Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Batekera kuri Gaz, baravurwa, bacungirwa umutekano na RDF,…Uko Aba FARDC bahungiye mu Rwanda babayeho

radiotv10by radiotv10
06/02/2025
in MU RWANDA
0
Batekera kuri Gaz, baravurwa, bacungirwa umutekano na RDF,…Uko Aba FARDC bahungiye mu Rwanda babayeho
Share on FacebookShare on Twitter

Abasirikare 131 ba FARDC baherutse guhungira mu Rwanda ubu bacumbikiwe mu kigo kiri mu Karere ka Rubavu, barishimira uburyo babayeho, kuko aho bari bitaweho birenze uko babitekerezaga, aho bahawe ibibatunga ndetse bakabyitekera bagendeye ku byo bashaka kurya.

Aba basirikare batangiye guhungira mu Rwanda mu gitondo cyo ku ya 27 Mutarama 2025 ubwo bari bamaze gukubitwa incuro na M23 mu rugamba rwari rubahanganishije, rwanasize uyu mutwe ubohoje Umujyi wa Goma nyuma y’imirwano ikomeye.

Ubwo binjiraga mu Rwanda, bagaragazaga igihunga cy’ibyo bari bamaze kwibonera, bahise bakirwa n’inzego z’umutekano z’u Rwanda zabanje kwaka intwaro abari bazifite, ndetse abari bafite ibikomere bahita batangira guhabwa ubutabazi bwihuse n’Ingabo z’u Rwanda zishinzwe Ubuvuzi.

Ubu bacumbikiwe mu Kigo kiri mu Murenge wa Rugerero mu Karere ka Rubavu, aho bitabwaho uko bikwiye, ndetse na bo bakabona n’umwanya wo kwidagadura.

Aha bacumbikiwe uko ari 131 barimo umugore umwe, ni bo bitegurira amafunguro, bagateka ayo bihitiyemo mu biribwa bahawe na Guverinoma y’u Rwanda, kandi bagatekera kuri Gaz.

Muri iki kigo bacumbikiwemo, bahawe ibikoresho byose bibafasha kugira ubuzima bwiza, birimo imyenda, iby’isuku, ibyo kuryamira, ndetse bakaba bafite n’umuganga ubitaho mu buzima bwa buri munsi.

Bafata amafunguro, ubundi bakagira n’umwanya wo kwidagadura, aho banahawe ibikoresho bibafasha gukora imyitozo ngororamubiri, nk’imipira y’amaguru, na bo bakanyuzamo bagashyiraho molari isanzwe nk’abasirikare baririmba indirimbo z’iwabo.

Lieutenat Kasereke Tshombe, aganira n’ikinyamakuru Igihe, yavuze ko bashimira ubuyobozi bw’u Rwanda kubera uburyo bwabakiriye neza, ku buryo bo batatekerezaga ko ari ko bizagenda.

Yagize ati “Icyo dusaba Guverinoma ya Congo ni ukudufasha gusubira iwacu, tugataha mu mahoro, yurasaba kandi guhabwa uburyo bwo kuvugana n’abo mu miryango yacu kugira ngo bamenye ko turi amahoro.”

Muri iki kigo bacumbikiwemo kigizwe n’inzu nziza zirimo n’ibikoresho nkenerwa, bacungirwa umutekano n’Ingabo z’u Rwanda.

Bacungiwe umutekano na RDF

Icyo itegeko mpuzamahanga rivuga

Impuguke mu by’amategeko, Dr Muleefu Alphonse avuga ko iyo abasirikare bahungiye mu Gihugu kitari mu mirwano nk’uko byagenze ku ba FARDC bahungiye mu Rwanda, icyo Gihugu cyabakiriye, kibaka intwaro, ubundi kikabashyira kure y’ahari kubera iyo mirwano.

Ati “Ntabwo baba bameze nk’imfungwa ariko ni mu buryo bushaka kumera nk’imfungwa. Ibyo bifite impamvu zitandukanye, hariho kugira ngo badasubira mu mirwano kuko baramutse basubiye mu mirwano, Igihugu cyaba gikoresheje ubutaka bwacyo nk’uburyo bwo gufasha mu ntambara, ariko ni mu buryo bwo kubasha gutoranya abarwanyi nyabo n’abatari abarwanyi kugira ngo babashe kurinda abasivile.”

Dr Muleefu avuga kandi ko muri icyo gihe baba bacumbikiwe, ari n’umwanya wo kubaha kugira ngo bagire amahitamo yo kuba bahagarika ibikorwa bya gisirikare, kugira ngo babe basubizwa mu buzima busanzwe, noneho bakaba bahabwa na bo ubuhunzi nk’ubuhabwa abasivile cyangwa bakaba basubira iwabo.

Ati “Ubundi hakanabaho no kuganira uburyo bazasubizwayo igihe ya ntambara yarangiye, ariko mu gihe intambara itararangira kandi bakaba batarareka kuba abarwanyi ntabwo wabasubizayo kuko ubasubijeyo waba ubahaye uburyo […]”

Dr Muleefu kandi avuga ko Igihugu cyakiriye abasirikare nk’abo, kiba kigomba kubarindira umutekano ndetse kikanabaha ibibafasha kubaho muri icyo gihe.

Bahawe imyenda yo kwambara kuko ntacyo bahunganye
Baravurwa neza n’umuganga wihariye bahawe
Bitekera kuri Gaz

Photos/Igihe

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve − one =

Previous Post

Ikipe ya Polisi y’u Rwanda yacanye umucyo mu irushanwa mpuzamahanga ry’Abapolisi bafite ubumenyi budasanzwe

Next Post

Hakuweho impungenge ku bakekaga ko ibyaye i Goma n’i Rubavu byagira ingaruka kuri ‘TourDuRwanda2025’

Related Posts

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda Rishinzwe Umutekano wo mu Muhanda, riratangaza ko abantu 92 bafashwe ku minsi mikuru ya Noheli...

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Imodoka nini yari ipakiye amakara yifashishwa mu gutunganya sima yari ivanye mu Gihugu cya Tanzania, yakoreye impanuka mu Murenge wa...

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

by radiotv10
07/01/2026
0

Umusaza w’imyaka 74 wo mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara ukurikiranyweho gushaka kwica umugore we amukubise umuhoro mu...

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

by radiotv10
07/01/2026
0

Umugore bivugwa ko yicuruzaga, yasanzwe munsi y’igitanda yapfuye muri Lodge iherereye ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere...

IZIHERUKA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda
MU RWANDA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

07/01/2026
Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hakuweho impungenge ku bakekaga ko ibyaye i Goma n’i Rubavu byagira ingaruka kuri ‘TourDuRwanda2025’

Hakuweho impungenge ku bakekaga ko ibyaye i Goma n’i Rubavu byagira ingaruka kuri ‘TourDuRwanda2025’

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.