Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Banki ya Equity yatangije gahunda izabera ikiraro bamwe mu barangije ayisumbuye

radiotv10by radiotv10
29/11/2021
in MU RWANDA
0
Banki ya Equity yatangije gahunda izabera ikiraro bamwe mu barangije ayisumbuye
Share on FacebookShare on Twitter

Equity Bank PLC yatangije gahunda yiswe ELP (Equity Leaders Program) yo gufasha urubyiruko rurangije amashuri yisumbuye igamije kubongerera ubumenyi mu bijyanye n’imiyoborere.

Iyi gahunda isanzwe iri no mu bindi bihugu byose Equity bank ikoreramo harimo na Kenya, ikaba yatangijwe mu Rwanda.

Iyi gahunda itangiranye n’abanyeshuri 32 batsinze neza ibizimini bisoza amashuri y’isumbuye bari bamaze iminsi bari mu mwiherero wateguwe n’iyi Banki ya Equity.

Aba banyeshuri bose bazahita bahabwa amahirwe yo kujya kwimenyereza umwuga mu mashami atandukanye y’iyi Banki.

Umunyamabanga wa Leta muri Ministeri y’Uburezi Ushinzwe Amashuli Abanza n’Ayisumbuye, Twagirayezu Gaspard yavuze ko iyi gahunda ari ingirakamaro mu kuzamura urubyiruko rw’u Rwanda.

Ati “Iyo turera abana tuba twifuza kubaha ubushobozi bwo kujya gukora cyangwa gukemura ibibazo biri muri sosiyete, iyi gahunda rero n’izindi ziza turazishimye cyane kuko zizafasha abana barangije gutangira kwimenyereza akazi gasanzwe gakorwa, ariko nanone bikazabafasha igihe bitegura kujya muri kaminuza.”

Akomeza asaba abikorera batandukanye gushyiraho gahunda nk’izi ziteza imbere uburezi ndetse n’ubushobozi bw’urubyiruko rw’u Rwanda.

Umuyobozi wa Equity Group, Dr.James Mwangi yavuze ko iyi banki yifuje gushora imari mu bakiri bato kuko ari bo bazafasha Umugabane wa Afurika kugera ku ntego zawo.

Ati “Aba bana ntabwo bazajya bakorera ubusa, ahubwo bazajya bahabwa umushahara kugira ngo bizabafashe gukomeza no kwiga kaminuza. Iyi gahunda kandi igamije no guhanga imirimo kuko nibura kuri buri shami rya Equity mu Rwanda hazajyaho abantu babiri umukobwa umwe (1) n’umuhungu umwe (1).”

Liliane Hakundikama wo mu karere ka Rusizi ni umwe mu banyeshuri babonye aya mahirwe, akaba avuga ko iyi gahunda ibategura kuzavamo abayobozi babereye u Rwanda.

Yagize ati “Ni ibyishimo bikomeye cyane turashimira Equity yadufashije kudutegura kugira ngo tuzavemo abayobizi beza b’ejo hazaza bazagirira akamaro sosiyete ndetse n’igihugu muri rusange ndetse no kudufasha kugera ku nzozi zacu, ikindi kurangiza ugahita ubona akazi muri ubu buryo bakaguhemba ni ibintu byiza cyane, bizadufasha kubaho neza ndetse no gukora igenamigambi ryacu neza.”

Muri iyi gahunda biteganyijwe ko abanyeshuri batoranyijwe bazajya biga nibura igihe cy’amezi ane ariko Equity igakomeza kubaherekeza no muri kaminuza.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 1 =

Previous Post

Abasirikare 150 b’u Buholandi baje mu myitozo mu Rwanda bunamiye inzirakarengane zishyinguye ku Gisozi

Next Post

Abaturuka mu Bihugu 9 birimo Mozambique na S.Africa bazajya bashyirwa mu kato k’iminsi 7

Related Posts

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

IZIHERUKA

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye
IBYAMAMARE

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

by radiotv10
09/01/2026
0

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

09/01/2026
Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

09/01/2026
Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abaturuka mu Bihugu 9 birimo Mozambique na S.Africa bazajya bashyirwa mu kato k’iminsi 7

Abaturuka mu Bihugu 9 birimo Mozambique na S.Africa bazajya bashyirwa mu kato k’iminsi 7

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.