Wednesday, January 21, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Bavuze ahantu hatangaje bajya bafungirwa bazizwa impamvu itavugwaho rumwe

radiotv10by radiotv10
06/03/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Bavuze ahantu hatangaje bajya bafungirwa bazizwa impamvu itavugwaho rumwe
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bajya bajyana amatungo mu isoko rya Misizi ryo mu Karere ka Muhanga, bavuga ko iyo basoreshejwe umusoro ntibawubone kuko baba batagurishije, bafungirwa mu ibagiro ry’amatungo ryegereye iri soko ndetse n’amatungo yabo bakabafungana.

Aba baturage babwiye RADIOTV10 ko atari rimwe cyangwa kabiri hagize abafungirwa mu ibagiro, mu gihe babuze amafaranga y’umusoro.

Bavuga kandi ko kabone nubwo uwatswe umusoro akawubura kuko atagurishije itungo yazanye mu isoko, bitabuza abamufunga kubikora.

Umwe ati “Ikibazo cya mbere dufite ni uko iyo ubuze amafaranga yo gusora utagurishije wirirwa muri iri soko, akenshi bakadufungira mu ibagiro.”

Undi muturage avuga ko n’ababa batabashije kugurisha amatungo bazanye, na bo bakwa umusoro kandi batigeze bakora ku ifaranga.

Ati “Rwose iyo tutagurishije badufungira hariya mu ibagiro amatungo bakayashyiramo, tukirirwamo…”

Bamwe muri aba baturage kandi bavuga ko hari abagera muri iri bagiro bafungirwamo bakaremberamo kubera imiterere yaho.

Undi ati “Hari n’igihe nigeze kurwara rwose ndaremba, babonye ko ngiye gupfa, barandekura.”

Ikindi kandi hari n’ababura amatungo yabo baba bazanye mu isoko kuko afunganwa n’ay’abandi, bigatuma hari abashobora kubyuririraho bagatwara ay’abandi.

Undi ati “Ndetse hakaba n’abayahaburira, ukabura aho wantangira icyo kibazo cy’amatungo yawe bikagushobera, ugataha. Nta mbabazi batugirira.”

Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga, Jacqueline Kayitare avuga ko ibitangazwa n’aba baturage atari byo kuko nta muturage urema isoko ajyanye itungo ngo asoreshwe atagurishije.

Yavuze ko abanga gusora bakabiryozwa ari abacuruzi b’amatungo baba bashaka kwanga gutanga umusoro kandi bari mu bucuruzi, aboneraho kwizeza abaturage bajyana amatungo mu isoko bagiye kujya batandukanywa n’abayacuruza.

Ati “Ikibazo gihari si icy’abaturage bazana amatungo ahubwo ikibazo ni icy’abacuruzi baza kurangura amatungo barangiza ntibasorere ubwo bucuruzi bakoze, bakaza kwisanisha n’umuturage wazanye itungo rye.”

Avuga ko abo bacuruzi iyo batabonye abakiliya b’amatungo baranguye bagashaka kuyatahana ari bwo bagira ibibazo n’abasoresha.

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − eleven =

Previous Post

Muri Congo hagezeyo abandi basirikare bihariye barimo abanyuze mu Rwanda

Next Post

Umuhanzi nyarwanda ukomeye ari mu maboko ya Polisi

Related Posts

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
20/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

by radiotv10
20/01/2026
0

Social media is part of our everyday life. It helps us connect with people, share information, and express ourselves. However,...

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

by radiotv10
20/01/2026
0

Abasirikare mu ngabo z’u Rwanda basanzwe ari inzobere mu by’ubwubatsi baherutse kujya muri Jamaica gutanga umusanzu mu gusana ibikorwa byangijwe...

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

by radiotv10
20/01/2026
0

Ambasaderi wa Brazil mu Rwanda, Irene Vida Gala; akomeje kugaragaza ibihe byiza agirira mu Rwanda bikamunyura, birimo kuba yarasogongeye bwa...

Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umwarimu wa Kaminuza imwe mu Rwanda afunzwe akurikiranyweho gusambanya abakobwa biga mu yisumbuye

by radiotv10
20/01/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwafunze umwarimu wo muri Kaminuza ukurikiranyweho icyaha cyo gusambanya abana b’abakobwa biga mu mashuri...

IZIHERUKA

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe
MU RWANDA

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
20/01/2026
0

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

20/01/2026
Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

20/01/2026
Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

20/01/2026
AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

20/01/2026
Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

20/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzi nyarwanda ukomeye ari mu maboko ya Polisi

Umuhanzi nyarwanda ukomeye ari mu maboko ya Polisi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.