Thursday, January 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Barimo umaze imyaka 24 mu gisirikare cy’u Burundi, : Abandi bafashwe mpiri na M23 bashyizwe hanze

radiotv10by radiotv10
15/11/2023
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Barimo umaze imyaka 24 mu gisirikare cy’u Burundi, : Abandi bafashwe mpiri na M23 bashyizwe hanze
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa M23 uhanganye n’igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) kiyambaje abagifasha mu rugamba, werekanye abandi uherutse gufata mpiri, barimo abasirikare b’Igisirikare cy’u Burundi, ndetse n’abarwanyi ba FDLR b’Abanyarwanda.

Mu mashusho y’Ikinyamakuru Voce of Kivu, agaragaramo Umuvugizi wa M23 mu bya Gisirikare, Maj Willy Ngoma yerekana izi mfungwa z’intambara zirimo abo mu gisirikare cy’u Burundi.

Maj Willy Ngoma avuga ko kugaragaza aba bantu, bigamije gushimangira ibyo uyu mutwe wa M23 wakunze kuvuga ko FARDC yiyambaje abayifasha barimo FDLR bamaranye igihe, umutwe wa Wazalendo, Nyatura ndetse n’abasirikare b’u Burundi baherutse kwiyambazwa.

Ati “Ubundi nkatwe nka M23 mu rwego rwo kubahiriza amasezerano y’uburenganzira bw’ikiremwamuntu mpuzamahanga, ntitwari dukwiye kubagaragaza, ariko mu rwego rwo gutanga isomo turabikora kugira ngo Isi yose imenye ibiri kuba n’ikibazo nyirizina gihari.”

Avuga ko by’umwihariko ibi bigamije kugaragaza ko Igisirikare cy’u Burundi kiri gukorana na FARDC, ari na ho yahereye agaragaza itsinda rya mbere rigizwe n’abasirikare b’u Burundi bafashwe mpiri ku rugamba, hakaba kandi itsinda rya FARDC, iry’umutwe wa Wazalendo, ndetse n’irya FDLR.

Aba basirikare b’u Burundi, barimo Premier Classe Nzisabira Ferdinand ufite nimero ya gisirikare ya 32-200, akaba abarizwa muri inite ya 321 muri Kompanyi ya mbere.

Uyu Nzisabira avuga ko yinjiye igisirikare muri 2018, akakinjirira i Mwaro mu Burundi ari naho avuka.

Hari kandi umusaza Niyongabo Thierry ufite ipeti rya Corporal Chef, wavukiye i Murambya mu Burundi mu 1970.

Uyu musirikare uvuga ufite mu nimero y’igisirikare ya 26-202, avuga ko abarizwa muri inite ya 222 muri kompanyi ya mbere, aho yinjiye igisirikare mu 1999, akinjirira ahitwa Bururi mu Gihugu cy’u Burundi.

Muri aba berekanywe kandi ab’umutwe wa FDLR, barimo uwitwa Baraka Shukuru winjiye muri uyu mutwe wa FDLR afite imyaka 15, na Samehe Emmanuel, we winjiye muri uyu mutwe muri 2017.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 2 =

Previous Post

Sitting Volleyball: Ikipe y’u Rwanda iri mu gikombe cy’Isi yageze muri 1/4

Next Post

Amateka ariyandika: Abakuru b’Ibihugu bikomeye bidakunze guhuza ku ngingo nyinshi barahura

Related Posts

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

by radiotv10
07/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Israel, Gideon Saar, yagiriye uruzinduko muri Somaliland, nyuma yo kwemeza nk'Igihugu cyigenga iyi Ntara yo muri...

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

by radiotv10
07/01/2026
0

Umuryango Uharanira Amahoro n'Imibereho myiza y’Abaturage (CPCC), watangaje ko Abantu 105 bari mu nkambi z’impunzi z’Abanyekongo ziri mu Burundi, bitabye...

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

by radiotv10
07/01/2026
0

Impanuka y’ikamyo yabereye mu mujyi wa Semera, mu Karere ka Afar mu majyaruguru ya Ethiopia, yari ibatwaye nk'abimukira, yahitanye abantu...

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

by radiotv10
06/01/2026
0

Raporo ku bugenzuzi bwakorewe ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’Amahoro, yagaragaje ko hari ingingo z’ingenzi zikomeje kwirengagizwa mu masezerano y’i Washington,...

Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

by radiotv10
06/01/2026
0

A report assessing the implementation of peace agreements has revealed that key provisions of the Washington Peace Agreement continue to...

IZIHERUKA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda
MU RWANDA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

07/01/2026
Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amateka ariyandika: Abakuru b’Ibihugu bikomeye bidakunze guhuza ku ngingo nyinshi barahura

Amateka ariyandika: Abakuru b’Ibihugu bikomeye bidakunze guhuza ku ngingo nyinshi barahura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.