Sunday, January 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Banki ya Equity yatangije gahunda izabera ikiraro bamwe mu barangije ayisumbuye

radiotv10by radiotv10
29/11/2021
in MU RWANDA
0
Banki ya Equity yatangije gahunda izabera ikiraro bamwe mu barangije ayisumbuye
Share on FacebookShare on Twitter

Equity Bank PLC yatangije gahunda yiswe ELP (Equity Leaders Program) yo gufasha urubyiruko rurangije amashuri yisumbuye igamije kubongerera ubumenyi mu bijyanye n’imiyoborere.

Iyi gahunda isanzwe iri no mu bindi bihugu byose Equity bank ikoreramo harimo na Kenya, ikaba yatangijwe mu Rwanda.

Iyi gahunda itangiranye n’abanyeshuri 32 batsinze neza ibizimini bisoza amashuri y’isumbuye bari bamaze iminsi bari mu mwiherero wateguwe n’iyi Banki ya Equity.

Aba banyeshuri bose bazahita bahabwa amahirwe yo kujya kwimenyereza umwuga mu mashami atandukanye y’iyi Banki.

Umunyamabanga wa Leta muri Ministeri y’Uburezi Ushinzwe Amashuli Abanza n’Ayisumbuye, Twagirayezu Gaspard yavuze ko iyi gahunda ari ingirakamaro mu kuzamura urubyiruko rw’u Rwanda.

Ati “Iyo turera abana tuba twifuza kubaha ubushobozi bwo kujya gukora cyangwa gukemura ibibazo biri muri sosiyete, iyi gahunda rero n’izindi ziza turazishimye cyane kuko zizafasha abana barangije gutangira kwimenyereza akazi gasanzwe gakorwa, ariko nanone bikazabafasha igihe bitegura kujya muri kaminuza.”

Akomeza asaba abikorera batandukanye gushyiraho gahunda nk’izi ziteza imbere uburezi ndetse n’ubushobozi bw’urubyiruko rw’u Rwanda.

Umuyobozi wa Equity Group, Dr.James Mwangi yavuze ko iyi banki yifuje gushora imari mu bakiri bato kuko ari bo bazafasha Umugabane wa Afurika kugera ku ntego zawo.

Ati “Aba bana ntabwo bazajya bakorera ubusa, ahubwo bazajya bahabwa umushahara kugira ngo bizabafashe gukomeza no kwiga kaminuza. Iyi gahunda kandi igamije no guhanga imirimo kuko nibura kuri buri shami rya Equity mu Rwanda hazajyaho abantu babiri umukobwa umwe (1) n’umuhungu umwe (1).”

Liliane Hakundikama wo mu karere ka Rusizi ni umwe mu banyeshuri babonye aya mahirwe, akaba avuga ko iyi gahunda ibategura kuzavamo abayobozi babereye u Rwanda.

Yagize ati “Ni ibyishimo bikomeye cyane turashimira Equity yadufashije kudutegura kugira ngo tuzavemo abayobizi beza b’ejo hazaza bazagirira akamaro sosiyete ndetse n’igihugu muri rusange ndetse no kudufasha kugera ku nzozi zacu, ikindi kurangiza ugahita ubona akazi muri ubu buryo bakaguhemba ni ibintu byiza cyane, bizadufasha kubaho neza ndetse no gukora igenamigambi ryacu neza.”

Muri iyi gahunda biteganyijwe ko abanyeshuri batoranyijwe bazajya biga nibura igihe cy’amezi ane ariko Equity igakomeza kubaherekeza no muri kaminuza.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 + one =

Previous Post

Abasirikare 150 b’u Buholandi baje mu myitozo mu Rwanda bunamiye inzirakarengane zishyinguye ku Gisozi

Next Post

Abaturuka mu Bihugu 9 birimo Mozambique na S.Africa bazajya bashyirwa mu kato k’iminsi 7

Related Posts

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Umusore witwa Mugisha Gakuba David uba muri Leta Zunze Ubumwe za America, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) akurikiranyweho...

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

by radiotv10
25/01/2026
0

Umugabo witwa Sindayiheba Jean de Dieu wo mu kagari ka Mataba mu murenge wa Nkungu, arahigishwa uruhindu nyuma yo gukubita...

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

by radiotv10
25/01/2026
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yahaye inshingano abasirikare babiri barimo Brig Gen Godfrey Gasana, wagizwe Umupilote...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

IZIHERUKA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa
MU RWANDA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

25/01/2026
Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

25/01/2026
Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

25/01/2026
Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abaturuka mu Bihugu 9 birimo Mozambique na S.Africa bazajya bashyirwa mu kato k’iminsi 7

Abaturuka mu Bihugu 9 birimo Mozambique na S.Africa bazajya bashyirwa mu kato k’iminsi 7

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.