Monday, May 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rubavu: Umugabo wahukanye agasiga umugore mu nzu yatijwe na Se yateje umwiryane

radiotv10by radiotv10
25/05/2022
in MU RWANDA
0
Rubavu: Umugabo wahukanye agasiga umugore mu nzu yatijwe na Se yateje umwiryane
Share on FacebookShare on Twitter

Umusaza wo mu Murenge wa Rugerero mu Karere ka Rubavu, ararebana ay’ingwe n’umukazana we wanze kuva mu nzu yari yaratije umuhungu we akayishakiramo ariko akaza kuyisigamo uwo babanaga mu buryo butemewe n’amategeko.

Uyu musaza witwa Bazirabasoma Alphone utuye mu Mudugudu wa Rwaza mu Kagari ka Rwaza muri uyu Murenge wa Rugerero, yabwiye RADIOTV10 ko iyi nzu yari yayitije umuhungu we ubwo yari amaze kugimbuka ngo ajye ayiraramo bidateye kabiri ahita ayizaniramo umugore.

Uyu musaza uvuga ko umuhungu we yashakiye muri iyi nzu atabanje kubimumenyesha, avuga ko atahiriwe n’urushako, akaza kwahukana agasigamo umugore none imyaka ibaye 13 yaranze kuva muri iyo nzu.

Ati “Inzu ni iyanjye, urugo ni urwanjye, sinumva uko nabura uburenganzira mu bintu byanjye.”
Bazirabasoma avuga ko yigishije umuhungu we umwuga uzamutunga ariko akamubwira ko iyo nzu yayimutije atagomba kumva ko ari iyo amuhaye.

Ati “Namwigishije akazi k’ubushoferi bwa moto, ndamubwira nti ‘ubwo umaze kuba umushoferi, uzajye gushaka ibyawe nanjye ahanjye mpasubirane ni ho hazacunga kuko maze gusaza’.”

Uwineza Aline, umukazana w’uyu musaza, avuga ko iyi nzu adashobora kuyivamo kuko ngo ayifiteho uburenganzira 100% kuko ngo azi neza ko ari umunani w’uwahoze ari umugabo we.

Uyu mubyeyi avuga ko iyi nzu ari yo mpozamarira yonyine asigaranye kuko yagorewe muri uru rugo bikomeye, gusa mu kugorwa kwe birasa n’aho ari we wabyihamagariye kuko yiyemerera ko ariwe wafashe iya mbere akabwira umugabo ko abana babiri bombi atari abe.

Uwineza Aline avuga ko iyi nzu yanayiyubakiye kuko yayinjiyemo ituzuye bityo ko adashobora kuyivamo. Gusa ibyangombwa by’iyi nzu byanditse mu mazina ya Bazirabasoma.

Ati “Kandi ikirenze icyo, aha hantu mpafiteho ijana ku ijana bitewe nuko njye niyubakiye, ntabwo ninjiye mu rwuzuye.”
Umugabo wa Aline umaze imyaka itatu batabana, avuga ko atananiwe gukudeshereza abana yabyaranye n’uyu mugore ariko hakiri imbogamizi.

Ati “Muzehe yaramfashishije anshakira perimi, ntabwo nabura amikoro yo guhahira abana nabyaye, ariko kugeza ubu ntabwo nzi ngo umwana wanjye ni uwuhe.”

Akomeza agira ati “Abana niba ari abanjye ni umuzigo wanjye ntabwo ari uwa Papa. Baze mbiteho ariko bareke kubuza umutuzo papa.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rugerero, Murenzi Augustin avuga ko iki kibazo batari bakizi nk’ubuyobozi.

Ati “Icyo twamusaba niba atwumva, yazatugana ku wa Kabiri twakira abaturage tukamwumva tukamugira inama kugira ngo tumenye ikibazo cye n’uburyo twagikemura cyangwa se twagiha umurongo.”

Amakimbirane mu miryango akunze kumvikana mu bice muri aka Karere ka Rubavu, akenshi ashingiye ku mitungo agatuma havuka ibibazo birimo gutandukana kw’abashakanye ndetse na bamwe bajya bicana hagati yabo.

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 + seventeen =

Previous Post

IFOTO: Minisitiri ahana censi n’umuturage w’i Musanze

Next Post

Barashinja umuturanyi wabo kubakubita yanafungwa ntatindemo akaza abigambaho ko yatanze amafaranga muri RIB

Related Posts

RUHANGO: RBC ivuga ko amaraso aramutse agurishijwe nta mu rwayi wakwigondera ikiguzi

Umwe muri babiri bafatiwe mu bujura bw’ihene yarashwe ahita apfa

by radiotv10
25/05/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko umwe mu bantu babiri bakekwaho kwiba ihene mu Murenge wa Ntongwe mu Karere ka Ruhango,...

Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

by radiotv10
25/05/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yavuye i Doha muri Qatar aho yagiriraga uruzinduko rw’akazi yagiriraga muri iki Gihugu, rwaranzwe n'ibikorwa...

Wari uzi ko buri mwaka miliyari 2Frw zitikirira mu gusimbuza inote zishaje mu Rwanda?

Bane bakoreraga SACCO y’Umurenge barimo uwari umuyobozi wayo bafungiye miliyoni 88Frw

by radiotv10
25/05/2026
0

Abantu bane bari abakozi ba SACCO y’Umurenge wa Kigeyo mu Karere ka Rutsiro, bari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Icyo Min.Nduhungirehe avuga ku magambo rutwitsi y’Umudipolomate w’u Burundi wavuze ko u Rwanda rutewe ntakibazo abibonamo

by radiotv10
25/05/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko bibabaje kubona Ambasaderi w’u Burundi mu Bubiligi avuga amagambo rutwitsi ko...

U Rwanda rwatanze umucyo ku ruhande rwarwitiriwe mu myanzuro y’ibyasabwe u Burusiya

Eng.-Minister Nduhungirehe Reacts to Burundian Diplomat’s Remarks Supporting Possible Attack on Rwanda

by radiotv10
25/05/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, has said it is disturbing to see the Burundian...

IZIHERUKA

RUHANGO: RBC ivuga ko amaraso aramutse agurishijwe nta mu rwayi wakwigondera ikiguzi
MU RWANDA

Umwe muri babiri bafatiwe mu bujura bw’ihene yarashwe ahita apfa

by radiotv10
25/05/2026
0

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

25/05/2026
Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

25/05/2026
Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani

Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani

25/05/2026
Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

25/05/2026
Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

25/05/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Barashinja umuturanyi wabo kubakubita yanafungwa ntatindemo akaza abigambaho ko yatanze amafaranga muri RIB

Barashinja umuturanyi wabo kubakubita yanafungwa ntatindemo akaza abigambaho ko yatanze amafaranga muri RIB

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umwe muri babiri bafatiwe mu bujura bw’ihene yarashwe ahita apfa

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.