Abagabo batatu bakekwaho kwiba moto bakazijyana mu mashyamba bakazikuramo amapiyese, bafatiwe mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza, n’ubundi bari muri ibyo bikorwa.
Umuvugizi wa polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyepfo, CIP Hassan Kamanzi avuga ko aba bagabo bafashwe ku bufatanye bw’uru rwego n’izindi nzego ndetse n’abaturage mu bikorwa bitemewe bigamije guhungabanya umutekano n’ituze by’abaturage.
Aba bagabo bafashwe mu ijoro ryacyeye mu Karere ka Nyanza, mu Murenge wa Busasamana mu Kagari ka Rwesero.
CIP Hassan Kamanzi yavuze ko “itsinda ry’abagabo batatu bakekwaho kwiba za moto bakazitwara mu dushyamba bagahita bazibaga ku buryo bazitwaraga ari amapiyesi (Spare parts) bakayashyira mu zindi moto babaga baribye.”
Abafashwe bafatanwe moto ebyiri (02) barimo kuzikuraho ibyuma byazo, ubu bombi bakaba bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Busasamana.
CIP Hassan Kamanzi ati “Ubugenzacyaha bwatangiye iperereza, kandi ibikorwa byo gufata n’abandi birakomeje”
Yaboneyeho gushimira abaturage bakomeje gusobanukirwa ko umutekano ari inshingano rusange, ndetse bakaba barimakaje umuco wo gutangira amakuru ku gihe hagamijwe gukumira no kurwanya ibyaha.
Ati “Nanone kandi Police iraburira uwo ari we wese utekereza gukora ibinyuranyije n’amategeko by’umwihariko abishora mu bujura guhita babihagarika kuko uwo ari we wese uzajya ubigaragaramo ko Police itazajya imwihanganira ahubwo azajya afatwa ashyikirizwe Ubugenzacyaha amategeko yubahirizwe.”
RADIOTV10







