• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Barimo umaze imyaka 24 mu gisirikare cy’u Burundi, : Abandi bafashwe mpiri na M23 bashyizwe hanze

radiotv10by radiotv10
15/11/2023
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Barimo umaze imyaka 24 mu gisirikare cy’u Burundi, : Abandi bafashwe mpiri na M23 bashyizwe hanze
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa M23 uhanganye n’igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) kiyambaje abagifasha mu rugamba, werekanye abandi uherutse gufata mpiri, barimo abasirikare b’Igisirikare cy’u Burundi, ndetse n’abarwanyi ba FDLR b’Abanyarwanda.

Mu mashusho y’Ikinyamakuru Voce of Kivu, agaragaramo Umuvugizi wa M23 mu bya Gisirikare, Maj Willy Ngoma yerekana izi mfungwa z’intambara zirimo abo mu gisirikare cy’u Burundi.

Maj Willy Ngoma avuga ko kugaragaza aba bantu, bigamije gushimangira ibyo uyu mutwe wa M23 wakunze kuvuga ko FARDC yiyambaje abayifasha barimo FDLR bamaranye igihe, umutwe wa Wazalendo, Nyatura ndetse n’abasirikare b’u Burundi baherutse kwiyambazwa.

Ati “Ubundi nkatwe nka M23 mu rwego rwo kubahiriza amasezerano y’uburenganzira bw’ikiremwamuntu mpuzamahanga, ntitwari dukwiye kubagaragaza, ariko mu rwego rwo gutanga isomo turabikora kugira ngo Isi yose imenye ibiri kuba n’ikibazo nyirizina gihari.”

Avuga ko by’umwihariko ibi bigamije kugaragaza ko Igisirikare cy’u Burundi kiri gukorana na FARDC, ari na ho yahereye agaragaza itsinda rya mbere rigizwe n’abasirikare b’u Burundi bafashwe mpiri ku rugamba, hakaba kandi itsinda rya FARDC, iry’umutwe wa Wazalendo, ndetse n’irya FDLR.

Aba basirikare b’u Burundi, barimo Premier Classe Nzisabira Ferdinand ufite nimero ya gisirikare ya 32-200, akaba abarizwa muri inite ya 321 muri Kompanyi ya mbere.

Uyu Nzisabira avuga ko yinjiye igisirikare muri 2018, akakinjirira i Mwaro mu Burundi ari naho avuka.

Hari kandi umusaza Niyongabo Thierry ufite ipeti rya Corporal Chef, wavukiye i Murambya mu Burundi mu 1970.

Uyu musirikare uvuga ufite mu nimero y’igisirikare ya 26-202, avuga ko abarizwa muri inite ya 222 muri kompanyi ya mbere, aho yinjiye igisirikare mu 1999, akinjirira ahitwa Bururi mu Gihugu cy’u Burundi.

Muri aba berekanywe kandi ab’umutwe wa FDLR, barimo uwitwa Baraka Shukuru winjiye muri uyu mutwe wa FDLR afite imyaka 15, na Samehe Emmanuel, we winjiye muri uyu mutwe muri 2017.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − sixteen =

Previous Post

Sitting Volleyball: Ikipe y’u Rwanda iri mu gikombe cy’Isi yageze muri 1/4

Next Post

Amateka ariyandika: Abakuru b’Ibihugu bikomeye bidakunze guhuza ku ngingo nyinshi barahura

Related Posts

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

by radiotv10
01/06/2026
0

Konti ya Instagram y’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America (White House) yakoreshwaga ku buyobozi bwa Barack Obama,...

Next Post
Amateka ariyandika: Abakuru b’Ibihugu bikomeye bidakunze guhuza ku ngingo nyinshi barahura

Amateka ariyandika: Abakuru b’Ibihugu bikomeye bidakunze guhuza ku ngingo nyinshi barahura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abamotari bakoresha moto za Spiro bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.