Tuesday, July 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Bamporiki agikatirwa gufungwa imyaka itanu hamenyekanye icyahise gikurikiraho

radiotv10by radiotv10
24/01/2023
in MU RWANDA, POLITIKI, UBUTABERA
0
Bamporiki agikatirwa gufungwa imyaka itanu hamenyekanye icyahise gikurikiraho
Share on FacebookShare on Twitter

Bamporiki Edouard wagize imyanya mu buyobozi bukuru bw’Igihugu, wakatiwe gufungwa imyaka itanu, yahise ajya gufungirwa muri Gereza, nyuma yuko yaburanaga afungiye iwe kuva yatangira gukurikiranwaho ibyaha yahamijwe.

Uyu munyapolitiki wabaye muri Guverinoma y’u Rwanda ari Umunyamabanga wa Leta muri Minisititeri y’Urubyiruko n’Umuco, akaza guhagarikwa kubera ibyaha bishingiye ku kwakira indonke yakekwagaho, kuri uyu wa Mbere tariki 23 Mutarama 2023, yakatiwe gufungwa imyaka itanu no gutanga ihazabu ya miliyoni 30 Frw.

Ni igihano yahawe nyuma yo kujuririra icy’igifungo cy’imyaka ine n’ihazabu ya miliyoni 60 Frw yari yahawe mu rubanza rwa mbere rwari rwaburanishijwe n’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge.

Urukiko Rukuru rwamukatiye iki gifungo cy’imyaka itanu n’ihazabu ya miliyoni 30 Frw, rwamuhamije ibyaha bibiri n’ubundi yari yahamijwe, ari byo; kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya ndetse no gukoresha ububasha ahabwa n’itegeko mu nyungu ze bwite.

Nyuma yuko Urukiko rutangaje kiriya gihano, Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwakurikiranaga uyu munyapolitiki aho yari afungiye iwe, rwahise rumushyikiriza Urwego rw’Igihugu rushinzwe Imfungwa n’Abagororwa kugira ngo afungwe hatangire gushyirwa mu bikorwa igihano yakatiwe.

Aya makuru kandi yemejwe n’Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Imfungwa n’Abagororwa, SSP Pelly Uwera Gakwaya wahamirije umunyamakuru wa RADIOTV10 ko Bamporiki yamaze kugezwa muri Gereza ya Nyarugenge izwi nka Mageragere. Yagize ati “Yahageze rwose.”

Bamporiki uzwiho inyigisho z’ubumwe n’ubwiyunge, ni umwe mu banyapolitiki bakunze kujya muri za Gereza zinyuranye, aho yabaga agiye gukangurira abafungiye gukora Jenoside Yakorewe Abatutsi, kwemera ibibi bakoze, bagasaba imbabazi abo bahemukiye.

Izi nyigisho yahaga imfungwa zifungiye Jenoside, zabaga zigamije kwimakaza ubumwe n’ubwiyunge bw’Abanyarwanda, zagiye zigira uruhare mu gutuma zimwe mu mfungwa zemera gusaba imbabazi abo ziciye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen − fifteen =

Previous Post

Umusirikare ukomeye muri FARDC wari indwanyi kabuhariwe washinjwaga gukorana na M23 yapfuye

Next Post

M23 yagaragarije amahanga uri inyuma yo kuba ibintu birushaho kuzamba

Related Posts

Uko Ingabire Victoire yasubije mu Rukiko abajijwe niba yemera ibyaha bikomeye akurikiranyweho

Uko Ingabire Victoire yasubije mu Rukiko abajijwe niba yemera ibyaha bikomeye akurikiranyweho

by radiotv10
15/07/2025
0

Umunyapolitiki Ingabire Victoire Umuhoza uregwa ibyaha birimo kwangisha Leta y’u Rwanda amahanga no kugambirira kugirira nabi ubutegetsi, yahakanye ibyaha byose...

Menya izindi mpinduka zigiye kuba mu burezi bw’u Rwanda

Menya izindi mpinduka zigiye kuba mu burezi bw’u Rwanda

by radiotv10
15/07/2025
0

Inzego z’uburezi mu Rwanda zitangaza ko umwaka w’amashuri utaha, uzatangirana n’impinduka zirimo kuba abiga mu cyiro cya mbere cy’amashuri abanza,...

Crystal Ventures, one of the major investment companies in Rwanda now has a new CEO

Crystal Ventures, one of the major investment companies in Rwanda now has a new CEO

by radiotv10
15/07/2025
0

Crystal Ventures Ltd (CVL), one of Rwanda’s most prominent investment holding companies, has announced the appointment of Nick Barigye as...

Eng.-Additional new changes to be implemented in Rwanda’s education system

Eng.-Additional new changes to be implemented in Rwanda’s education system

by radiotv10
15/07/2025
0

Education authorities in Rwanda have announced that the upcoming academic year will bring several changes, including students in the lower...

Rwanda and Turkmenistan establish diplomatic relations for the first time

Rwanda and Turkmenistan establish diplomatic relations for the first time

by radiotv10
15/07/2025
0

In a landmark move aimed at strengthening international cooperation, Rwanda and Turkmenistan have officially established diplomatic relations. The signing ceremony...

IZIHERUKA

Sudan: Ibitero bikomeye bimaze guhitana abaturage 300 mu minsi micye
AMAHANGA

Sudan: Ibitero bikomeye bimaze guhitana abaturage 300 mu minsi micye

by radiotv10
15/07/2025
0

Uko Ingabire Victoire yasubije mu Rukiko abajijwe niba yemera ibyaha bikomeye akurikiranyweho

Uko Ingabire Victoire yasubije mu Rukiko abajijwe niba yemera ibyaha bikomeye akurikiranyweho

15/07/2025
Menya izindi mpinduka zigiye kuba mu burezi bw’u Rwanda

Menya izindi mpinduka zigiye kuba mu burezi bw’u Rwanda

15/07/2025
Crystal Ventures, one of the major investment companies in Rwanda now has a new CEO

Crystal Ventures, one of the major investment companies in Rwanda now has a new CEO

15/07/2025
Buhari wabaye Perezida wa Nigeria wapfiriye mu Bwongereza arasubizwa mu Gihugu ahite ashyingurwa

Buhari wabaye Perezida wa Nigeria wapfiriye mu Bwongereza arasubizwa mu Gihugu ahite ashyingurwa

15/07/2025
AFC/M23 yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gusinyana amasezerano n’ubutegetsi bwa Congo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso byerekana ko ubutegetsi bwa Congo bugishyize imbere imirwano

15/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
M23 yagaragarije amahanga uri inyuma yo kuba ibintu birushaho kuzamba

M23 yagaragarije amahanga uri inyuma yo kuba ibintu birushaho kuzamba

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Sudan: Ibitero bikomeye bimaze guhitana abaturage 300 mu minsi micye

Uko Ingabire Victoire yasubije mu Rukiko abajijwe niba yemera ibyaha bikomeye akurikiranyweho

Menya izindi mpinduka zigiye kuba mu burezi bw’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.