Sunday, January 4, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Batekera kuri Gaz, baravurwa, bacungirwa umutekano na RDF,…Uko Aba FARDC bahungiye mu Rwanda babayeho

radiotv10by radiotv10
06/02/2025
in MU RWANDA
0
Batekera kuri Gaz, baravurwa, bacungirwa umutekano na RDF,…Uko Aba FARDC bahungiye mu Rwanda babayeho
Share on FacebookShare on Twitter

Abasirikare 131 ba FARDC baherutse guhungira mu Rwanda ubu bacumbikiwe mu kigo kiri mu Karere ka Rubavu, barishimira uburyo babayeho, kuko aho bari bitaweho birenze uko babitekerezaga, aho bahawe ibibatunga ndetse bakabyitekera bagendeye ku byo bashaka kurya.

Aba basirikare batangiye guhungira mu Rwanda mu gitondo cyo ku ya 27 Mutarama 2025 ubwo bari bamaze gukubitwa incuro na M23 mu rugamba rwari rubahanganishije, rwanasize uyu mutwe ubohoje Umujyi wa Goma nyuma y’imirwano ikomeye.

Ubwo binjiraga mu Rwanda, bagaragazaga igihunga cy’ibyo bari bamaze kwibonera, bahise bakirwa n’inzego z’umutekano z’u Rwanda zabanje kwaka intwaro abari bazifite, ndetse abari bafite ibikomere bahita batangira guhabwa ubutabazi bwihuse n’Ingabo z’u Rwanda zishinzwe Ubuvuzi.

Ubu bacumbikiwe mu Kigo kiri mu Murenge wa Rugerero mu Karere ka Rubavu, aho bitabwaho uko bikwiye, ndetse na bo bakabona n’umwanya wo kwidagadura.

Aha bacumbikiwe uko ari 131 barimo umugore umwe, ni bo bitegurira amafunguro, bagateka ayo bihitiyemo mu biribwa bahawe na Guverinoma y’u Rwanda, kandi bagatekera kuri Gaz.

Muri iki kigo bacumbikiwemo, bahawe ibikoresho byose bibafasha kugira ubuzima bwiza, birimo imyenda, iby’isuku, ibyo kuryamira, ndetse bakaba bafite n’umuganga ubitaho mu buzima bwa buri munsi.

Bafata amafunguro, ubundi bakagira n’umwanya wo kwidagadura, aho banahawe ibikoresho bibafasha gukora imyitozo ngororamubiri, nk’imipira y’amaguru, na bo bakanyuzamo bagashyiraho molari isanzwe nk’abasirikare baririmba indirimbo z’iwabo.

Lieutenat Kasereke Tshombe, aganira n’ikinyamakuru Igihe, yavuze ko bashimira ubuyobozi bw’u Rwanda kubera uburyo bwabakiriye neza, ku buryo bo batatekerezaga ko ari ko bizagenda.

Yagize ati “Icyo dusaba Guverinoma ya Congo ni ukudufasha gusubira iwacu, tugataha mu mahoro, yurasaba kandi guhabwa uburyo bwo kuvugana n’abo mu miryango yacu kugira ngo bamenye ko turi amahoro.”

Muri iki kigo bacumbikiwemo kigizwe n’inzu nziza zirimo n’ibikoresho nkenerwa, bacungirwa umutekano n’Ingabo z’u Rwanda.

Bacungiwe umutekano na RDF

Icyo itegeko mpuzamahanga rivuga

Impuguke mu by’amategeko, Dr Muleefu Alphonse avuga ko iyo abasirikare bahungiye mu Gihugu kitari mu mirwano nk’uko byagenze ku ba FARDC bahungiye mu Rwanda, icyo Gihugu cyabakiriye, kibaka intwaro, ubundi kikabashyira kure y’ahari kubera iyo mirwano.

Ati “Ntabwo baba bameze nk’imfungwa ariko ni mu buryo bushaka kumera nk’imfungwa. Ibyo bifite impamvu zitandukanye, hariho kugira ngo badasubira mu mirwano kuko baramutse basubiye mu mirwano, Igihugu cyaba gikoresheje ubutaka bwacyo nk’uburyo bwo gufasha mu ntambara, ariko ni mu buryo bwo kubasha gutoranya abarwanyi nyabo n’abatari abarwanyi kugira ngo babashe kurinda abasivile.”

Dr Muleefu avuga kandi ko muri icyo gihe baba bacumbikiwe, ari n’umwanya wo kubaha kugira ngo bagire amahitamo yo kuba bahagarika ibikorwa bya gisirikare, kugira ngo babe basubizwa mu buzima busanzwe, noneho bakaba bahabwa na bo ubuhunzi nk’ubuhabwa abasivile cyangwa bakaba basubira iwabo.

Ati “Ubundi hakanabaho no kuganira uburyo bazasubizwayo igihe ya ntambara yarangiye, ariko mu gihe intambara itararangira kandi bakaba batarareka kuba abarwanyi ntabwo wabasubizayo kuko ubasubijeyo waba ubahaye uburyo […]”

Dr Muleefu kandi avuga ko Igihugu cyakiriye abasirikare nk’abo, kiba kigomba kubarindira umutekano ndetse kikanabaha ibibafasha kubaho muri icyo gihe.

Bahawe imyenda yo kwambara kuko ntacyo bahunganye
Baravurwa neza n’umuganga wihariye bahawe
Bitekera kuri Gaz

Photos/Igihe

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 + fifteen =

Previous Post

Ikipe ya Polisi y’u Rwanda yacanye umucyo mu irushanwa mpuzamahanga ry’Abapolisi bafite ubumenyi budasanzwe

Next Post

Hakuweho impungenge ku bakekaga ko ibyaye i Goma n’i Rubavu byagira ingaruka kuri ‘TourDuRwanda2025’

Related Posts

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

by radiotv10
03/01/2026
0

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko hatangijwe gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara y’Umwijima wo mu bwoko bwa B rwiyongereye mu...

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

by radiotv10
03/01/2026
0

Abortion is a topic that often makes people feel strongly, and it can be hard to talk about. Today, let’s...

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

by radiotv10
02/01/2026
0

Congolese refugees living in Rwanda have sent a message to FARDC Major General Sylvain Ekenge, who recently used language that...

IZIHERUKA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza
AMAHANGA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

by radiotv10
04/01/2026
0

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

03/01/2026
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

03/01/2026
Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hakuweho impungenge ku bakekaga ko ibyaye i Goma n’i Rubavu byagira ingaruka kuri ‘TourDuRwanda2025’

Hakuweho impungenge ku bakekaga ko ibyaye i Goma n’i Rubavu byagira ingaruka kuri ‘TourDuRwanda2025’

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.