Sunday, June 8, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Avugwa mu mupira: Umukinnyi umaze umwaka asezeye ruhago yasinyiye ikipe ikomeye i Burayi

radiotv10by radiotv10
03/10/2024
in FOOTBALL, SIPORO
0
Avugwa mu mupira: Umukinnyi umaze umwaka asezeye ruhago yasinyiye ikipe ikomeye i Burayi
Share on FacebookShare on Twitter

Ikipe ya FC Barcelone, yo muri Espagne, yasinyishije Umunyezamu w’Umunya-Pologne, Wojciech Szczęsny wari warasezeye umupira w’amakuru umwaka ushize.

Ni umukinnyi wa gatatu usinyishijwe n’Ikipe ya FC Barcelone muri uyu mwaka, nyuma yuko uyu Wojciech Szczęsny, utari ufite ikipe (free agent), ayisinyiye ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu.

Wojciech Szczęsny w’imyaka 34, yari yasezeye umupira w’amaguru muri Nzeri 2024, ariko yanze kwitesha amahirwe yo gusimbura Umunyezamu Marc-Andre ter Stegen, wavunitse, bityo ahitamo kugaruka mu mupira w’amaguru.

Wojciech Szczęsny, wakiniye ikipe ya Arsenal, ayitwaramo ibikombe bitatu birimo bibiri  bya FA Cup n’ikindi kimwe cya FA Community Shield, hagati ya 2009 na 2017, nubwo yagiye atizwa mu makipe nka Brentford ndetse na AS Roma.

Wojciech Szczęsny, nyuma yo kuva muri Arsenal muri 2017, yerecyeje mu ikipe ya Juventus yo mu Butaliyani, aza gutwarana na yo ibikombe umunani; birimo bitatu bya Shampiyona (Serie A), bitatu bya Coppa Italia, n’ibindi bibiri bya Supercoppa Italiana.

Gusa nyuma y’uko ikipe ya Juventus itandukanye na Massimiliano Allegri, wari umutoza wayo, ikazana Thiago Motta, nk’umutoza mushya, byatumye uyu munyezamu Wojciech Szczęsny abura umwanya ubanzamo mu ikipe, dore ko ari umwe mu bakinnyi babwiwe n’umutoza mushya ko batari muri gahunda ze, bityo bituma asezera umupira w’amaguru.

Wojciech Szczęsny, wakiniye ikipe y’Igihugu ya Pologne imikino 84 kuva muri 2009 kugeza muri 2024, amakuru avuga ko yafashe icyemezo cyo kugaruka mu mupira w’amaguru nyuma yo kuganirizwa na Robert Lewandowski, wari Captain we mu ikipe y’Igihugu, akamwumvisha ko yamusanga muri FC Barcelone, bakajya bakinana.

Wojciech Szczęsny, uje kurwanira umwanya n’umunyezamu Iñaki Peña Sotorres, asanze ikipe ya FC Barcelone, itozwa n’Umudage Hans-Dieter Flick, iri ku mwanya wa mbere, n’amanota 21 mu mikino 8, aho irusha ikipe ya 2, Real Madrid, amanota 3.

Cedrick KEZA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 − ten =

Previous Post

Imibare mishya y’uko icyorezo cya Marburg gihagaze mu Rwanda

Next Post

Menya umubare w’abamaze kumenyekana ko bahuye n’abanduye Marburg mu Rwanda n’abamaze gukira

Related Posts

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

by radiotv10
06/06/2025
0

Myugairo Gabriel Magalhães wa Arsenal FC, yongereye amasezerano muri iyi kipe azageza 2029, yavuze ko yishimiye kuguma muri iyi kipe,...

Abakinnyi b’abanyamahanga ba Rayon bari bafite icyo bayitakira baremwe agatima

Abakinnyi b’abanyamahanga ba Rayon bari bafite icyo bayitakira baremwe agatima

by radiotv10
05/06/2025
0

Abakinnyi b’abanyamahanga bakinira Rayon Sports FC bari bamaze igihe bataka kudahabwa amatike y’indege abasubiza iwabo mu biruhuko bizejwe kuyahabwa, ndetse...

Umukinnyi w’u Rwanda Djabel yatanze umucyo ku cyatumye yangirwa kwinjira muri Algeria

Umukinnyi w’u Rwanda Djabel yatanze umucyo ku cyatumye yangirwa kwinjira muri Algeria

by radiotv10
04/06/2025
0

Manishimwe Djabel uherutse guhamagarwa mu Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda Amavubi ariko akangirwa kwinjira muri Algeria, yatanze umucyo ku cyatumye inzego...

Umwe mu bakinnyi b’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yabengutswe n’ikipe ikomeye muri Canada

Umwe mu bakinnyi b’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yabengutswe n’ikipe ikomeye muri Canada

by radiotv10
04/06/2025
0

Niyibizi Ramadhan ukinira ikipe y'Igihugu y'u Rwanda Amavubi, uri gusoza amasezerano ye muri APR FC, yahawe ubutumire n'ikipe  yo mu...

Volleyball: Habaye impinduka zitunguranye ku irushanwa ryaburaga iminsi ibarirwa ku ntoki ngo ritangire

Volleyball: Habaye impinduka zitunguranye ku irushanwa ryaburaga iminsi ibarirwa ku ntoki ngo ritangire

by radiotv10
03/06/2025
0

Ishyirahamwe ry’Umukino wa Volleyball mu Rwanda (FRVB) ryatangaje ko bitewe n’impamvu ridashobora kugira icyo rihinduraho, irushanwa ryo Kwibuka ryari riteganyijwe...

IZIHERUKA

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye
MU RWANDA

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

07/06/2025
Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

06/06/2025
Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya umubare w’abamaze kumenyekana ko bahuye n’abanduye Marburg mu Rwanda n’abamaze gukira

Menya umubare w’abamaze kumenyekana ko bahuye n’abanduye Marburg mu Rwanda n’abamaze gukira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.