Monday, January 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Barimo umaze imyaka 24 mu gisirikare cy’u Burundi, : Abandi bafashwe mpiri na M23 bashyizwe hanze

radiotv10by radiotv10
15/11/2023
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Barimo umaze imyaka 24 mu gisirikare cy’u Burundi, : Abandi bafashwe mpiri na M23 bashyizwe hanze
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa M23 uhanganye n’igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) kiyambaje abagifasha mu rugamba, werekanye abandi uherutse gufata mpiri, barimo abasirikare b’Igisirikare cy’u Burundi, ndetse n’abarwanyi ba FDLR b’Abanyarwanda.

Mu mashusho y’Ikinyamakuru Voce of Kivu, agaragaramo Umuvugizi wa M23 mu bya Gisirikare, Maj Willy Ngoma yerekana izi mfungwa z’intambara zirimo abo mu gisirikare cy’u Burundi.

Maj Willy Ngoma avuga ko kugaragaza aba bantu, bigamije gushimangira ibyo uyu mutwe wa M23 wakunze kuvuga ko FARDC yiyambaje abayifasha barimo FDLR bamaranye igihe, umutwe wa Wazalendo, Nyatura ndetse n’abasirikare b’u Burundi baherutse kwiyambazwa.

Ati “Ubundi nkatwe nka M23 mu rwego rwo kubahiriza amasezerano y’uburenganzira bw’ikiremwamuntu mpuzamahanga, ntitwari dukwiye kubagaragaza, ariko mu rwego rwo gutanga isomo turabikora kugira ngo Isi yose imenye ibiri kuba n’ikibazo nyirizina gihari.”

Avuga ko by’umwihariko ibi bigamije kugaragaza ko Igisirikare cy’u Burundi kiri gukorana na FARDC, ari na ho yahereye agaragaza itsinda rya mbere rigizwe n’abasirikare b’u Burundi bafashwe mpiri ku rugamba, hakaba kandi itsinda rya FARDC, iry’umutwe wa Wazalendo, ndetse n’irya FDLR.

Aba basirikare b’u Burundi, barimo Premier Classe Nzisabira Ferdinand ufite nimero ya gisirikare ya 32-200, akaba abarizwa muri inite ya 321 muri Kompanyi ya mbere.

Uyu Nzisabira avuga ko yinjiye igisirikare muri 2018, akakinjirira i Mwaro mu Burundi ari naho avuka.

Hari kandi umusaza Niyongabo Thierry ufite ipeti rya Corporal Chef, wavukiye i Murambya mu Burundi mu 1970.

Uyu musirikare uvuga ufite mu nimero y’igisirikare ya 26-202, avuga ko abarizwa muri inite ya 222 muri kompanyi ya mbere, aho yinjiye igisirikare mu 1999, akinjirira ahitwa Bururi mu Gihugu cy’u Burundi.

Muri aba berekanywe kandi ab’umutwe wa FDLR, barimo uwitwa Baraka Shukuru winjiye muri uyu mutwe wa FDLR afite imyaka 15, na Samehe Emmanuel, we winjiye muri uyu mutwe muri 2017.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 − 4 =

Previous Post

Sitting Volleyball: Ikipe y’u Rwanda iri mu gikombe cy’Isi yageze muri 1/4

Next Post

Amateka ariyandika: Abakuru b’Ibihugu bikomeye bidakunze guhuza ku ngingo nyinshi barahura

Related Posts

Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

by radiotv10
12/01/2026
0

Umutwe w'inyeshyamba uzwi nka Bakata Katanga wakozanyijeho n'igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), mu mirwano yabereye mu gace...

America yahawe umuburo n’Igihugu iherutse na yo gukanga

America yahawe umuburo n’Igihugu iherutse na yo gukanga

by radiotv10
12/01/2026
0

Mu gihe imyigaragambyo ikomeje kuba hirya no hino muri Iran yinjiraga mu cyumweru cya gatatu, Tehran yatanze umuburo ko izihorera...

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

by radiotv10
09/01/2026
0

The AFC/M23 coalition, which opposes the government of the Democratic Republic of Congo, is reportedly strengthening its presence in the...

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravugwaho kuba ryongereye imbaraga mu gace ka Mpety, muri...

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Olive Lembe Kabila, Madamu wa Joseph Kabila wari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yasabye Abanyekongo, gukora amasengesho yo...

IZIHERUKA

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo
FOOTBALL

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amateka ariyandika: Abakuru b’Ibihugu bikomeye bidakunze guhuza ku ngingo nyinshi barahura

Amateka ariyandika: Abakuru b’Ibihugu bikomeye bidakunze guhuza ku ngingo nyinshi barahura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.