• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Bamporiki yahuye n’uwamwigishije muri ‘Primaire’ amubwira ijambo rikomeye

radiotv10by radiotv10
28/03/2022
in Uncategorized
0
Bamporiki yahuye n’uwamwigishije muri ‘Primaire’ amubwira ijambo rikomeye
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco, Hon Edouard Bamporiki, yatangaje ko yahuye n’umwe mu barimu bamwigishije mu mashuri abanza, akamubwira ijambo rikomeye ryamukoze ku mutima.

Mu mpera z’icyumweru twaraye dusoje, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco ushinzwe Umuco, Edouard Bamporiki yari mu Karere ka Nyamasheke aho yanifatanyije n’abaturage bo mu Murenge wa Shangi mu gikorwa cy’Umuganda rusange.

Bamporiki kandi yanaboneyeho kuganiriza Intore ziri ku Rugerero rw’Inkomezabigwi muri aka Karere, abibutsa ko uru Rwanda rw’ejo ari rwo ruzakorera mu ngata abayobozi bariho uyu munsi kuko bariho babyina bavamo.

Mu mpera z’iki cyumweru twasoje, uyu munyapolitiki wanavukiye muri aka Karere ka Nyamasheke, yagaragaje ko yishimiye guhura n’umwarimu wamwigishije mu mashuri abanza.

Mu butumwa yanyujije kuri Twitter, Hon Bamporiki yagize ati “Nyuma y’imyaka 30, mpuye na mwarimu Karori wanyigishije mu mwaka wa kabili w’amashuri abanza 1992, ati: ‘uri Bamporiki?’ Nti ‘ndiwe.’ Ati: ‘rero mwana wanjye ubwo nkubonye bitari mu iradiyo Ndizihiwe. Kandi nguhaye Umugisha ahasigaye niyo nasaza ejo!’ Hari ubwo umuntu yishima byuzuye.”

Bamporiki Edouard wavukiye mu Karere ka Nyamasheke akaba ari na ho yiga amashuri abanza n’ayisumbuye, ni umwe mu Banyapolitiki bakunze kuvuga amateka ye.

Akunze kugaragaza ko yakuriye mu buzima bushaririye ariko agahorana ishyaka kuko yakunze kuvuga ko azaba umuyobozi ariko bamwe bakamutwama bavuga ko atabigeraho kubera aho akomoka.

Bamporiki ukunze gushima Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, yagiye avuga ko bamufashije kugera ku nzozi ze kuko urwego agezeho hari uruhare runini babigizemo.

Bamporiki na Kalori bahuye baraganira

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five + fifteen =

Previous Post

Nkombo: Nkombo abafite virusi itera SIDA bahagarikiwe inyunganiramirire none ubuzima bwabo burageramiwe

Next Post

DRC: M23 yongeye gukozanyaho n’ingabo za FARDC mu gitero karundura yazigabyeho

Related Posts

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

by radiotv10
18/05/2026
0

Umupira w’amaguru w’abari n’abategarugori urabyinira ku rukoma kubera amafaranga ari gushyirwamo, guhera ku bihembo amakipe ari gutsindira. Mu kiciro cya...

How to spend money wisely and build a better financial future

How to spend money wisely and build a better financial future

by radiotv10
07/05/2026
0

Most people think their future depends on how much money they will make one day. But in reality, your future...

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

by radiotv10
30/03/2026
0

Komiseri mu Muryango FPR-Inkotanyi, Habonimana Charles yanenze abayobozi bo mu Karere ka Nyarugenge baranduye ibishyimbo by’abaturage, avuga ko ibyemezo nk’ibi...

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

by radiotv10
26/03/2026
0

Nyuma yuko Gasogi utd itewe mpaga y’ibitego 3-0 n’amande ya miliyoni 2 Frw nyuma yo kubura ku kibuga cya Stade...

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

by radiotv10
17/02/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wa NBA All-Star Game uhuza abakinnyi bakomeye muri Shampiyona ya Basketball muri Leta Zunze Ubumwe...

Next Post
DRC: M23 yongeye gukozanyaho n’ingabo za FARDC mu gitero karundura yazigabyeho

DRC: M23 yongeye gukozanyaho n'ingabo za FARDC mu gitero karundura yazigabyeho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.