Thursday, July 16, 2026
RW|EN
FOOTBALL

Babikoreye n’Imihigo: Ubutumwa bwivugira buva mu Ikipe ya Rayon bugenewe abakunzi bayo (AMAFOTO)

Babikoreye n’Imihigo: Ubutumwa bwivugira buva mu Ikipe ya Rayon bugenewe abakunzi bayo (AMAFOTO)

Habura amasaha macye ngo ikipe ya Rayon Sports ihure na mucyeba wayo APR FC, abakinnyi na bamwe mu bayobozi b’iyi Kipe bakunze guhimba ‘Gikundiro’ bahuye biha umuhigo we gutsinda iyi kipe y’Ingabo z’u Rwanda.

Ni umukino wakirwa n’iyi kipe ya Rayon Sports iri mu bihe byiza byayo, dore ko yicaye ku mwanya wa mbere, mu gihe APR FC iri ku mwanya wa gatanu ariko yo ikaba ifite indi mikino y’ibirarane.

Mbere y’uyu mukino bahaye izina rya ‘1000 Hills Derby’ cyangwa umukino w’ishiraniro w’imisozi 1000, iyi kipe ya Rayon Sports yagaragaje ibyishimo yatewe no kuba amatike yo kwinjira muri sitade Amahoro yashize ku isoko, ari n’agahigo iciye.

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki 06 Ukuboza 2024, habura amasaha macye ngo uyu mukino w’ikirarane ukinwe, abakinnyi b’iyi kipe na bamwe mu bayobozi bayo, bahuye mu muhuro w’imihigo.

Ubutumwa bwatanzwe na Rayon, bugira buti “Amasaha macye mbere ya 1000 Hills Derby, abayobozi ba Rayon Sports na bamwe mu bakunzi bayo basuye ikipe. Muri uyu mugoroba w’imihigo abakinnyi basezeranyije abayobozi ibyishimo.”

Uyu muhuro warimo Perezida w’Umuryango wa Rayon Sports, Twagirayezu Thaddée, Cacinya Chance Dennis wigeze kuba Perezida w’iyi kipe, ndetse na bamwe mu bagize uyu muryango basanzwe ari abanyemari bayiba hafi.

Perezida w’Umuryango wa Rayon na we yabasabye kwitwara neza
Kapite Muhire Kevin yavuze ko bakora iyo bwabaga bagashimisha abakunzi b’iyi kipe

N’abayobozi na bo babihigiye
Gacinya Chance Dennis na we yabasezeranyije ko aza kubakora mu ntoki

Ombolenga we ikimuri mu mutwe ni ukuntu azanya azamukira iburyo ajya gutsinda ikipe yakiniye igihe kinini

RADIOTV10

Share this story: Facebook Twitter WhatsApp

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 3 =