Monday, January 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Batashye bikanda imbavu: Kansiime watembagaje Abanyakigali yakuyemo imisatsi basekera rimwe (AMAFOTO)

radiotv10by radiotv10
26/09/2022
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA
0
Batashye bikanda imbavu: Kansiime watembagaje Abanyakigali yakuyemo imisatsi basekera rimwe (AMAFOTO)
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyarwenya w’Umunya-Uganda, Kansiime Kubiryaba Anne wamamaye nka Anne Kansiime, wataramiye Abanyakigali, yasekeje abantu bigeze aho akuyemo imisatsi yari yambaye, biba ibindibindi.

Ni igitaramo cya Seka Live cyabaye kuri iki Cyumweru tariki 25 Nzeri 2022, mu Mujyi wa Kigali, ahazwi nka Camp Kigali cyagaragayemo abanyarwenya batandukanye barimo abafite amazina akomeye mu Rwanda n’abakizamuka.

Iki gitaramo gitegurwa n’Umunyarwenya Nkusi Arthur uzwi nka Rutura, ni we wari uyoboye ibikorwa byacyo aho yanyuzagamo na we agatera abantu urwenya.

Mbere yuko Anne Kansiime asesekara ku stage, habanje gutambuka abanyarwenya bakizamuka barimo uwitwa Fally Merci na we umaze iminsi ategura ibitaramo by’urwenya, ndetse na Taikun Ndahiro usanzwe ari n’Umunyamakuru wacu hano kuri RADIOTV10.

Anne Kansiime wahawe ikaze ku stage na Nkusi Arthur, yasesekayeho abanza kubyina umuziki wacurangwaga n’Umuvangamiziki, ubundi abari muri salle bose basekera icyarimwe kubera imibyinire y’uyu mugore utakanzwe n’imyaka ahubwo akanyonga umuziki bigashyira cyera.

Yahise asuhuza abanyakigali, ababwira ko yari abakumbuye bidasanzwe, avuga uburyo abanyarwanda ari beza ndetse ko bababaye beza kurusha nyuma y’imyaka itanu atabataramira.

Yaje ku rubyiniro yambaye imisatsi [Perruque], ageze aho ayikuramo asigarana intweri ngufi, abantu bose basekera icyarimwe.

Yagarutse ku mukunzi we baherutse kwibaruka imfura yabo, avuga ko ariko nubwo amufite bitamubuza kwikunda ndetse ko hari igihe aba yumva batasangira kuko urukundo yikunda rurenze urugero. Ibi byose yabivugaga mu rwenya rwinshi ari na ko abari muri iki gitaramo bose basekeraga icyarimwe.

Noneho ageze ku byo kuba yarabyibushye, yavuze ko nyuma yo kubyibuha ubu n’amazina yahindutse ko asigaye yitwa Mama Kansiime.

Urwenya rwose yateye kuva yagera ku rubyiniro, nta n’umwe witabiriye iki gitaramo wigeze ahisha amenyo, kuko byari ibitwenge gusa gusa.

Yageze kuri stage abanza kubyina umuziki
Yahawe ikaze na Nkusi Arthur
Yageze aho akura imisatsi abantu baraseka

Anne Kansiime yasekeje abantu bishyira cyera
Igitaramo kitabiriwe n’ibyamamare
Ntaguhisha iryinyo byari bihari
Byari ibitwenge gusa gusa

Umunyamakuru Taikun Ndahiro na we yasekeje abantu

Photos © Inyarwanda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − five =

Previous Post

Umusirikare wa DRCongo yafatiwe ku butaka bw’u Rwanda afite n’imbunda

Next Post

Ingabo za Kenya nazo zageze DRCongo zinjiriye Bunagana ahari M23 iri mu bizijyanye

Related Posts

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

by radiotv10
12/01/2026
0

USA, China, and Europe in the Battle for Global Dominance. What about Africa? The global economy has entered a new...

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

by radiotv10
12/01/2026
0

Umunyarwenya Etienne Iryamukuru wamamaye muri ‘Bigomba Guhinduka’, yagaragaje umukunzi we amwibutsa ko amukunda uruhora rukura. Ni mu butumwa uyu munyarwenya...

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko abashoferi b’imodoka zitwara abantu benshi nk’ab’izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, n’izitwara abanyeshuri, ari bo...

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo...

IZIHERUKA

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo
FOOTBALL

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ingabo za Kenya nazo zageze DRCongo zinjiriye Bunagana ahari M23 iri mu bizijyanye

Ingabo za Kenya nazo zageze DRCongo zinjiriye Bunagana ahari M23 iri mu bizijyanye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.