Friday, December 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Bavuze ahantu hatangaje bajya bafungirwa bazizwa impamvu itavugwaho rumwe

radiotv10by radiotv10
06/03/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Bavuze ahantu hatangaje bajya bafungirwa bazizwa impamvu itavugwaho rumwe
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bajya bajyana amatungo mu isoko rya Misizi ryo mu Karere ka Muhanga, bavuga ko iyo basoreshejwe umusoro ntibawubone kuko baba batagurishije, bafungirwa mu ibagiro ry’amatungo ryegereye iri soko ndetse n’amatungo yabo bakabafungana.

Aba baturage babwiye RADIOTV10 ko atari rimwe cyangwa kabiri hagize abafungirwa mu ibagiro, mu gihe babuze amafaranga y’umusoro.

Bavuga kandi ko kabone nubwo uwatswe umusoro akawubura kuko atagurishije itungo yazanye mu isoko, bitabuza abamufunga kubikora.

Umwe ati “Ikibazo cya mbere dufite ni uko iyo ubuze amafaranga yo gusora utagurishije wirirwa muri iri soko, akenshi bakadufungira mu ibagiro.”

Undi muturage avuga ko n’ababa batabashije kugurisha amatungo bazanye, na bo bakwa umusoro kandi batigeze bakora ku ifaranga.

Ati “Rwose iyo tutagurishije badufungira hariya mu ibagiro amatungo bakayashyiramo, tukirirwamo…”

Bamwe muri aba baturage kandi bavuga ko hari abagera muri iri bagiro bafungirwamo bakaremberamo kubera imiterere yaho.

Undi ati “Hari n’igihe nigeze kurwara rwose ndaremba, babonye ko ngiye gupfa, barandekura.”

Ikindi kandi hari n’ababura amatungo yabo baba bazanye mu isoko kuko afunganwa n’ay’abandi, bigatuma hari abashobora kubyuririraho bagatwara ay’abandi.

Undi ati “Ndetse hakaba n’abayahaburira, ukabura aho wantangira icyo kibazo cy’amatungo yawe bikagushobera, ugataha. Nta mbabazi batugirira.”

Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga, Jacqueline Kayitare avuga ko ibitangazwa n’aba baturage atari byo kuko nta muturage urema isoko ajyanye itungo ngo asoreshwe atagurishije.

Yavuze ko abanga gusora bakabiryozwa ari abacuruzi b’amatungo baba bashaka kwanga gutanga umusoro kandi bari mu bucuruzi, aboneraho kwizeza abaturage bajyana amatungo mu isoko bagiye kujya batandukanywa n’abayacuruza.

Ati “Ikibazo gihari si icy’abaturage bazana amatungo ahubwo ikibazo ni icy’abacuruzi baza kurangura amatungo barangiza ntibasorere ubwo bucuruzi bakoze, bakaza kwisanisha n’umuturage wazanye itungo rye.”

Avuga ko abo bacuruzi iyo batabonye abakiliya b’amatungo baranguye bagashaka kuyatahana ari bwo bagira ibibazo n’abasoresha.

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − nine =

Previous Post

Muri Congo hagezeyo abandi basirikare bihariye barimo abanyuze mu Rwanda

Next Post

Umuhanzi nyarwanda ukomeye ari mu maboko ya Polisi

Related Posts

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
19/12/2025
0

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

by radiotv10
18/12/2025
1

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yatangaje ko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi ziherutse guhurira mu biganiro nyuma...

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

by radiotv10
18/12/2025
0

Kigali is quietly becoming one of Africa’s most attractive destinations for digital nomads. Known for its cleanliness, safety, strong internet...

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

by radiotv10
18/12/2025
0

From mobile money to online banking and QR-code payments, the world is rapidly moving toward a cashless society. In Rwanda,...

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

by radiotv10
18/12/2025
0

Abahinzi b’umuceri mu gishanga cya Cyunuzi bavuga ko umusaruro wabo utinda guhuza ibipimo bikenerwa kugira ngo ugurwe kuko batagira imashini...

IZIHERUKA

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we
MU RWANDA

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
19/12/2025
0

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

18/12/2025
Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

18/12/2025
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

18/12/2025
Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

18/12/2025
Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

18/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzi nyarwanda ukomeye ari mu maboko ya Polisi

Umuhanzi nyarwanda ukomeye ari mu maboko ya Polisi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.