Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Baragira ngo nzasaze ntarongoye ihogoza ryanjye- Sankara yasekeje abantu mu rukiko avuga ku myaka 25 yasabiwe

radiotv10by radiotv10
02/02/2022
in MU RWANDA
0
Baragira ngo nzasaze ntarongoye ihogoza ryanjye- Sankara yasekeje abantu mu rukiko avuga ku myaka 25 yasabiwe
Share on FacebookShare on Twitter

Nsabimana Callixte alias Sankara yabwiye Urukiko ruri kumuburanisha ko igifungo cy’imyaka 25 ari gusabirwa ari kinini ku buryo gishobora gutuma asaza atarongoye kandi “yarasize ihogoza rye” hanze yifuzaga gushyira mu rugo.

Yabivuze ubwo Urukiko rw’Ubujurire rwasubukuraga urubanza aregwamo n’abandi bantu barimo Paul Rusesabagina.

Nsabimana Callixte alias Sankara waburanye yemera ibyaha byose ashinjwa akanabisabira imbabazi, yari yakatiwe igifungo cy’imyaka 20 ahita akijuririra aho we avuga ko yari akwiye kurekurwa cyangwa agahabwa igihano gito.

Muri ubu bujurire, Ubushinjacyaha bwongeye gusabira Sankara gufungwa imyaka 25 mu gihe akomeje gusaba urukiko kurekurwa.

Sankara wagarutse ku byo yavuganye n’uwari Umushinjacyaha Mukuru w’u Rwanda [Jean Bosco Mutangana] ubwo yagezwaga mu Rwanda bari bumvikanye ko agomba korohereza Ubushinjacyaha kuko ibyaha akurikiranyweho bikomeye.

Ngo icyo gihe uwari Umushinjacyaha Mukuru yabwiye Sankara ati “Sankara uracyari muto uri n’impfubyi, MRCD na FLN baraturembeje, dufashe natwe tuzagufasha tugusabire igihano gito cyane kugira ngo nawe usubire mu buzima busanzwe, ushake umugore, wubake ubuzima bwawe.”

Sankara avuga ko icyo gihe yumvikanye n’Ubushinjacyaha gutanga amakuru yose kuri iyi mitwe ariko na we akizezwa kuzoroherezwa ibihano, gusa ngo ibyo bumvikanyeho arabona binyuranye n’ibihano ari gusabirwa n’Ubushinjacyaha.

Ati “Ku bw’amahirwe macye Umushinjacyaha twagiranye amasezerano ari kumwe n’Umushinjacyaha Mukuru uyu munsi ni we wagakwiye kuba ahagaze imbere y’Urukiko ashyigikiye inyungu zanjye yubahiriza ibyo twumvikanye none arimo aransabira imyaka 25 ngo nzave muri Gereza ntarongoye kandi ari we wanyizezaga ko bazampa igihano gito kugira ngo nzane fiancé wanjye ihogoza ryanjye nari nsize hanze.”

Nsabimana Callixte Sankara avuga kandi ko amakuru yatanze mu Bushinjacyaha yagize umusaruro ukomeye mu guhashya iyi mitwe ya FLN-MRCD.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 − 1 =

Previous Post

Mu gahinda gakomeye Aubameyang yasezeye ku bakunzi ba Arsenal

Next Post

Umugabo yikase igitsina kubera urumogi yatumuye rukamutera kwifuza imibonano akabura uwo bayikorana

Related Posts

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Imodoka nini yari ipakiye amakara yifashishwa mu gutunganya sima yari ivanye mu Gihugu cya Tanzania, yakoreye impanuka mu Murenge wa...

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

by radiotv10
07/01/2026
0

Umusaza w’imyaka 74 wo mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara ukurikiranyweho gushaka kwica umugore we amukubise umuhoro mu...

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

by radiotv10
07/01/2026
0

Umugore bivugwa ko yicuruzaga, yasanzwe munsi y’igitanda yapfuye muri Lodge iherereye ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere...

The Hidden Signs of Mental Exhaustion People Ignore

The Hidden Signs of Mental Exhaustion People Ignore

by radiotv10
07/01/2026
0

Mental exhaustion doesn’t always look like a breakdown or tears. Most of the time, it shows up quietly in ways...

IZIHERUKA

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda
MU RWANDA

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umugabo yikase igitsina kubera urumogi yatumuye rukamutera kwifuza imibonano akabura uwo bayikorana

Umugabo yikase igitsina kubera urumogi yatumuye rukamutera kwifuza imibonano akabura uwo bayikorana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.