Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Arwaye indwara y’inshoberamahanga ituma akora ibidasanzwe yihariyeho ku Isi

radiotv10by radiotv10
14/06/2023
in AMAHANGA, IMIBEREHO, UDUSHYA
0
Arwaye indwara y’inshoberamahanga ituma akora ibidasanzwe yihariyeho ku Isi
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo w’imyaka 41 y’amavuko wo mu Budage arwaye indwara idasanzwe, ituma anywa ijerekani y’amazi ya Litiro 20 buri munsi.

Uyu mugabo witwa Marc Woobenhorst, ni uwo mu Burengerazuba bw’u Budage, aho iyi ndwara arwaye izwi ku izina rya Diabetis Inipitus isanganwa abantu bacye ku Isi.

Nubwo mu izina ry’iyi ndwara humvikanamo ijambo Diabetes, ariko butandukanye na Diabetes imenyerewe, kuko yo itera inyota nyinshi ku muntu uyirwaye kugeza ubwo ashobora no gupfa.

Uyu mugabo asanzwe akora ibijyanye n’ubwubatsi ndetse no kuyobora ba mukerarugendo. Bamusanzemo ubu uburwayi afite imyaka 14, gusa nyina umubyara yari yaratangiye kubona ibimenyetso no kumuvuza kuva afite imyaka 3 bitewe nuko yagiraga inyota nyinshi, iminwa ikumagara, rimwe na rimwe akagwa igihumure, aza kumenya ko agira inyota idasanzwe.

Kuva icyo gihe ngo yatangiye kujya yitwaza ibicupa by’amazi ku ishuti, yayabura akamera nk’upfuye.

Uyu mugabo, muri iki gihe abayeho mu buzima butandukanye cyane n’ubw’abandi dore ko nibura nyuma y’isaha imwe n’igice aba agomba kunywa amazi kandi menshi.

Umunsi wose urangira anyweye byibura ijerekani y’amazi, ni ukuvuga litiro 20. Byatumye mu nzu ye agira icyumba abikamo amazi yo kunywa kiba cyuzuyemo amacupa Manini y’amazi ndetse ngo ku kwezi byibura nywa litiro 500.

Iyo afite urugendo rurerure bimusaba kugira ibyo yitwaza birimo amacupa y’amazi mu gikapu cye ku buryo aza kubona icyo kunywa, naho mu rwego rwo kurengera amafaranga ngo iyo ashizemo avomeramo andi agakomeza akanywa.

Ni ubuzima butoroshye ku buryo bimusaba kwitwararika, kuko atanyoye amazi atangira kugira ibibazo mu mubiri we birimo kugira umuriro mwinshi, isereri no kwibagirwa

Yagize ati “Umuntu usanzwe anywa hagati ya litito imwe n’igice cyangwa litiro 2 z’amazi ku munsi ariko njye binsaba kunywa byibura litiro 20 kugira ngo mbeho ku munsi. Nshobroa kumara byibura isaha n’igice cyangwa amasaha 2 ntanywa amazi, ngira umuriro mwinshi, isereri, ntangira kwibagirwa ku buryo hari ubwo ntamenya uwo ndiwe cyangwa aho ndi.”

Avuga ko adashobora gukora imyitozo ngororamubiri nko gukina umupira w’amaguru n’ibindi bimusaba imbaraga nyinshi dore ko ngo byatuma atakaza amazi menshi muri we.

Uretse ibyo  ngo yirinda kuba yanywa inzoga dore ko ngo ubusanzwe iyo azinyoye aba ashobora kumara amacupa 3 y’umuvinyo ndetse ntagire impinduka yiyumvamo mu mubiri.

Ibinyobwa nka za fanta nabyo ni uko kuko ngo iyo amaze kuyinywa imutera inyota nyinshi.

Ubu burwayi bwe nta muti cyangwa urukingo ruraboneka, ni indwara kandi ngo na nyina yarwaye, icyakora ntibizwi niba ihererekanwa mu buryo bw’imiryango cyangwa yandura.

Iyi ndwara kandi yamuzaniye ingaruka nyinshi zirimo kuba atabasha gusinzira mu ijoro amasaha arenze abiri kuko nyuma y’ayo masaha akanguka akajya kunywa amazi.

Denyse MBABAZI MPAMBARA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 1 =

Previous Post

Ikindi cyemezo gitunguranye ku wayoboye Rayon wari wemerewe kwiyamamaza muri FERWAFA abanje kujurira

Next Post

Isanganya ridasanzwe ku bantu barenga 100 bari mu bwato bavuye mu bukwe

Related Posts

Haravugwa ikibazo cyateye ihungabana rikomeye ry’uburezi mu Burundi

Haravugwa ikibazo cyateye ihungabana rikomeye ry’uburezi mu Burundi

by radiotv10
22/01/2026
0

Urwego rw’uburezi mu Gihugu cy’u Burundi ruravugwamo ihungabana ryatewe n’abarimu benshi bataye akazi kuva umwaka w’amashuri wa 2025-2026 watangira, aho...

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri, mu gace ka Barcelona muri Espagne, gari ya moshi itwara abagenzi b’imbere mu...

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

by radiotv10
21/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko rizasubira mu Mujyi wa Uvira nyuma yuko riwukuyemo abarwanyi baryo bose, ugahita wigabizwa n’uruhande bahanganye, rugatangira...

AFC/M23 says it may return to Uvira days after withdrawing its forces

AFC/M23 says it may return to Uvira days after withdrawing its forces

by radiotv10
21/01/2026
0

The AFC/M23 coalition has indicated that it will return to the city of Uvira after withdrawing all its fighters, following...

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

by radiotv10
20/01/2026
0

Uganda held widely watched presidential and parliamentary elections on 15 January 2026, choosing both the country’s leader and members of...

IZIHERUKA

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’
IMIBEREHO MYIZA

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

22/01/2026
Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

22/01/2026
Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Isanganya ridasanzwe ku bantu barenga 100 bari mu bwato bavuye mu bukwe

Isanganya ridasanzwe ku bantu barenga 100 bari mu bwato bavuye mu bukwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.