Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Batekera kuri Gaz, baravurwa, bacungirwa umutekano na RDF,…Uko Aba FARDC bahungiye mu Rwanda babayeho

radiotv10by radiotv10
06/02/2025
in MU RWANDA
0
Batekera kuri Gaz, baravurwa, bacungirwa umutekano na RDF,…Uko Aba FARDC bahungiye mu Rwanda babayeho
Share on FacebookShare on Twitter

Abasirikare 131 ba FARDC baherutse guhungira mu Rwanda ubu bacumbikiwe mu kigo kiri mu Karere ka Rubavu, barishimira uburyo babayeho, kuko aho bari bitaweho birenze uko babitekerezaga, aho bahawe ibibatunga ndetse bakabyitekera bagendeye ku byo bashaka kurya.

Aba basirikare batangiye guhungira mu Rwanda mu gitondo cyo ku ya 27 Mutarama 2025 ubwo bari bamaze gukubitwa incuro na M23 mu rugamba rwari rubahanganishije, rwanasize uyu mutwe ubohoje Umujyi wa Goma nyuma y’imirwano ikomeye.

Ubwo binjiraga mu Rwanda, bagaragazaga igihunga cy’ibyo bari bamaze kwibonera, bahise bakirwa n’inzego z’umutekano z’u Rwanda zabanje kwaka intwaro abari bazifite, ndetse abari bafite ibikomere bahita batangira guhabwa ubutabazi bwihuse n’Ingabo z’u Rwanda zishinzwe Ubuvuzi.

Ubu bacumbikiwe mu Kigo kiri mu Murenge wa Rugerero mu Karere ka Rubavu, aho bitabwaho uko bikwiye, ndetse na bo bakabona n’umwanya wo kwidagadura.

Aha bacumbikiwe uko ari 131 barimo umugore umwe, ni bo bitegurira amafunguro, bagateka ayo bihitiyemo mu biribwa bahawe na Guverinoma y’u Rwanda, kandi bagatekera kuri Gaz.

Muri iki kigo bacumbikiwemo, bahawe ibikoresho byose bibafasha kugira ubuzima bwiza, birimo imyenda, iby’isuku, ibyo kuryamira, ndetse bakaba bafite n’umuganga ubitaho mu buzima bwa buri munsi.

Bafata amafunguro, ubundi bakagira n’umwanya wo kwidagadura, aho banahawe ibikoresho bibafasha gukora imyitozo ngororamubiri, nk’imipira y’amaguru, na bo bakanyuzamo bagashyiraho molari isanzwe nk’abasirikare baririmba indirimbo z’iwabo.

Lieutenat Kasereke Tshombe, aganira n’ikinyamakuru Igihe, yavuze ko bashimira ubuyobozi bw’u Rwanda kubera uburyo bwabakiriye neza, ku buryo bo batatekerezaga ko ari ko bizagenda.

Yagize ati “Icyo dusaba Guverinoma ya Congo ni ukudufasha gusubira iwacu, tugataha mu mahoro, yurasaba kandi guhabwa uburyo bwo kuvugana n’abo mu miryango yacu kugira ngo bamenye ko turi amahoro.”

Muri iki kigo bacumbikiwemo kigizwe n’inzu nziza zirimo n’ibikoresho nkenerwa, bacungirwa umutekano n’Ingabo z’u Rwanda.

Bacungiwe umutekano na RDF

Icyo itegeko mpuzamahanga rivuga

Impuguke mu by’amategeko, Dr Muleefu Alphonse avuga ko iyo abasirikare bahungiye mu Gihugu kitari mu mirwano nk’uko byagenze ku ba FARDC bahungiye mu Rwanda, icyo Gihugu cyabakiriye, kibaka intwaro, ubundi kikabashyira kure y’ahari kubera iyo mirwano.

Ati “Ntabwo baba bameze nk’imfungwa ariko ni mu buryo bushaka kumera nk’imfungwa. Ibyo bifite impamvu zitandukanye, hariho kugira ngo badasubira mu mirwano kuko baramutse basubiye mu mirwano, Igihugu cyaba gikoresheje ubutaka bwacyo nk’uburyo bwo gufasha mu ntambara, ariko ni mu buryo bwo kubasha gutoranya abarwanyi nyabo n’abatari abarwanyi kugira ngo babashe kurinda abasivile.”

Dr Muleefu avuga kandi ko muri icyo gihe baba bacumbikiwe, ari n’umwanya wo kubaha kugira ngo bagire amahitamo yo kuba bahagarika ibikorwa bya gisirikare, kugira ngo babe basubizwa mu buzima busanzwe, noneho bakaba bahabwa na bo ubuhunzi nk’ubuhabwa abasivile cyangwa bakaba basubira iwabo.

Ati “Ubundi hakanabaho no kuganira uburyo bazasubizwayo igihe ya ntambara yarangiye, ariko mu gihe intambara itararangira kandi bakaba batarareka kuba abarwanyi ntabwo wabasubizayo kuko ubasubijeyo waba ubahaye uburyo […]”

Dr Muleefu kandi avuga ko Igihugu cyakiriye abasirikare nk’abo, kiba kigomba kubarindira umutekano ndetse kikanabaha ibibafasha kubaho muri icyo gihe.

Bahawe imyenda yo kwambara kuko ntacyo bahunganye
Baravurwa neza n’umuganga wihariye bahawe
Bitekera kuri Gaz

Photos/Igihe

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve + 2 =

Previous Post

Ikipe ya Polisi y’u Rwanda yacanye umucyo mu irushanwa mpuzamahanga ry’Abapolisi bafite ubumenyi budasanzwe

Next Post

Hakuweho impungenge ku bakekaga ko ibyaye i Goma n’i Rubavu byagira ingaruka kuri ‘TourDuRwanda2025’

Related Posts

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
09/01/2026
0

IZIHERUKA

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises
SIPORO

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

by radiotv10
10/01/2026
0

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hakuweho impungenge ku bakekaga ko ibyaye i Goma n’i Rubavu byagira ingaruka kuri ‘TourDuRwanda2025’

Hakuweho impungenge ku bakekaga ko ibyaye i Goma n’i Rubavu byagira ingaruka kuri ‘TourDuRwanda2025’

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.