• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Bari batangiye gutyaza amenyo batungurwa n’uko bazitabye- Ibyakurikiye ihambwa rya za mbogo

radiotv10by radiotv10
13/01/2022
in Uncategorized
0
Bari batangiye gutyaza amenyo batungurwa n’uko bazitabye- Ibyakurikiye ihambwa rya za mbogo
Share on FacebookShare on Twitter

Kuri uyu wa Gatatu i Musanze havuzwe inkuru ibabaje y’imbogo ebyiri zarwanye bikarangira zombi zihasize ubuzima, gusa ibyakurikiyeho ni byo byababaje abaturage kurushaho kuko bari bazi ko bagiye kuzirya ariko bagatungurwa n’uko hafashwe icyemezo cyo kuzihamba.

Aba baturage bo mu Kagari ka Ninda, Umurenge wa Nyange mu Karere ka Musanze, bavuga bisanzwe bizwi ko izi nyamaswa ziribwa ndetse ko ntaho zitaniye n’inyama z’Inka dore ko bakunze kuzita Inka z’agasozi.

Bavuga ko imbogo imwe yari ifite ibilo bigera muri 900 ku buryo zari guhaza abatari bacye ariko ngo icyababaje kurushaho ari uko amerwe bari bafite yarangiriye aho.

Bamwe muri bo bavuga ko banariye ku nyama z’imbogo kandi ko bumvise zigira icyanga kidasanzwe ku buryo nta w’uwapfa kuzigereranya n’iz’Inka.

Ntibishimiye kuba zatabwe

Kuba zatabwe babifata nk’ibihombi bibiri kuko bazibuze nk’umutungo wa Pariki y’Igihugu ariko ikibabaje kurushaho ari ukuba batanaziriye nibura ngo bihoze amarira.

Umwe yagize ati “Zagize impanuka noneho baranazicukurira barazihamba!! None se ubwo ntitwahombye? Twahombye rwose, baba baziduhaye tukazirya.”

Yakomeje agira ati “Nubwo Igihugu cyahombye natwe twahombye. None se n’inka iyo igize impanuka ko duhamagara veterineri akayidupimira, yasanga nta kibazo ifite akatureka tukayirya?”

Ubusanzwe itungo ryapfuye rizize impanuka, ribanza gusuzumwa niba nta nenge rifite zatuma inyama zaryo zitagira ingaruka ku buzima bw’abantu ubundi bagahabwa uburenganzira bwo kurirya gusa inyamaswa z’agasozi zo nk’izi mbogo, nta mabwiriza yazo ahari.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × one =

Previous Post

Kigali: Umuganga akurikiranyweho kwaka umurwayi ruswa ya 1.000.000 kugira ngo amavure

Next Post

Nyagatare: Abana 6 bamaze ibyumweru 2 bibana nyuma y’uko Se afunzwe bakabura na Nyina

Related Posts

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

by radiotv10
18/05/2026
0

Umupira w’amaguru w’abari n’abategarugori urabyinira ku rukoma kubera amafaranga ari gushyirwamo, guhera ku bihembo amakipe ari gutsindira. Mu kiciro cya...

How to spend money wisely and build a better financial future

How to spend money wisely and build a better financial future

by radiotv10
07/05/2026
0

Most people think their future depends on how much money they will make one day. But in reality, your future...

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

by radiotv10
30/03/2026
0

Komiseri mu Muryango FPR-Inkotanyi, Habonimana Charles yanenze abayobozi bo mu Karere ka Nyarugenge baranduye ibishyimbo by’abaturage, avuga ko ibyemezo nk’ibi...

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

by radiotv10
26/03/2026
0

Nyuma yuko Gasogi utd itewe mpaga y’ibitego 3-0 n’amande ya miliyoni 2 Frw nyuma yo kubura ku kibuga cya Stade...

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

by radiotv10
17/02/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wa NBA All-Star Game uhuza abakinnyi bakomeye muri Shampiyona ya Basketball muri Leta Zunze Ubumwe...

Next Post
Nyagatare: Abana 6 bamaze ibyumweru 2 bibana nyuma y’uko Se afunzwe bakabura na Nyina

Nyagatare: Abana 6 bamaze ibyumweru 2 bibana nyuma y’uko Se afunzwe bakabura na Nyina

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.