Monday, December 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Bahuye n’uruva gusenya: Ibyari ugutara amakuru byavuyemo gushwekura

radiotv10by radiotv10
18/01/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Bahuye n’uruva gusenya: Ibyari ugutara amakuru byavuyemo gushwekura
Share on FacebookShare on Twitter

Abanyamakuru b’ibitangazamakuru bitandukanye bagiye gutara amakuru y’imyigaragambyo yabereye mu mujyi wa Goma, basanze amazi atari ya yandi, polisi irasa amasasu mu kirere n’ibyuka biryana mu maso, bakizwa n’amaguru, bamwe muri bo baranahakomerekera, abandi barafatwa batabwa muri yombi.

Ibi byabaye mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 18 Mutarama 2023 ubwo mu mujyi wa Goma hongeraga kuba imyigaragambyo yo kwamagana ingabo ziri mu butumwa bw’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba.

Aba bigaragambyaga biganjemo abasore batagira icyo bakora, bamagana izi ngabo za EAC bashinja gukorana na M23, bakazisaba kuva mu Gihugu cyabo kuko zananiwe kugaba ibitero kuri uyu mutwe mu gihe bari bazi ko ari byo bizizanye.

Ku rundi ruhande, Polisi yo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, na yo yahanganye n’aba bigaragambyaga kuko iyi myigaragambyo itari yemewe ndetse n’ubuyobozi bw’umujyi wa Goma bwari buherutse kuyihakanira sosiyete sivile yayiteguye.

Muri aba banyamakuru bahuye n’isanganya harimo Justin Kabumba ukorera France 24 ukunze kugaragara ahengamiye ku ruhande rwa Guverinoma ya DRC ariko na we uyu munsi ntiyahiriwe kuko yatawe muri yombi.

Gusa nyuma yaje gutangaza ko yarekuwe nyuma y’amasaha macye abazwa ibyo kujya gutara amakuru y’iyi myigaragambyo itari yemewe.

Abandi banyamakuru muri aba bari bagiye gutara amakuru y’iyi myigaragambyo bo bakomeretse nyuma yuko Polisi irashe ibyuka biryana mu maso ndetse n’amasasu mu kirere, bakiruka bakiza amagara.

Aya masasu yarashwe na Polisi y’I Goma ubwo abigaragambyaga bashakaga gusagarira inzego z’ubuyobozi bazisanga mu biro byazo.

Amakuru avuga ko mu bakomeretse harimo Heritier Munyafura ukorera Ibiro Ntaramakuru by’Abafaransa AFP, hakaba n’uwitwa Ali Asanka Darius uhagarariye Ijwi rya America muri DRC.

Harashwe ibyuka bakizwa n’amaguru

Bamwe bakomeretse

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × two =

Previous Post

Ukraine: Indege yarimo abayobozi bakuru yakoze impanuka irasandara ihitana abarimo Minisitiri

Next Post

Aho yubatse abwirwa ko bataberanye yarasenyewe ariko abona hari umunyabubasha abiri inyuma

Related Posts

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23

by radiotv10
08/12/2025
0

Nyuma yuko bivuzwe ko kajugujugu yakoreye impanuka mu Kiyaga cya Tanganyika muri Teritwari ya Fizi muri Kivu y’Epfo, yari ivuye...

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

by radiotv10
08/12/2025
0

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) kimaze iminsi gishoje intambara mu mirwano ikomeje kubera mu bice birimo Kamanyola...

Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

by radiotv10
08/12/2025
0

Perezida wa Benin, Patrice Talon yatangaje ko nyuma yuko itsinda ry’abasirikare ritangaje ko ryahiritse ubutegetsi bwe, ibintu byasubiye ku murongo,...

Eng.-First message from the President of Benin after soldiers attempted to stage a Coup d’État

Eng.-First message from the President of Benin after soldiers attempted to stage a Coup d’État

by radiotv10
08/12/2025
0

Benin’s President Patrice Talon has announced that after a group of soldiers claimed to have overthrown his government, the situation...

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

by radiotv10
06/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwamaganye bwivuye inyuma ibitero y’ibisasu bya rutura bimaze iminsi...

IZIHERUKA

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23
AMAHANGA

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23

by radiotv10
08/12/2025
0

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

08/12/2025
Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

08/12/2025
Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

08/12/2025
Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

08/12/2025
Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

Eng.-Rwandan MP Hon. Germaine wins gold medal at the EAC Inter-Parliamentary Games

08/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Aho yubatse abwirwa ko bataberanye yarasenyewe ariko abona hari umunyabubasha abiri inyuma

Aho yubatse abwirwa ko bataberanye yarasenyewe ariko abona hari umunyabubasha abiri inyuma

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Andi makuru kuri kajugujugu yakoreye impanuka muri Tanganyika n’ukuri ku byavugwaga ko yarashwe na M23

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.