Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Banki ya Equity yatangije gahunda izabera ikiraro bamwe mu barangije ayisumbuye

radiotv10by radiotv10
29/11/2021
in MU RWANDA
0
Banki ya Equity yatangije gahunda izabera ikiraro bamwe mu barangije ayisumbuye
Share on FacebookShare on Twitter

Equity Bank PLC yatangije gahunda yiswe ELP (Equity Leaders Program) yo gufasha urubyiruko rurangije amashuri yisumbuye igamije kubongerera ubumenyi mu bijyanye n’imiyoborere.

Iyi gahunda isanzwe iri no mu bindi bihugu byose Equity bank ikoreramo harimo na Kenya, ikaba yatangijwe mu Rwanda.

Iyi gahunda itangiranye n’abanyeshuri 32 batsinze neza ibizimini bisoza amashuri y’isumbuye bari bamaze iminsi bari mu mwiherero wateguwe n’iyi Banki ya Equity.

Aba banyeshuri bose bazahita bahabwa amahirwe yo kujya kwimenyereza umwuga mu mashami atandukanye y’iyi Banki.

Umunyamabanga wa Leta muri Ministeri y’Uburezi Ushinzwe Amashuli Abanza n’Ayisumbuye, Twagirayezu Gaspard yavuze ko iyi gahunda ari ingirakamaro mu kuzamura urubyiruko rw’u Rwanda.

Ati “Iyo turera abana tuba twifuza kubaha ubushobozi bwo kujya gukora cyangwa gukemura ibibazo biri muri sosiyete, iyi gahunda rero n’izindi ziza turazishimye cyane kuko zizafasha abana barangije gutangira kwimenyereza akazi gasanzwe gakorwa, ariko nanone bikazabafasha igihe bitegura kujya muri kaminuza.”

Akomeza asaba abikorera batandukanye gushyiraho gahunda nk’izi ziteza imbere uburezi ndetse n’ubushobozi bw’urubyiruko rw’u Rwanda.

Umuyobozi wa Equity Group, Dr.James Mwangi yavuze ko iyi banki yifuje gushora imari mu bakiri bato kuko ari bo bazafasha Umugabane wa Afurika kugera ku ntego zawo.

Ati “Aba bana ntabwo bazajya bakorera ubusa, ahubwo bazajya bahabwa umushahara kugira ngo bizabafashe gukomeza no kwiga kaminuza. Iyi gahunda kandi igamije no guhanga imirimo kuko nibura kuri buri shami rya Equity mu Rwanda hazajyaho abantu babiri umukobwa umwe (1) n’umuhungu umwe (1).”

Liliane Hakundikama wo mu karere ka Rusizi ni umwe mu banyeshuri babonye aya mahirwe, akaba avuga ko iyi gahunda ibategura kuzavamo abayobozi babereye u Rwanda.

Yagize ati “Ni ibyishimo bikomeye cyane turashimira Equity yadufashije kudutegura kugira ngo tuzavemo abayobizi beza b’ejo hazaza bazagirira akamaro sosiyete ndetse n’igihugu muri rusange ndetse no kudufasha kugera ku nzozi zacu, ikindi kurangiza ugahita ubona akazi muri ubu buryo bakaguhemba ni ibintu byiza cyane, bizadufasha kubaho neza ndetse no gukora igenamigambi ryacu neza.”

Muri iyi gahunda biteganyijwe ko abanyeshuri batoranyijwe bazajya biga nibura igihe cy’amezi ane ariko Equity igakomeza kubaherekeza no muri kaminuza.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − 16 =

Previous Post

Abasirikare 150 b’u Buholandi baje mu myitozo mu Rwanda bunamiye inzirakarengane zishyinguye ku Gisozi

Next Post

Abaturuka mu Bihugu 9 birimo Mozambique na S.Africa bazajya bashyirwa mu kato k’iminsi 7

Related Posts

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuti wa Lenacapavir ushobora gufasha umuntu wawutewe kutandura Virusi itera SIDA mu gihe cy’amezi atandatu, uzatangira gutangwa mu Rwanda muri...

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

by radiotv10
16/01/2026
0

Ubuyobozi bw’Ingabo za Jamaica bwakiriye itsinda ry’abasirikare 100 mu Ngabo z’u Rwanda bazobereye mu by’ubwubatsi bagiye mu bikorwa byo gufasha...

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

by radiotv10
16/01/2026
0

Bamwe mu bagororwa bagororerwa mu Igororero rya Nyarugenge, barimo abahamijwe gukora Jenoside, bavuga ko inyigisho zatanzwe n’umuryango Prison Fellowship, zatumye...

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

IZIHERUKA

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi
MU RWANDA

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

16/01/2026
Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

16/01/2026
Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

16/01/2026
Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

16/01/2026
Ntabwo tugomba kuba abo kwakira gusa: Minisitiri Mukazayire yahaye umukoro ikipe y’igihugu ya Handball

Ntabwo tugomba kuba abo kwakira gusa: Minisitiri Mukazayire yahaye umukoro ikipe y’igihugu ya Handball

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abaturuka mu Bihugu 9 birimo Mozambique na S.Africa bazajya bashyirwa mu kato k’iminsi 7

Abaturuka mu Bihugu 9 birimo Mozambique na S.Africa bazajya bashyirwa mu kato k’iminsi 7

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.