Thursday, January 1, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Batekera kuri Gaz, baravurwa, bacungirwa umutekano na RDF,…Uko Aba FARDC bahungiye mu Rwanda babayeho

radiotv10by radiotv10
06/02/2025
in MU RWANDA
0
Batekera kuri Gaz, baravurwa, bacungirwa umutekano na RDF,…Uko Aba FARDC bahungiye mu Rwanda babayeho
Share on FacebookShare on Twitter

Abasirikare 131 ba FARDC baherutse guhungira mu Rwanda ubu bacumbikiwe mu kigo kiri mu Karere ka Rubavu, barishimira uburyo babayeho, kuko aho bari bitaweho birenze uko babitekerezaga, aho bahawe ibibatunga ndetse bakabyitekera bagendeye ku byo bashaka kurya.

Aba basirikare batangiye guhungira mu Rwanda mu gitondo cyo ku ya 27 Mutarama 2025 ubwo bari bamaze gukubitwa incuro na M23 mu rugamba rwari rubahanganishije, rwanasize uyu mutwe ubohoje Umujyi wa Goma nyuma y’imirwano ikomeye.

Ubwo binjiraga mu Rwanda, bagaragazaga igihunga cy’ibyo bari bamaze kwibonera, bahise bakirwa n’inzego z’umutekano z’u Rwanda zabanje kwaka intwaro abari bazifite, ndetse abari bafite ibikomere bahita batangira guhabwa ubutabazi bwihuse n’Ingabo z’u Rwanda zishinzwe Ubuvuzi.

Ubu bacumbikiwe mu Kigo kiri mu Murenge wa Rugerero mu Karere ka Rubavu, aho bitabwaho uko bikwiye, ndetse na bo bakabona n’umwanya wo kwidagadura.

Aha bacumbikiwe uko ari 131 barimo umugore umwe, ni bo bitegurira amafunguro, bagateka ayo bihitiyemo mu biribwa bahawe na Guverinoma y’u Rwanda, kandi bagatekera kuri Gaz.

Muri iki kigo bacumbikiwemo, bahawe ibikoresho byose bibafasha kugira ubuzima bwiza, birimo imyenda, iby’isuku, ibyo kuryamira, ndetse bakaba bafite n’umuganga ubitaho mu buzima bwa buri munsi.

Bafata amafunguro, ubundi bakagira n’umwanya wo kwidagadura, aho banahawe ibikoresho bibafasha gukora imyitozo ngororamubiri, nk’imipira y’amaguru, na bo bakanyuzamo bagashyiraho molari isanzwe nk’abasirikare baririmba indirimbo z’iwabo.

Lieutenat Kasereke Tshombe, aganira n’ikinyamakuru Igihe, yavuze ko bashimira ubuyobozi bw’u Rwanda kubera uburyo bwabakiriye neza, ku buryo bo batatekerezaga ko ari ko bizagenda.

Yagize ati “Icyo dusaba Guverinoma ya Congo ni ukudufasha gusubira iwacu, tugataha mu mahoro, yurasaba kandi guhabwa uburyo bwo kuvugana n’abo mu miryango yacu kugira ngo bamenye ko turi amahoro.”

Muri iki kigo bacumbikiwemo kigizwe n’inzu nziza zirimo n’ibikoresho nkenerwa, bacungirwa umutekano n’Ingabo z’u Rwanda.

Bacungiwe umutekano na RDF

Icyo itegeko mpuzamahanga rivuga

Impuguke mu by’amategeko, Dr Muleefu Alphonse avuga ko iyo abasirikare bahungiye mu Gihugu kitari mu mirwano nk’uko byagenze ku ba FARDC bahungiye mu Rwanda, icyo Gihugu cyabakiriye, kibaka intwaro, ubundi kikabashyira kure y’ahari kubera iyo mirwano.

Ati “Ntabwo baba bameze nk’imfungwa ariko ni mu buryo bushaka kumera nk’imfungwa. Ibyo bifite impamvu zitandukanye, hariho kugira ngo badasubira mu mirwano kuko baramutse basubiye mu mirwano, Igihugu cyaba gikoresheje ubutaka bwacyo nk’uburyo bwo gufasha mu ntambara, ariko ni mu buryo bwo kubasha gutoranya abarwanyi nyabo n’abatari abarwanyi kugira ngo babashe kurinda abasivile.”

Dr Muleefu avuga kandi ko muri icyo gihe baba bacumbikiwe, ari n’umwanya wo kubaha kugira ngo bagire amahitamo yo kuba bahagarika ibikorwa bya gisirikare, kugira ngo babe basubizwa mu buzima busanzwe, noneho bakaba bahabwa na bo ubuhunzi nk’ubuhabwa abasivile cyangwa bakaba basubira iwabo.

Ati “Ubundi hakanabaho no kuganira uburyo bazasubizwayo igihe ya ntambara yarangiye, ariko mu gihe intambara itararangira kandi bakaba batarareka kuba abarwanyi ntabwo wabasubizayo kuko ubasubijeyo waba ubahaye uburyo […]”

Dr Muleefu kandi avuga ko Igihugu cyakiriye abasirikare nk’abo, kiba kigomba kubarindira umutekano ndetse kikanabaha ibibafasha kubaho muri icyo gihe.

Bahawe imyenda yo kwambara kuko ntacyo bahunganye
Baravurwa neza n’umuganga wihariye bahawe
Bitekera kuri Gaz

Photos/Igihe

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 1 =

Previous Post

Ikipe ya Polisi y’u Rwanda yacanye umucyo mu irushanwa mpuzamahanga ry’Abapolisi bafite ubumenyi budasanzwe

Next Post

Hakuweho impungenge ku bakekaga ko ibyaye i Goma n’i Rubavu byagira ingaruka kuri ‘TourDuRwanda2025’

Related Posts

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

by radiotv10
01/01/2026
0

Feeling happy doesn’t always have to depend on what happens around you. Scientists say you can actually train your brain...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

by radiotv10
31/12/2025
0

Abantu babiri batawe muri yombi bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’abantu bane bo mu Murenge wa Rukoma mu Karere ka...

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Eng.-Rwanda’s Foreign Minister says FARDC spokesperson’s suspension was driven by Western pressure

by radiotv10
31/12/2025
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation of Rwanda, Olivier Nduhungirehe, says that the suspension of Major General Sylvain...

IZIHERUKA

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day
MU RWANDA

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

by radiotv10
01/01/2026
0

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

31/12/2025
Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

31/12/2025
Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hakuweho impungenge ku bakekaga ko ibyaye i Goma n’i Rubavu byagira ingaruka kuri ‘TourDuRwanda2025’

Hakuweho impungenge ku bakekaga ko ibyaye i Goma n’i Rubavu byagira ingaruka kuri ‘TourDuRwanda2025’

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.