Tuesday, January 20, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Avugwa mu mupira: Umukinnyi umaze umwaka asezeye ruhago yasinyiye ikipe ikomeye i Burayi

radiotv10by radiotv10
03/10/2024
in FOOTBALL, SIPORO
0
Avugwa mu mupira: Umukinnyi umaze umwaka asezeye ruhago yasinyiye ikipe ikomeye i Burayi
Share on FacebookShare on Twitter

Ikipe ya FC Barcelone, yo muri Espagne, yasinyishije Umunyezamu w’Umunya-Pologne, Wojciech Szczęsny wari warasezeye umupira w’amakuru umwaka ushize.

Ni umukinnyi wa gatatu usinyishijwe n’Ikipe ya FC Barcelone muri uyu mwaka, nyuma yuko uyu Wojciech Szczęsny, utari ufite ikipe (free agent), ayisinyiye ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu.

Wojciech Szczęsny w’imyaka 34, yari yasezeye umupira w’amaguru muri Nzeri 2024, ariko yanze kwitesha amahirwe yo gusimbura Umunyezamu Marc-Andre ter Stegen, wavunitse, bityo ahitamo kugaruka mu mupira w’amaguru.

Wojciech Szczęsny, wakiniye ikipe ya Arsenal, ayitwaramo ibikombe bitatu birimo bibiri  bya FA Cup n’ikindi kimwe cya FA Community Shield, hagati ya 2009 na 2017, nubwo yagiye atizwa mu makipe nka Brentford ndetse na AS Roma.

Wojciech Szczęsny, nyuma yo kuva muri Arsenal muri 2017, yerecyeje mu ikipe ya Juventus yo mu Butaliyani, aza gutwarana na yo ibikombe umunani; birimo bitatu bya Shampiyona (Serie A), bitatu bya Coppa Italia, n’ibindi bibiri bya Supercoppa Italiana.

Gusa nyuma y’uko ikipe ya Juventus itandukanye na Massimiliano Allegri, wari umutoza wayo, ikazana Thiago Motta, nk’umutoza mushya, byatumye uyu munyezamu Wojciech Szczęsny abura umwanya ubanzamo mu ikipe, dore ko ari umwe mu bakinnyi babwiwe n’umutoza mushya ko batari muri gahunda ze, bityo bituma asezera umupira w’amaguru.

Wojciech Szczęsny, wakiniye ikipe y’Igihugu ya Pologne imikino 84 kuva muri 2009 kugeza muri 2024, amakuru avuga ko yafashe icyemezo cyo kugaruka mu mupira w’amaguru nyuma yo kuganirizwa na Robert Lewandowski, wari Captain we mu ikipe y’Igihugu, akamwumvisha ko yamusanga muri FC Barcelone, bakajya bakinana.

Wojciech Szczęsny, uje kurwanira umwanya n’umunyezamu Iñaki Peña Sotorres, asanze ikipe ya FC Barcelone, itozwa n’Umudage Hans-Dieter Flick, iri ku mwanya wa mbere, n’amanota 21 mu mikino 8, aho irusha ikipe ya 2, Real Madrid, amanota 3.

Cedrick KEZA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × five =

Previous Post

Imibare mishya y’uko icyorezo cya Marburg gihagaze mu Rwanda

Next Post

Menya umubare w’abamaze kumenyekana ko bahuye n’abanduye Marburg mu Rwanda n’abamaze gukira

Related Posts

Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

by radiotv10
20/01/2026
0

Umukinnyi wa Real Madrid n'Ikipe y'Igihugu ya Maroc, Brahim Diaz wahushije penalitiki ku mukino wa nyuma w'Igikombe cya Afurika, yanditse...

Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya

Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya

by radiotv10
20/01/2026
0

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryemeje ko igitego cyanzwe cya APR FC mu mukino wayihuje na El Merrikh SC,...

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

by radiotv10
19/01/2026
0

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwatangaje ko Umutoza mukuru w’iyi Kipe, Bruno Ferry yapfushije umubyeyi we Jean Pierre Ferry, nyuma y'iminsi...

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

by radiotv10
19/01/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wa nyuma w’Igikombe cya Afurika warangiye Ikipe y’Igihugu ya Senegal icyegukanye, nyuma y’imvururu zawuranze kubera...

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

by radiotv10
19/01/2026
0

Ndi umukunzi wa Rayon Sport w'akadosohoka, nimbivuga mubyumve nk’Ukuri kuzuye. Niba hari igihe nshobona kubona ibyishimo bisendereye ni igihe iyi...

IZIHERUKA

Rubavu: Igikorwa bamwe bakeshaga imibereho ubu kiri gushyira mu kaga ubuzima bwabo
MU RWANDA

Rubavu: Igikorwa bamwe bakeshaga imibereho ubu kiri gushyira mu kaga ubuzima bwabo

by radiotv10
20/01/2026
0

Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

20/01/2026
Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

20/01/2026
AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

20/01/2026
Igisirikare cya Congo kikomanze mu gatuza kinayobya uburari nyuma yuko AFC/M23 ivuye muri Uvira

Igisirikare cya Congo kikomanze mu gatuza kinayobya uburari nyuma yuko AFC/M23 ivuye muri Uvira

20/01/2026
Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umwarimu wa Kaminuza imwe mu Rwanda afunzwe akurikiranyweho gusambanya abakobwa biga mu yisumbuye

20/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya umubare w’abamaze kumenyekana ko bahuye n’abanduye Marburg mu Rwanda n’abamaze gukira

Menya umubare w’abamaze kumenyekana ko bahuye n’abanduye Marburg mu Rwanda n’abamaze gukira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rubavu: Igikorwa bamwe bakeshaga imibereho ubu kiri gushyira mu kaga ubuzima bwabo

Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.