Tuesday, December 23, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Bahuye n’uruva gusenya: Ibyari ugutara amakuru byavuyemo gushwekura

radiotv10by radiotv10
18/01/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Bahuye n’uruva gusenya: Ibyari ugutara amakuru byavuyemo gushwekura
Share on FacebookShare on Twitter

Abanyamakuru b’ibitangazamakuru bitandukanye bagiye gutara amakuru y’imyigaragambyo yabereye mu mujyi wa Goma, basanze amazi atari ya yandi, polisi irasa amasasu mu kirere n’ibyuka biryana mu maso, bakizwa n’amaguru, bamwe muri bo baranahakomerekera, abandi barafatwa batabwa muri yombi.

Ibi byabaye mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 18 Mutarama 2023 ubwo mu mujyi wa Goma hongeraga kuba imyigaragambyo yo kwamagana ingabo ziri mu butumwa bw’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba.

Aba bigaragambyaga biganjemo abasore batagira icyo bakora, bamagana izi ngabo za EAC bashinja gukorana na M23, bakazisaba kuva mu Gihugu cyabo kuko zananiwe kugaba ibitero kuri uyu mutwe mu gihe bari bazi ko ari byo bizizanye.

Ku rundi ruhande, Polisi yo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, na yo yahanganye n’aba bigaragambyaga kuko iyi myigaragambyo itari yemewe ndetse n’ubuyobozi bw’umujyi wa Goma bwari buherutse kuyihakanira sosiyete sivile yayiteguye.

Muri aba banyamakuru bahuye n’isanganya harimo Justin Kabumba ukorera France 24 ukunze kugaragara ahengamiye ku ruhande rwa Guverinoma ya DRC ariko na we uyu munsi ntiyahiriwe kuko yatawe muri yombi.

Gusa nyuma yaje gutangaza ko yarekuwe nyuma y’amasaha macye abazwa ibyo kujya gutara amakuru y’iyi myigaragambyo itari yemewe.

Abandi banyamakuru muri aba bari bagiye gutara amakuru y’iyi myigaragambyo bo bakomeretse nyuma yuko Polisi irashe ibyuka biryana mu maso ndetse n’amasasu mu kirere, bakiruka bakiza amagara.

Aya masasu yarashwe na Polisi y’I Goma ubwo abigaragambyaga bashakaga gusagarira inzego z’ubuyobozi bazisanga mu biro byazo.

Amakuru avuga ko mu bakomeretse harimo Heritier Munyafura ukorera Ibiro Ntaramakuru by’Abafaransa AFP, hakaba n’uwitwa Ali Asanka Darius uhagarariye Ijwi rya America muri DRC.

Harashwe ibyuka bakizwa n’amaguru

Bamwe bakomeretse

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 + 5 =

Previous Post

Ukraine: Indege yarimo abayobozi bakuru yakoze impanuka irasandara ihitana abarimo Minisitiri

Next Post

Aho yubatse abwirwa ko bataberanye yarasenyewe ariko abona hari umunyabubasha abiri inyuma

Related Posts

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

by radiotv10
22/12/2025
0

Abapolisi b’igipolisi cy’Ihuriro AFC/M23 cyagaragaye mu Mujyi wa Goma muri Kivu ya Ruguru, bari guhosha imyigaragambyo y’abaturage basaba ko iri...

I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

by radiotv10
22/12/2025
0

Mu Mujyi wa Goma mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, haramukiye imyigaragambyo yitabiriwe n’Abanyekongo benshi, bamagana MONUSCO yongerewe igihe, ndetse...

Amakuru agezweho ku banyeshuri barenga 100 bari bamaze ukwezi barashimuswe muri Nigeria

Amakuru agezweho ku banyeshuri barenga 100 bari bamaze ukwezi barashimuswe muri Nigeria

by radiotv10
22/12/2025
0

Abanyeshuri 130 bo muri Nigeria bari barashimuswe mu Ntara ya Niger barekuwe, nyuma y’ukwezi kumwe bafashwe bugwate, nk’uko byatangajwe n’Ibiro...

Eng.-Major protests erupt in Goma, Eastern DRC

Eng.-Major protests erupt in Goma, Eastern DRC

by radiotv10
22/12/2025
0

Residents of Goma in North Kivu province woke up on Monday to widespread protests, as large numbers of Congolese citizens...

Hashyizwe hanze umubare w’abasirikare b’u Burundi bapfiriye muri Congo mu mezi abiri gusa

AFC/M23 yashyize hanze ubuhamya bw’Abanyekongo bari guhohoterwa bikabije n’Igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
22/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko rikomeje kwakira ubuhamya bw’Abanyekongo benshi bari mu nkambi y’impunzi ya Gatumba mu Burundi, bavuga ko bakomeje...

IZIHERUKA

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo
MU RWANDA

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo

by radiotv10
22/12/2025
0

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

22/12/2025
AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

22/12/2025
I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

22/12/2025
Hari gushakishwa abasore bateye ishuri bagenzwa no kwiba ibiryo by’abanyeshuri

Hari gushakishwa abasore bateye ishuri bagenzwa no kwiba ibiryo by’abanyeshuri

22/12/2025
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Hari urujijo ku mukozi wo mu rugo w’umuhungu ukekwaho kwica uw’umukobwa bakoranaga muri Kigali

22/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Aho yubatse abwirwa ko bataberanye yarasenyewe ariko abona hari umunyabubasha abiri inyuma

Aho yubatse abwirwa ko bataberanye yarasenyewe ariko abona hari umunyabubasha abiri inyuma

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.