Thursday, January 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Baragira ngo nzasaze ntarongoye ihogoza ryanjye- Sankara yasekeje abantu mu rukiko avuga ku myaka 25 yasabiwe

radiotv10by radiotv10
02/02/2022
in MU RWANDA
0
Baragira ngo nzasaze ntarongoye ihogoza ryanjye- Sankara yasekeje abantu mu rukiko avuga ku myaka 25 yasabiwe
Share on FacebookShare on Twitter

Nsabimana Callixte alias Sankara yabwiye Urukiko ruri kumuburanisha ko igifungo cy’imyaka 25 ari gusabirwa ari kinini ku buryo gishobora gutuma asaza atarongoye kandi “yarasize ihogoza rye” hanze yifuzaga gushyira mu rugo.

Yabivuze ubwo Urukiko rw’Ubujurire rwasubukuraga urubanza aregwamo n’abandi bantu barimo Paul Rusesabagina.

Nsabimana Callixte alias Sankara waburanye yemera ibyaha byose ashinjwa akanabisabira imbabazi, yari yakatiwe igifungo cy’imyaka 20 ahita akijuririra aho we avuga ko yari akwiye kurekurwa cyangwa agahabwa igihano gito.

Muri ubu bujurire, Ubushinjacyaha bwongeye gusabira Sankara gufungwa imyaka 25 mu gihe akomeje gusaba urukiko kurekurwa.

Sankara wagarutse ku byo yavuganye n’uwari Umushinjacyaha Mukuru w’u Rwanda [Jean Bosco Mutangana] ubwo yagezwaga mu Rwanda bari bumvikanye ko agomba korohereza Ubushinjacyaha kuko ibyaha akurikiranyweho bikomeye.

Ngo icyo gihe uwari Umushinjacyaha Mukuru yabwiye Sankara ati “Sankara uracyari muto uri n’impfubyi, MRCD na FLN baraturembeje, dufashe natwe tuzagufasha tugusabire igihano gito cyane kugira ngo nawe usubire mu buzima busanzwe, ushake umugore, wubake ubuzima bwawe.”

Sankara avuga ko icyo gihe yumvikanye n’Ubushinjacyaha gutanga amakuru yose kuri iyi mitwe ariko na we akizezwa kuzoroherezwa ibihano, gusa ngo ibyo bumvikanyeho arabona binyuranye n’ibihano ari gusabirwa n’Ubushinjacyaha.

Ati “Ku bw’amahirwe macye Umushinjacyaha twagiranye amasezerano ari kumwe n’Umushinjacyaha Mukuru uyu munsi ni we wagakwiye kuba ahagaze imbere y’Urukiko ashyigikiye inyungu zanjye yubahiriza ibyo twumvikanye none arimo aransabira imyaka 25 ngo nzave muri Gereza ntarongoye kandi ari we wanyizezaga ko bazampa igihano gito kugira ngo nzane fiancé wanjye ihogoza ryanjye nari nsize hanze.”

Nsabimana Callixte Sankara avuga kandi ko amakuru yatanze mu Bushinjacyaha yagize umusaruro ukomeye mu guhashya iyi mitwe ya FLN-MRCD.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × one =

Previous Post

Mu gahinda gakomeye Aubameyang yasezeye ku bakunzi ba Arsenal

Next Post

Umugabo yikase igitsina kubera urumogi yatumuye rukamutera kwifuza imibonano akabura uwo bayikorana

Related Posts

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

IZIHERUKA

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?
FOOTBALL

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

by radiotv10
15/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

15/01/2026
Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

15/01/2026
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

15/01/2026
Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umugabo yikase igitsina kubera urumogi yatumuye rukamutera kwifuza imibonano akabura uwo bayikorana

Umugabo yikase igitsina kubera urumogi yatumuye rukamutera kwifuza imibonano akabura uwo bayikorana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.