Thursday, January 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Bavuze umugenzo wo hambere waturishaga Inkuba yakubita ntigire uwo yica

radiotv10by radiotv10
13/02/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Bavuze umugenzo wo hambere waturishaga Inkuba yakubita ntigire uwo yica
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Ntara y’Iburengerazuba, bavuga ko hari uburyo gakondo bakoreshaga mu kwirinda ko inkuba zikubita abantu zikabica, bo bita ‘umwami wo hejuru’, bakamuvugiriza impundu n’amashyi, bamuturisha kugira ngo atarakara.

Ni abaturage bo mu Turere rwa Rubavu na Rutsiro, babwiye RADIOTV10 ko igihe inkuba ikubitse, aba ari umwami wo hejuru uba asuye uwo hasi, bityo ko iyo aje, abantu baba bakwiye kumuturisha bamuvugiriza impundu n’amashyi, ingoma n’ibindi bikoresho byifashishwa nk’amasuka, kugira ngo uwo mwami atuze.

Mu buhamya bwa bamwe mu baturage bakoze cyangwa babonye aho bakora uyu mugenzo, bavuga ko n’abato bakwiye kuwumenya kuko wabafasha guhangana n’izo nkuba za hato na hato.

Umwe mu baturage ati “Ikubita kabiri ni ihame, ariko iyo bavugije udusuka, bagatera impundu, bakishima, ikubita rimwe ngo na yo ikishima kuko ngo ari umwami wo hejuru akishima rero ngo ntagaruke.”

Uyu muturage usa nk’utanga ubuhamya, agira ati “Nabyiboneyeho n’amaso yanjye, twari tuvuye mu bukwe kwa data wacu, uwo mugabo rero hari ku musozi nk’uko twazamuka uriya twagiye kubona tubona inkuba iramukubise, uwo mugabo yitwaga Sildio ntabwo yapfuye, noneho abantu barahurura baravuga ngo ntihagire urira ngo ahubwo mutere impundu ngo ayiiii bavuza n’utugoma bajya no kuzana amafuni bakajya bayakomanganya.

Hari ahantu yakubise mu gasoko, ubwo ikubita abantu bagwa igihumure, ubwo ngubwo rero abakuru bari aho bavuza impundu.”

Abo baturage bakomeza bashimangira ko gucika k’uyu muco ngo byaba ari intandaro y’impfu nyinshi z’abicwa n’inkuba.

Undi ati “Impamvu ubu abantu bakubitwa n’inkuba bagapfa cyane, ni uko uwo muco wa cyera ba nyogokuru batubwiraga ubu abana ntabwo bawuzi.”

Hari n’abavuga ko batumva uko iyi myemerere yaba ari ukuri bakavuga ko nta shingiro ifite. Umwe ati “Ibyo bintu ntabwo byaba ari ukuri byaba ari imihango ya gipagani.”

INKURU MU MASHUSHO

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 + 20 =

Previous Post

RDF yagaragaje ibisabwa ku Banyarwanda bose bifuza kwinjira mu gisirikare ku rwego rw’Abofisiye

Next Post

Umunyamakuru ukunzwe mu Rwanda bwa mbere yahishuye ko yigeze gusohora indirimbo

Related Posts

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

IZIHERUKA

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse
MU RWANDA

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyamakuru ukunzwe mu Rwanda bwa mbere yahishuye ko yigeze gusohora indirimbo

Umunyamakuru ukunzwe mu Rwanda bwa mbere yahishuye ko yigeze gusohora indirimbo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.