Sunday, January 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Bazamuye ingingo nshya idakunze gutekerezwaho y’icyatuma umusore n’inkumi batarushingana- Impaka zidasanzwe

radiotv10by radiotv10
21/03/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Bazamuye ingingo nshya idakunze gutekerezwaho y’icyatuma umusore n’inkumi batarushingana- Impaka zidasanzwe
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu basore bavuga ko imyemerere y’idini ishobora kuba intambamyi yo gushinga urugo, kuko abantu badahuje idini hari byinshi baba badahuriyeho bishobora gutuma batarwubaka ngo ruhame, mu gihe abakobwa bo bavuga ko ikiruta byose ari ubwumvikane.

Ubusanzwe gukundana hagati y’umukobwa n’umuhungu, hari igihe byizana biturutse ku marangamutima n’ibyiyumviro bibazamukamo, bigatuma umwe yiyumva muri undi.

Uku kwibonanamo hagati y’umusore n’umukobwa, gushobora kuza ntacyo gushingiyeho nko kuba bahuje imyemerere cyangwa bumva ibintu kimwe.

Gusa bamwe mu basore n’inkumi bavuga ko nubwo umusore n’umukobwa bashobora gukundana muri ubu buryo, ariko ibyo kuba bashinga urugo byo biba bitandukanye, kuko bisaba kuba hari ibyo bahuriyeho nk’imyemerere.

Mu kiganiro bamwe mu basore bagiranye na RADIOTV10, bavuze ko iyo umukobwa n’umuhungu biyemeje kubana, baba bagomba kurenga amarangamutima, bakagira ibyo bumvikanaho.

Umusore umwe yagize ati “Ntabwo twabana kuko umuntu mudahuje imyemerere ntaha agaciro ibyo ukunda. Ntabwo mwabana ngo mushobokane. Kudaha agaciro amahame yawe ni byo bishobora gutuma mutabana, kuko umwe yaba abangamiye undi mu myemerere.”

Undi musore avuga ko byagorana mu gihe mwaba mwarashakanye, ukabona uwo mwashakanye agiye gusengera aho udasengera, nawe ukajya ahandi.

Ati “Ese umuntu agiye gusengera ahantu nawe udasangera, ubwo muzahuza imyemerere gute? Iyo mudahuje idini nta n’ubwo muba muhuje ibitekerezo buriya.”

Aba basore bavuga ko urugo rwubatswe n’abadahuje imyemerere, rudashobora gutera imbere kuko hari byinshi baba badahuza muri gahunda z’iterambere ry’urugo.

Undi ati “Iyo umuntu mudahuje imyemerere biba binagoye gukorera hamwe kuko igihe mwagakoreye urugo, umwe aba yagiye gusenga, urumva mushobora kumara nk’iminsi ibiri mudakora kuko muba mutandukanyije amadini.”

 

Abakobwa bo babivuga ukundi

Abakobwa bo bavuga ko idini ridakwiye kubangamira abashimanye ku buryo byababuza kurwubakana kuko urugo rwubakwa n’ubwumvikane kuruta imyemerere.

Umwe ati “Birashoboka bitewe n’ubwumvikane bwanyu, igihe ntawubangamiye undi, mwese mwabyumvikanyeho mwabana.”

Undi mukobwa yagize ati “Kubana n’imyemerere ntaho bihuriye, biterwa n’ubwumvikane buri hagati yanyu, mwabana.”

Hakunda kumvikana abagiye gushakana, bigasaba ko umwe ahindura akajya mu idini ry’undi, kugira ngo babashe gusezeranywa mu itorero.

Abahanga mu bijyanye n’imibanire y’abashakanye, bo bemeza ko kuba abantu badahuje imyerere bitari mu ngingo zikomeye zatuma abantu badashinga urugo rukomeye, kuko baba ibyo baba bashobora guhuza biruka iby’imyemerere.

 

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 5 =

Previous Post

Muhoozi yagaragaje icyo agiye gukorera umuraperi w’ibihe byose umaze imyaka 27 yiciwe muri USA

Next Post

Moses yongeye kunyeganyeza imbuga nkoranyambaga kubera ifoto yifashe ukuntu kudasanzwe

Related Posts

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Moses yongeye kunyeganyeza imbuga nkoranyambaga kubera ifoto yifashe ukuntu kudasanzwe

Moses yongeye kunyeganyeza imbuga nkoranyambaga kubera ifoto yifashe ukuntu kudasanzwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.