• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Barashinja umuturanyi wabo kubakubita yanafungwa ntatindemo akaza abigambaho ko yatanze amafaranga muri RIB

radiotv10by radiotv10
25/05/2022
in Uncategorized
0
Barashinja umuturanyi wabo kubakubita yanafungwa ntatindemo akaza abigambaho ko yatanze amafaranga muri RIB
Share on FacebookShare on Twitter

Kigali- Bamwe mu baturage bo mu Kagari ka Nyabisindu mu Murenge wa Remera mu Karere ka Gasabo, bashinja umwe mu baturanyi wabo kubahohotera akabakubita ndetse yanafungwa ntamaremo kabiri, agasohoka ababwira ko ntakizamubuza gukomeza kubahohotera ngo kuko RIB nizajya imufata azajya yishyura ikamurekura.

Aba baturage bo Mudugudu w’Amarembo muri aka Kagari ka Nyabisindu, babwiye RADIOTV10 ko umuturanyi wabo witwa Thierry Maniragaba abarembeje kuko adahwema kugira abo akubita ndetse ko adatinya na bamwe mu bo mu nzego z’ibanze.

Umwe muri aba abaturage utifuje ko atangazwa, yagize ati “Uwo mugabo akubita abantu, nijoro bamugeze kuri RIB akagaruka avuga ko yatanze amafaranga ibihumbi 220. Ni ibintu byavuzwe ku mugaragaro ntabwo ari ibintu byavuzwe mu rwihisho.”

Uyu muturage avuga ko ikigaragaza ko atanga ayo mafaranga muri RIB ari uko izindi nzego zigeze kujyayo ariko zikabura raporo yaba yarakorewe uyu mugabo.

Undi muturage w’igitsinagore uvuga ko yakubiswe n’uyu Maniragaba Thierry amutegeye mu nzira, avuga ko uyu mugabo atari we wa mbere yakubise cyangwa ngo abe ari uwa kabiri.

Ati “Ni umunyarugomo, cyane cyane iyo yasinze ni bwo aba umunyarugomo kandi icyo gihe yari yasinze.”

Aba baturage bavuga kandi ko uyu muturanyi wabo uretse kubakubita, anabatuka ibitutsi nyandagazi ku buryo adatinya no kubatuka ku myanya y’ibanga y’ababyeyi babo.

Umwe uvuga ko bigeze kwitabaza inzego z’umutekano ariko ngo na zo zaraje “arazisuzugura cyane hari n’uwo yari akubise ingufuri mu mutwe birangira agiye ku Kagari no ku Murenge baramujyana tujya no kuri RIB ariko muri iryo joro na bwo Thierry bamufunguye saa munani z’ijoro.”

Aba baturage bavuga ko uyu muturage atajya atinda muri RIB kandi ko iyo avuyeyo aza abigambaho, akababwira ko azakomeza kubahohotera.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Nyabisindu, yabwiye RADIOTV10 ko ari kenshi uyu mugabo bamukoreye raporo bakazishyikiriza Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha.

Ati “Twe tuba twakoze icyo dusanwa, twe ntidufunga, ntiduhana, amabwiriza atubwira ko niyo twe twamufata inshuro icumi twebwe iyo tumufashe tumwegereza Ubugenzacyaha, Ubugenzacyaha rero bukora ibiteganywa n’itegeko.”

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), Dr Murangira B. Thierry avuga ko bidakwiye ko umuntu umwe arenganya abaturage.

Yagize ati “Inzego za Leta zose yaba Polisi, yaba RIB, igitumye zibaho ni inyungu rusange ya rubanda, sinumva ko inyungu y’umuntu umwe ishobora kuruta iya rubanda usibye ko ibyo twabanza tukabisuzuma.”

Dr Murangira B. Thierry yizeje ko Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rugiye gukurikirana iki kibazo, hakarebwa abaturage bavuga ko bahohotewe n’uyu mugabo, byaba byarabaye akabihanirwa.

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × one =

Previous Post

Rubavu: Umugabo wahukanye agasiga umugore mu nzu yatijwe na Se yateje umwiryane

Next Post

Rurangiranwa muri Football Hadji Diouf yasesekaye mu Rwanda yakirwa n’Umunyamakurukazi

Related Posts

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

by radiotv10
18/05/2026
0

Umupira w’amaguru w’abari n’abategarugori urabyinira ku rukoma kubera amafaranga ari gushyirwamo, guhera ku bihembo amakipe ari gutsindira. Mu kiciro cya...

How to spend money wisely and build a better financial future

How to spend money wisely and build a better financial future

by radiotv10
07/05/2026
0

Most people think their future depends on how much money they will make one day. But in reality, your future...

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

by radiotv10
30/03/2026
0

Komiseri mu Muryango FPR-Inkotanyi, Habonimana Charles yanenze abayobozi bo mu Karere ka Nyarugenge baranduye ibishyimbo by’abaturage, avuga ko ibyemezo nk’ibi...

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

by radiotv10
26/03/2026
0

Nyuma yuko Gasogi utd itewe mpaga y’ibitego 3-0 n’amande ya miliyoni 2 Frw nyuma yo kubura ku kibuga cya Stade...

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

by radiotv10
17/02/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wa NBA All-Star Game uhuza abakinnyi bakomeye muri Shampiyona ya Basketball muri Leta Zunze Ubumwe...

Next Post
Rurangiranwa muri Football Hadji Diouf yasesekaye mu Rwanda yakirwa n’Umunyamakurukazi

Rurangiranwa muri Football Hadji Diouf yasesekaye mu Rwanda yakirwa n’Umunyamakurukazi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.