Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe watangaje ko wababajwe n’igitero cy’indege zitagira abapilote Ihuriro AFC/M23 riherutse kugaba ku Kibuga cy’Indege cya Kisangani mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze n’Ubuyobozi wa AU (Africa Union) kuri uyu wa Gatanu tariki 06 Gashyantare 2026.
Iri tangazo ryashyizweho umukono na Perezida wa Komisiyo ya AU, Mahmoud Ali Youssouf yavuze ko “atewe impungenge bikomeye kandi anenga cyane igitero cya drone cyagabwe ku kibuga cy’indege cya Kisangani, mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kandi gishinjwa Ingabo za AFC/M23.”
Yakomeje avuga ko kiriya gitero cyagabwe ku bikorwa remezo by’ikibuga cy’indege giherereye mu mujyi munini kandi gishyira mu kaga ubuzima bw’abaturage b’abasivili, ari ukurenga ku mategeko mpuzamahanga y’ikiremwamuntu.
Yakomeje avuga ko mu gihe nta bimenyetso bifatika ko kuri kiriya kibuga cy’indege cyakorerwagaho ibikorwa bya gisirikare, ibikorwa bya kiriya kibuga cy’indege byakomeza gufatwa nk’icya gisivile nk’uko biteganywa n’amategeko mpuzamahanga.
Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23, mu itangazo buherutse gushyira hanze bwemera iki gitero, bwavuze ko kiriya kibuga cy’Indege cyakoreshwaga n’uruhande bahanganye rugizwe na FARDC mu buryo bwo gutegura ibikorwa bya gisirikare by’ibitero rwagiye rugaba mu bice binyuranye byahitanye inzirakarengane z’abasivile ndetse no mu bice bigenzurwa n’iri Huriro.
Iri Huriro kandi ryavuze ko ritazigera ryihanganira ibikorwa nka biriya, ndetse ko rizajya rijya kubiburizamo ribisanze aho bitegurirwa nk’uko byakozwe hariya i Kisangani.
Perezida wa Komisiyo ya AU, muri iri tangazo yashyize hanze, yavuze ko imitwe yitwaje intwaro yose itari igisirikare cya Leta, idashobora gukoresha impamvu iyo ari yo yose yaba politiki, iy’umutekano cyangwa iya gisirikare kugira ngo yemeze ibikorwa byibasira cyangwa bibangamira abaturage cyangwa ibikorwa remezo by’abaturage.
Ati “Ibikorwa nk’ibyo bishobora kandi gushinja icyaha ku giti cy’ababikoze n’abaterankunga babo, hakurikijwe amategeko mpuzamahanga akurikizwa.”
Perezida wa Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, yakomeje avuga kandi ko atewe impungenge no kuba ibibazo by’umutekano bikomeje kwiyongera mu mijyi imwe n’imwe, kandi ko bishyira mu kaga umutekano wo mu Burasirazuba bwa DRC ndetse n’akarere kose.
Ati “Ku bw’iyo mpamvu, Perezida wa Komisiyo arasaba AFC/M23 guhagarika vuba na bwangu imirwano yose, kureka gukoresha impamvu iyo ari yo yose nk’uburyo bw’intambara budasobanutse, no kubahiriza byimazeyo amasezerano yashyizweho mu biganiro by’amahoro bikomeje.”
Yanasabye kandi ko impande zombi zubahiriza amasezerano y’i Doha yasinywe hagati ya Leta ya Congo n’iri Huriro rya AFC/M23, nka bumwe mu buryo bwo guhagarika intambara.
RADIOTV10











