Sunday, January 18, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Bahishuye ibidasanzwe mu Rwanda bishobora gukurikira ibyago byo gupfusha ababo

radiotv10by radiotv10
18/10/2023
in MU RWANDA
0
Bahishuye ibidasanzwe mu Rwanda bishobora gukurikira ibyago byo gupfusha ababo
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Muremge wa Nyarubuye mu Karere ka Kirehe, baravuga ko kubona aho bashyingura ababo bitabye Imana, bisaba ubushobozi buhambaye, ku buryo hari abagura ubutaka n’abaturage bagenzi babo bwo gushyinguramo.

Izi mbogamizi zo kubura aho gushyingura, zituruka ku kuba muri aka gace hagizwe n’urutare, ndetse hakaba hatari irimbi rusange.

Batanga urugero rw’umuturage uherutse kwitaba imana, ariko bakabanza kubura aho bamushyingura, n’aho bahaboneye bigasaba ubushobozi bwinshi umuryango we.

Umuturage umwe yagze ati “Nk’umugabo wa hano Theogene aherutse kugira ikibazo yapfushije umuntu kubera ko we yari umwimukira abura ahantu amushyingura, abajije Umurenge bamubwira ko nta rimbi rusange baratanga, baramubwira bati ‘iyeranje’ ajya kugura n’abaturanyi.”

Uyu Hagenimana Theogene wapfushije umuvandimwe we tariki 04 Ukwakira, yabwiye RADIOTV10 ko yabuze aho ashyingura uwe bitewe nuko acumbitse kandi ko naho yaguze ngo ari umujyi.

Ati “Nibwo naje kugira amahirwe mbona umuvandimwe arambwira ati ‘urampa amafaranga ibihumbi 30 nkwereke aho ushyingura umuntu wawe’ ku bwo kumfasha.”

Nisesuye Clementine na we yemera ko yagurishije Hagenimana Theogene aho gushyingura.

Ati “Ndavuga nti ‘aho kugira ngo umuntu ababorere aho’ n’ubundi aboze ntacyo byamarira ayo mafaranga ibihumbi 30 umugore yanze umugabo yayemeye (abo yabanje kujya gushaka aho gushyingura) nanjye nimuyampe nk’agasabune ntakibazo muze muhambe umuntu wanyu ntacyo bitwaye.”

Umuyobozi w’Akarere ka Kirehe, Rangira yabwiye RADIOTV10 ko bagiye kwihutira gushyiraho irimbi rusange nkuko biri mu gishushanyo cy’Akarere.

INKURU MU MASHUSHO

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 + 8 =

Previous Post

Hagaragajwe icyakorwa cyatuma Abanyarwanda bose babasha gutunga ‘Smartphone’

Next Post

Uko hakozwe operasiyo yo gufata umusore wakoze ubujura izuba riva n’icyamufatishije

Related Posts

Simple Habits That Improve Digestion

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
17/01/2026
0

Good digestion is the foundation of overall health. When your digestive system works well, your body absorbs nutrients properly, your...

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

Bamwe mu baturage bahingaga mu butaka bari baratijwe na Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, baravuga ko batangajwe no kubona...

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

by radiotv10
17/01/2026
0

When people think about dehydration, they often imagine one thing: feeling thirsty. While thirst is an early warning sign, dehydration...

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

by radiotv10
17/01/2026
0

Rwanda today stands as a peaceful, united, and hopeful nation. For many young people, especially Gen Z, this peace feels...

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

IZIHERUKA

Simple Habits That Improve Digestion
IMIBEREHO MYIZA

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
17/01/2026
0

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

17/01/2026
What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

17/01/2026
Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uko hakozwe operasiyo yo gufata umusore wakoze ubujura izuba riva n’icyamufatishije

Uko hakozwe operasiyo yo gufata umusore wakoze ubujura izuba riva n’icyamufatishije

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Simple Habits That Improve Digestion

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.