Monday, January 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Batashye bikanda imbavu: Kansiime watembagaje Abanyakigali yakuyemo imisatsi basekera rimwe (AMAFOTO)

radiotv10by radiotv10
26/09/2022
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA
0
Batashye bikanda imbavu: Kansiime watembagaje Abanyakigali yakuyemo imisatsi basekera rimwe (AMAFOTO)
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyarwenya w’Umunya-Uganda, Kansiime Kubiryaba Anne wamamaye nka Anne Kansiime, wataramiye Abanyakigali, yasekeje abantu bigeze aho akuyemo imisatsi yari yambaye, biba ibindibindi.

Ni igitaramo cya Seka Live cyabaye kuri iki Cyumweru tariki 25 Nzeri 2022, mu Mujyi wa Kigali, ahazwi nka Camp Kigali cyagaragayemo abanyarwenya batandukanye barimo abafite amazina akomeye mu Rwanda n’abakizamuka.

Iki gitaramo gitegurwa n’Umunyarwenya Nkusi Arthur uzwi nka Rutura, ni we wari uyoboye ibikorwa byacyo aho yanyuzagamo na we agatera abantu urwenya.

Mbere yuko Anne Kansiime asesekara ku stage, habanje gutambuka abanyarwenya bakizamuka barimo uwitwa Fally Merci na we umaze iminsi ategura ibitaramo by’urwenya, ndetse na Taikun Ndahiro usanzwe ari n’Umunyamakuru wacu hano kuri RADIOTV10.

Anne Kansiime wahawe ikaze ku stage na Nkusi Arthur, yasesekayeho abanza kubyina umuziki wacurangwaga n’Umuvangamiziki, ubundi abari muri salle bose basekera icyarimwe kubera imibyinire y’uyu mugore utakanzwe n’imyaka ahubwo akanyonga umuziki bigashyira cyera.

Yahise asuhuza abanyakigali, ababwira ko yari abakumbuye bidasanzwe, avuga uburyo abanyarwanda ari beza ndetse ko bababaye beza kurusha nyuma y’imyaka itanu atabataramira.

Yaje ku rubyiniro yambaye imisatsi [Perruque], ageze aho ayikuramo asigarana intweri ngufi, abantu bose basekera icyarimwe.

Yagarutse ku mukunzi we baherutse kwibaruka imfura yabo, avuga ko ariko nubwo amufite bitamubuza kwikunda ndetse ko hari igihe aba yumva batasangira kuko urukundo yikunda rurenze urugero. Ibi byose yabivugaga mu rwenya rwinshi ari na ko abari muri iki gitaramo bose basekeraga icyarimwe.

Noneho ageze ku byo kuba yarabyibushye, yavuze ko nyuma yo kubyibuha ubu n’amazina yahindutse ko asigaye yitwa Mama Kansiime.

Urwenya rwose yateye kuva yagera ku rubyiniro, nta n’umwe witabiriye iki gitaramo wigeze ahisha amenyo, kuko byari ibitwenge gusa gusa.

Yageze kuri stage abanza kubyina umuziki
Yahawe ikaze na Nkusi Arthur
Yageze aho akura imisatsi abantu baraseka

Anne Kansiime yasekeje abantu bishyira cyera
Igitaramo kitabiriwe n’ibyamamare
Ntaguhisha iryinyo byari bihari
Byari ibitwenge gusa gusa

Umunyamakuru Taikun Ndahiro na we yasekeje abantu

Photos © Inyarwanda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 + twelve =

Previous Post

Umusirikare wa DRCongo yafatiwe ku butaka bw’u Rwanda afite n’imbunda

Next Post

Ingabo za Kenya nazo zageze DRCongo zinjiriye Bunagana ahari M23 iri mu bizijyanye

Related Posts

Why humans naturally copy each other’s behavior

Why humans naturally copy each other’s behavior

by radiotv10
26/01/2026
0

Humans often copy each other without realizing it. We copy accents, gestures, emotions, and even habits. This behavior is natural...

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

by radiotv10
26/01/2026
0

Nyuma yuko abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi bo mu Ntara y’Iburasirazuba bagaragaje ikibazo cy'ibyapa by'imodoka by'ahazwi nka Ntunga byari byakuweho batabizi,...

Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

by radiotv10
26/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi b’icyayi bo muri Pfunda mu Karere ka Rutsiro bashengurwa no kuba bagurirwa umusaruro wabo ku giciro cyo...

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Umusore witwa Mugisha Gakuba David uba muri Leta Zunze Ubumwe za America, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) akurikiranyweho...

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

by radiotv10
25/01/2026
0

Umugabo witwa Sindayiheba Jean de Dieu wo mu kagari ka Mataba mu murenge wa Nkungu, arahigishwa uruhindu nyuma yo gukubita...

IZIHERUKA

Why humans naturally copy each other’s behavior
MU RWANDA

Why humans naturally copy each other’s behavior

by radiotv10
26/01/2026
0

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

26/01/2026
Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

26/01/2026
Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

26/01/2026
Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

25/01/2026
Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

25/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ingabo za Kenya nazo zageze DRCongo zinjiriye Bunagana ahari M23 iri mu bizijyanye

Ingabo za Kenya nazo zageze DRCongo zinjiriye Bunagana ahari M23 iri mu bizijyanye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Why humans naturally copy each other’s behavior

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.