Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Arwaye indwara y’inshoberamahanga ituma akora ibidasanzwe yihariyeho ku Isi

radiotv10by radiotv10
14/06/2023
in AMAHANGA, IMIBEREHO, UDUSHYA
0
Arwaye indwara y’inshoberamahanga ituma akora ibidasanzwe yihariyeho ku Isi
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo w’imyaka 41 y’amavuko wo mu Budage arwaye indwara idasanzwe, ituma anywa ijerekani y’amazi ya Litiro 20 buri munsi.

Uyu mugabo witwa Marc Woobenhorst, ni uwo mu Burengerazuba bw’u Budage, aho iyi ndwara arwaye izwi ku izina rya Diabetis Inipitus isanganwa abantu bacye ku Isi.

Nubwo mu izina ry’iyi ndwara humvikanamo ijambo Diabetes, ariko butandukanye na Diabetes imenyerewe, kuko yo itera inyota nyinshi ku muntu uyirwaye kugeza ubwo ashobora no gupfa.

Uyu mugabo asanzwe akora ibijyanye n’ubwubatsi ndetse no kuyobora ba mukerarugendo. Bamusanzemo ubu uburwayi afite imyaka 14, gusa nyina umubyara yari yaratangiye kubona ibimenyetso no kumuvuza kuva afite imyaka 3 bitewe nuko yagiraga inyota nyinshi, iminwa ikumagara, rimwe na rimwe akagwa igihumure, aza kumenya ko agira inyota idasanzwe.

Kuva icyo gihe ngo yatangiye kujya yitwaza ibicupa by’amazi ku ishuti, yayabura akamera nk’upfuye.

Uyu mugabo, muri iki gihe abayeho mu buzima butandukanye cyane n’ubw’abandi dore ko nibura nyuma y’isaha imwe n’igice aba agomba kunywa amazi kandi menshi.

Umunsi wose urangira anyweye byibura ijerekani y’amazi, ni ukuvuga litiro 20. Byatumye mu nzu ye agira icyumba abikamo amazi yo kunywa kiba cyuzuyemo amacupa Manini y’amazi ndetse ngo ku kwezi byibura nywa litiro 500.

Iyo afite urugendo rurerure bimusaba kugira ibyo yitwaza birimo amacupa y’amazi mu gikapu cye ku buryo aza kubona icyo kunywa, naho mu rwego rwo kurengera amafaranga ngo iyo ashizemo avomeramo andi agakomeza akanywa.

Ni ubuzima butoroshye ku buryo bimusaba kwitwararika, kuko atanyoye amazi atangira kugira ibibazo mu mubiri we birimo kugira umuriro mwinshi, isereri no kwibagirwa

Yagize ati “Umuntu usanzwe anywa hagati ya litito imwe n’igice cyangwa litiro 2 z’amazi ku munsi ariko njye binsaba kunywa byibura litiro 20 kugira ngo mbeho ku munsi. Nshobroa kumara byibura isaha n’igice cyangwa amasaha 2 ntanywa amazi, ngira umuriro mwinshi, isereri, ntangira kwibagirwa ku buryo hari ubwo ntamenya uwo ndiwe cyangwa aho ndi.”

Avuga ko adashobora gukora imyitozo ngororamubiri nko gukina umupira w’amaguru n’ibindi bimusaba imbaraga nyinshi dore ko ngo byatuma atakaza amazi menshi muri we.

Uretse ibyo  ngo yirinda kuba yanywa inzoga dore ko ngo ubusanzwe iyo azinyoye aba ashobora kumara amacupa 3 y’umuvinyo ndetse ntagire impinduka yiyumvamo mu mubiri.

Ibinyobwa nka za fanta nabyo ni uko kuko ngo iyo amaze kuyinywa imutera inyota nyinshi.

Ubu burwayi bwe nta muti cyangwa urukingo ruraboneka, ni indwara kandi ngo na nyina yarwaye, icyakora ntibizwi niba ihererekanwa mu buryo bw’imiryango cyangwa yandura.

Iyi ndwara kandi yamuzaniye ingaruka nyinshi zirimo kuba atabasha gusinzira mu ijoro amasaha arenze abiri kuko nyuma y’ayo masaha akanguka akajya kunywa amazi.

Denyse MBABAZI MPAMBARA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × three =

Previous Post

Ikindi cyemezo gitunguranye ku wayoboye Rayon wari wemerewe kwiyamamaza muri FERWAFA abanje kujurira

Next Post

Isanganya ridasanzwe ku bantu barenga 100 bari mu bwato bavuye mu bukwe

Related Posts

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

by radiotv10
29/01/2026
0

Matata Ponyo Mapon, a politician who held top positions in the Democratic Republic of Congo (DRC), including Prime Minister, said,...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Eng.-AFC/M23 Provided Aid Warmly Welcomed by Victims of the Recent Fire

by radiotv10
29/01/2026
0

The Local Authorities of the North Kivu, appointed by the AFC/M23 coalition, provided assistance to people that were affected by...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Isanganya ridasanzwe ku bantu barenga 100 bari mu bwato bavuye mu bukwe

Isanganya ridasanzwe ku bantu barenga 100 bari mu bwato bavuye mu bukwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.