe akagwa igihumure, aza kumenya ko agira inyota idasanzwe.

Kuva icyo gihe ngo yatangiye kujya yitwaza ibicupa by’amazi ku ishuti, yayabura akamera nk’upfuye.

Uyu mugabo, muri iki gihe abayeho mu buzima butandukanye cyane n’ubw’abandi dore ko nibura nyuma y’isaha imwe n’igice aba agomba kunywa amazi kandi menshi.

Umunsi wose urangira anyweye byibura ijerekani y’amazi, ni ukuvuga litiro 20. Byatumye mu nzu ye agira icyumba abikamo amazi yo kunywa kiba cyuzuyemo amacupa Manini y’amazi ndetse ngo ku kwezi byibura nywa litiro 500.

Iyo afite urugendo rurerure bimusaba kugira ibyo yitwaza birimo amacupa y’amazi mu gikapu cye ku buryo aza kubona icyo kunywa, naho mu rwego rwo kurengera amafaranga ngo iyo ashizemo avomeramo andi agakomeza akanywa.

Ni ubuzima butoroshye ku buryo bimusaba kwitwararika, kuko atanyoye amazi atangira kugira ibibazo mu mubiri we birimo kugira umuriro mwinshi, isereri no kwibagirwa

Yagize ati “Umuntu usanzwe anywa hagati ya litito imwe n’igice cyangwa litiro 2 z’amazi ku munsi ariko njye binsaba kunywa byibura litiro 20 kugira ngo mbeho ku munsi. Nshobroa kumara byibura isaha n’igice cyangwa amasaha 2 ntanywa amazi, ngira umuriro mwinshi, isereri, ntangira kwibagirwa ku buryo hari ubwo ntamenya uwo ndiwe cyangwa aho ndi.”

Avuga ko adashobora gukora imyitozo ngororamubiri nko gukina umupira w’amaguru n’ibindi bimusaba imbaraga nyinshi dore ko ngo byatuma atakaza amazi menshi muri we.

Uretse ibyo  ngo yirinda kuba yanywa inzoga dore ko ngo ubusanzwe iyo azinyoye aba ashobora kumara amacupa 3 y’umuvinyo ndetse ntagire impinduka yiyumvamo mu mubiri.

Ibinyobwa nka za fanta nabyo ni uko kuko ngo iyo amaze kuyinywa imutera inyota nyinshi.

Ubu burwayi bwe nta muti cyangwa urukingo ruraboneka, ni indwara kandi ngo na nyina yarwaye, icyakora ntibizwi niba ihererekanwa mu buryo bw’imiryango cyangwa yandura.

Iyi ndwara kandi yamuzaniye ingaruka nyinshi zirimo kuba atabasha gusinzira mu ijoro amasaha arenze abiri kuko nyuma y’ayo masaha akanguka akajya kunywa amazi.

Denyse MBABAZI MPAMBARA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − 15 =

Previous Post

Ikindi cyemezo gitunguranye ku wayoboye Rayon wari wemerewe kwiyamamaza muri FERWAFA abanje kujurira

Next Post

Isanganya ridasanzwe ku bantu barenga 100 bari mu bwato bavuye mu bukwe

Related Posts

Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

by radiotv10
22/11/2025
0

Igihugu cya Ukraine cyavuze ko kidashobora kubahiriza amasezerano yateywe na Leta Zunze Ubumwe za America agamije kurangiza intambara kiriya Gihugu...

Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

by radiotv10
22/11/2025
0

Nyuma yuko Leta Zunze Ubumwe za America zitangaje ko zitazitabira Inama y’Abakuru b’Ibihugu bigize G20 bikize kurusha ibindi ku Isi,...

Igitero rurangiza cy’u Burusiya kuri Ukraine cyateje impagarara

Igitero rurangiza cy’u Burusiya kuri Ukraine cyateje impagarara

by radiotv10
20/11/2025
0

Abantu 19 baguye mu gitero gikomeye cyagabwe n’indege z’Abarusiya ku nyubako z’amacumbi y’abaturage mu mujyi wa Ternopil, mu burengerazuba bwa...

Urujijo ruracyari rwose ku babyeyi bashimutiwe abana bakuwe ku ishuri muri Nigeria

Urujijo ruracyari rwose ku babyeyi bashimutiwe abana bakuwe ku ishuri muri Nigeria

by radiotv10
19/11/2025
0

Ababyeyi b’abakobwa 25 bashimuswe bakuwe ku ishuri muri Nigeria, baracyari mu gihirahiro, bategereje amakuru ku buzima bw’abana babo nyuma y’igitero...

Perezida Trump yahishuriye rurangiranwa Cristiano Ronaldo ko umuhungu we amufana bikomeye

Perezida Trump yahishuriye rurangiranwa Cristiano Ronaldo ko umuhungu we amufana bikomeye

by radiotv10
19/11/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump ubwo yakiraga ku meza Igikomangoma cy’Ubwami bwa Saudi Arabia, wari kumwe...

IZIHERUKA

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID
IMIBEREHO MYIZA

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

by radiotv10
22/11/2025
0

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

22/11/2025
Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

22/11/2025
Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

22/11/2025
Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

22/11/2025
Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

22/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Isanganya ridasanzwe ku bantu barenga 100 bari mu bwato bavuye mu bukwe

Isanganya ridasanzwe ku bantu barenga 100 bari mu bwato bavuye mu bukwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.