Wednesday, November 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Avugwa mu mupira: Umukinnyi umaze umwaka asezeye ruhago yasinyiye ikipe ikomeye i Burayi

radiotv10by radiotv10
03/10/2024
in FOOTBALL, SIPORO
0
Avugwa mu mupira: Umukinnyi umaze umwaka asezeye ruhago yasinyiye ikipe ikomeye i Burayi
Share on FacebookShare on Twitter

Ikipe ya FC Barcelone, yo muri Espagne, yasinyishije Umunyezamu w’Umunya-Pologne, Wojciech Szczęsny wari warasezeye umupira w’amakuru umwaka ushize.

Ni umukinnyi wa gatatu usinyishijwe n’Ikipe ya FC Barcelone muri uyu mwaka, nyuma yuko uyu Wojciech Szczęsny, utari ufite ikipe (free agent), ayisinyiye ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu.

Wojciech Szczęsny w’imyaka 34, yari yasezeye umupira w’amaguru muri Nzeri 2024, ariko yanze kwitesha amahirwe yo gusimbura Umunyezamu Marc-Andre ter Stegen, wavunitse, bityo ahitamo kugaruka mu mupira w’amaguru.

Wojciech Szczęsny, wakiniye ikipe ya Arsenal, ayitwaramo ibikombe bitatu birimo bibiri  bya FA Cup n’ikindi kimwe cya FA Community Shield, hagati ya 2009 na 2017, nubwo yagiye atizwa mu makipe nka Brentford ndetse na AS Roma.

Wojciech Szczęsny, nyuma yo kuva muri Arsenal muri 2017, yerecyeje mu ikipe ya Juventus yo mu Butaliyani, aza gutwarana na yo ibikombe umunani; birimo bitatu bya Shampiyona (Serie A), bitatu bya Coppa Italia, n’ibindi bibiri bya Supercoppa Italiana.

Gusa nyuma y’uko ikipe ya Juventus itandukanye na Massimiliano Allegri, wari umutoza wayo, ikazana Thiago Motta, nk’umutoza mushya, byatumye uyu munyezamu Wojciech Szczęsny abura umwanya ubanzamo mu ikipe, dore ko ari umwe mu bakinnyi babwiwe n’umutoza mushya ko batari muri gahunda ze, bityo bituma asezera umupira w’amaguru.

Wojciech Szczęsny, wakiniye ikipe y’Igihugu ya Pologne imikino 84 kuva muri 2009 kugeza muri 2024, amakuru avuga ko yafashe icyemezo cyo kugaruka mu mupira w’amaguru nyuma yo kuganirizwa na Robert Lewandowski, wari Captain we mu ikipe y’Igihugu, akamwumvisha ko yamusanga muri FC Barcelone, bakajya bakinana.

Wojciech Szczęsny, uje kurwanira umwanya n’umunyezamu Iñaki Peña Sotorres, asanze ikipe ya FC Barcelone, itozwa n’Umudage Hans-Dieter Flick, iri ku mwanya wa mbere, n’amanota 21 mu mikino 8, aho irusha ikipe ya 2, Real Madrid, amanota 3.

Cedrick KEZA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − two =

Previous Post

Imibare mishya y’uko icyorezo cya Marburg gihagaze mu Rwanda

Next Post

Menya umubare w’abamaze kumenyekana ko bahuye n’abanduye Marburg mu Rwanda n’abamaze gukira

Related Posts

Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

by radiotv10
26/11/2025
0

Nyuma yuko Ubuyobozi bwa Kiyovu Sports buhannye Kapiteni w'iyi kipe, Amissi Cédric kubera imyitwarire ye igayitse avugwaho kugaragaza, uyu rutahizamu...

Nyuma yuko RGB yinjiye mu bibazo bya Rayon Sports ishobora kujya mu by’indi kipe

Nyuma yuko RGB yinjiye mu bibazo bya Rayon Sports ishobora kujya mu by’indi kipe

by radiotv10
26/11/2025
0

Uwari mu buyobozi bw’Ikipe ya AS Kigali iherutse kubona ubuyobozi bushya we akaba atabwemera, yandikiye Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere RGB, arusaba...

Amakuru mashya: Ibya Rayon byongeye gusubirwamo abayobozi bose bakurwaho hahita hatangazwa ab’inzibacyuho

Amakuru mashya: Ibya Rayon byongeye gusubirwamo abayobozi bose bakurwaho hahita hatangazwa ab’inzibacyuho

by radiotv10
26/11/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere RGB, rwongeye gusesa inzego zose z’Umuryango w’Ikipe ya Rayon Sports, rushyiraho komite y’inzibacyuho iyobowe Murenzi Abdallah, yahawe...

Ubutumwa bw’umukinnyi w’Umunya-Senegal ukina i Burayi nyuma yo gukubita urushyi uwo bakinana

Ubutumwa bw’umukinnyi w’Umunya-Senegal ukina i Burayi nyuma yo gukubita urushyi uwo bakinana

by radiotv10
25/11/2025
0

Umukinnyi w’Umunya-Senegal, Idrissa Gana Gueye ukinira Everton yo mu Bwongereza waherewe ikarita itukura mu mukino wabahuje na Manchester United nyuma...

Icyo umunyabigwi muri ruhago y’u Rwanda Haruna avuga ku gutsindwa kw’amakipe akomeye arimo Rayon

Icyo umunyabigwi muri ruhago y’u Rwanda Haruna avuga ku gutsindwa kw’amakipe akomeye arimo Rayon

by radiotv10
25/11/2025
0

Haruna Niyonzima wakiniye amakipe anyuranye mu Rwanda no mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba, avuga ko gutsindwa kw’amakipe akomeye mu Rwanda...

IZIHERUKA

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje
MU RWANDA

FDLR still active and being supported by DRC Government- Says Minister Nduhungirehe

by radiotv10
26/11/2025
0

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

26/11/2025
Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

26/11/2025
AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

26/11/2025
Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

26/11/2025
Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

26/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya umubare w’abamaze kumenyekana ko bahuye n’abanduye Marburg mu Rwanda n’abamaze gukira

Menya umubare w’abamaze kumenyekana ko bahuye n’abanduye Marburg mu Rwanda n’abamaze gukira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

FDLR still active and being supported by DRC Government- Says Minister Nduhungirehe

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.