Thursday, December 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Batashye bikanda imbavu: Kansiime watembagaje Abanyakigali yakuyemo imisatsi basekera rimwe (AMAFOTO)

radiotv10by radiotv10
26/09/2022
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA
0
Batashye bikanda imbavu: Kansiime watembagaje Abanyakigali yakuyemo imisatsi basekera rimwe (AMAFOTO)
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyarwenya w’Umunya-Uganda, Kansiime Kubiryaba Anne wamamaye nka Anne Kansiime, wataramiye Abanyakigali, yasekeje abantu bigeze aho akuyemo imisatsi yari yambaye, biba ibindibindi.

Ni igitaramo cya Seka Live cyabaye kuri iki Cyumweru tariki 25 Nzeri 2022, mu Mujyi wa Kigali, ahazwi nka Camp Kigali cyagaragayemo abanyarwenya batandukanye barimo abafite amazina akomeye mu Rwanda n’abakizamuka.

Iki gitaramo gitegurwa n’Umunyarwenya Nkusi Arthur uzwi nka Rutura, ni we wari uyoboye ibikorwa byacyo aho yanyuzagamo na we agatera abantu urwenya.

Mbere yuko Anne Kansiime asesekara ku stage, habanje gutambuka abanyarwenya bakizamuka barimo uwitwa Fally Merci na we umaze iminsi ategura ibitaramo by’urwenya, ndetse na Taikun Ndahiro usanzwe ari n’Umunyamakuru wacu hano kuri RADIOTV10.

Anne Kansiime wahawe ikaze ku stage na Nkusi Arthur, yasesekayeho abanza kubyina umuziki wacurangwaga n’Umuvangamiziki, ubundi abari muri salle bose basekera icyarimwe kubera imibyinire y’uyu mugore utakanzwe n’imyaka ahubwo akanyonga umuziki bigashyira cyera.

Yahise asuhuza abanyakigali, ababwira ko yari abakumbuye bidasanzwe, avuga uburyo abanyarwanda ari beza ndetse ko bababaye beza kurusha nyuma y’imyaka itanu atabataramira.

Yaje ku rubyiniro yambaye imisatsi [Perruque], ageze aho ayikuramo asigarana intweri ngufi, abantu bose basekera icyarimwe.

Yagarutse ku mukunzi we baherutse kwibaruka imfura yabo, avuga ko ariko nubwo amufite bitamubuza kwikunda ndetse ko hari igihe aba yumva batasangira kuko urukundo yikunda rurenze urugero. Ibi byose yabivugaga mu rwenya rwinshi ari na ko abari muri iki gitaramo bose basekeraga icyarimwe.

Noneho ageze ku byo kuba yarabyibushye, yavuze ko nyuma yo kubyibuha ubu n’amazina yahindutse ko asigaye yitwa Mama Kansiime.

Urwenya rwose yateye kuva yagera ku rubyiniro, nta n’umwe witabiriye iki gitaramo wigeze ahisha amenyo, kuko byari ibitwenge gusa gusa.

Yageze kuri stage abanza kubyina umuziki
Yahawe ikaze na Nkusi Arthur
Yageze aho akura imisatsi abantu baraseka

Anne Kansiime yasekeje abantu bishyira cyera
Igitaramo kitabiriwe n’ibyamamare
Ntaguhisha iryinyo byari bihari
Byari ibitwenge gusa gusa

Umunyamakuru Taikun Ndahiro na we yasekeje abantu

Photos © Inyarwanda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 − four =

Previous Post

Umusirikare wa DRCongo yafatiwe ku butaka bw’u Rwanda afite n’imbunda

Next Post

Ingabo za Kenya nazo zageze DRCongo zinjiriye Bunagana ahari M23 iri mu bizijyanye

Related Posts

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Min.Nduhungirehe yavuze gihamya ibeshyuza ababeshye ko hari bombe zavuye Bugarama zarashwe Kamanyola

by radiotv10
11/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwerera, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko abazamuye ibirego by’ibinyoma bivuga ko hari ibisasu byarashwe muri Kamanyola biturutse...

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

by radiotv10
11/12/2025
0

Umukozi ushinzwe imyirwarire y’abanyeshuri mu ishuri rya Saint Trinité de Ruhango riherereye mu Karere ka Ruhango, yatawe muri yombi n’Urwego...

Bamporiki wabaye muri Guverinoma y’u Rwanda yitabiriye umuhango wo gusezerana w’Umuhanzi Niyo Bosco

Bamporiki wabaye muri Guverinoma y’u Rwanda yitabiriye umuhango wo gusezerana w’Umuhanzi Niyo Bosco

by radiotv10
11/12/2025
0

Edouard Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda, yagiye gushyigikira umuhanzi Niyo Bosco, mu muhango wo gusezerana imbere y’amategeko n’umugore...

Ibizamini bya Leta: Imitsindire muri ‘O Level’ yasubiye inyuma, muri ‘Primaire’ irazamuka

Hagaragajwe impamvu zituma amashuri y’i Kigali adatsindisha bishimishije mu bizamini bya Leta

by radiotv10
11/12/2025
0

Mu nama nyunguranabitekerezo yahurije hamwe inzego z’uburezi mu Mujyi wa Kigali, haganiriwe ku mpamvu zituma amashuri yo muri uyu Mujyi...

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

by radiotv10
10/12/2025
0

Umuhanzikazi Alyn Sano yabajijwe niba akiri isugi, abanza gutungurwa no kuba uwari ubimubajije atinyuka kubimubaza, amusubiza na we amubaza niba...

IZIHERUKA

Amakuru mashya: Ibya Rayon byongeye gusubirwamo abayobozi bose bakurwaho hahita hatangazwa ab’inzibacyuho
FOOTBALL

Perezida w’Inzibacyuho wa Rayon yatanze umucyo ku bibaza ku hazaza h’iyi kipe

by radiotv10
11/12/2025
0

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Min.Nduhungirehe yavuze gihamya ibeshyuza ababeshye ko hari bombe zavuye Bugarama zarashwe Kamanyola

11/12/2025
AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

11/12/2025
Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

11/12/2025
Nyuma yuko abasirikare b’u Burundi butsinzwe na AFC/M23 muri Uvira Igihugu cyabo cyahise gifata icyemezo

Nyuma yuko abasirikare b’u Burundi butsinzwe na AFC/M23 muri Uvira Igihugu cyabo cyahise gifata icyemezo

11/12/2025
Bamporiki wabaye muri Guverinoma y’u Rwanda yitabiriye umuhango wo gusezerana w’Umuhanzi Niyo Bosco

Bamporiki wabaye muri Guverinoma y’u Rwanda yitabiriye umuhango wo gusezerana w’Umuhanzi Niyo Bosco

11/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ingabo za Kenya nazo zageze DRCongo zinjiriye Bunagana ahari M23 iri mu bizijyanye

Ingabo za Kenya nazo zageze DRCongo zinjiriye Bunagana ahari M23 iri mu bizijyanye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida w’Inzibacyuho wa Rayon yatanze umucyo ku bibaza ku hazaza h’iyi kipe

Min.Nduhungirehe yavuze gihamya ibeshyuza ababeshye ko hari bombe zavuye Bugarama zarashwe Kamanyola

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.