Thursday, January 1, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Bazamuye ingingo nshya idakunze gutekerezwaho y’icyatuma umusore n’inkumi batarushingana- Impaka zidasanzwe

radiotv10by radiotv10
21/03/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Bazamuye ingingo nshya idakunze gutekerezwaho y’icyatuma umusore n’inkumi batarushingana- Impaka zidasanzwe
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu basore bavuga ko imyemerere y’idini ishobora kuba intambamyi yo gushinga urugo, kuko abantu badahuje idini hari byinshi baba badahuriyeho bishobora gutuma batarwubaka ngo ruhame, mu gihe abakobwa bo bavuga ko ikiruta byose ari ubwumvikane.

Ubusanzwe gukundana hagati y’umukobwa n’umuhungu, hari igihe byizana biturutse ku marangamutima n’ibyiyumviro bibazamukamo, bigatuma umwe yiyumva muri undi.

Uku kwibonanamo hagati y’umusore n’umukobwa, gushobora kuza ntacyo gushingiyeho nko kuba bahuje imyemerere cyangwa bumva ibintu kimwe.

Gusa bamwe mu basore n’inkumi bavuga ko nubwo umusore n’umukobwa bashobora gukundana muri ubu buryo, ariko ibyo kuba bashinga urugo byo biba bitandukanye, kuko bisaba kuba hari ibyo bahuriyeho nk’imyemerere.

Mu kiganiro bamwe mu basore bagiranye na RADIOTV10, bavuze ko iyo umukobwa n’umuhungu biyemeje kubana, baba bagomba kurenga amarangamutima, bakagira ibyo bumvikanaho.

Umusore umwe yagize ati “Ntabwo twabana kuko umuntu mudahuje imyemerere ntaha agaciro ibyo ukunda. Ntabwo mwabana ngo mushobokane. Kudaha agaciro amahame yawe ni byo bishobora gutuma mutabana, kuko umwe yaba abangamiye undi mu myemerere.”

Undi musore avuga ko byagorana mu gihe mwaba mwarashakanye, ukabona uwo mwashakanye agiye gusengera aho udasengera, nawe ukajya ahandi.

Ati “Ese umuntu agiye gusengera ahantu nawe udasangera, ubwo muzahuza imyemerere gute? Iyo mudahuje idini nta n’ubwo muba muhuje ibitekerezo buriya.”

Aba basore bavuga ko urugo rwubatswe n’abadahuje imyemerere, rudashobora gutera imbere kuko hari byinshi baba badahuza muri gahunda z’iterambere ry’urugo.

Undi ati “Iyo umuntu mudahuje imyemerere biba binagoye gukorera hamwe kuko igihe mwagakoreye urugo, umwe aba yagiye gusenga, urumva mushobora kumara nk’iminsi ibiri mudakora kuko muba mutandukanyije amadini.”

 

Abakobwa bo babivuga ukundi

Abakobwa bo bavuga ko idini ridakwiye kubangamira abashimanye ku buryo byababuza kurwubakana kuko urugo rwubakwa n’ubwumvikane kuruta imyemerere.

Umwe ati “Birashoboka bitewe n’ubwumvikane bwanyu, igihe ntawubangamiye undi, mwese mwabyumvikanyeho mwabana.”

Undi mukobwa yagize ati “Kubana n’imyemerere ntaho bihuriye, biterwa n’ubwumvikane buri hagati yanyu, mwabana.”

Hakunda kumvikana abagiye gushakana, bigasaba ko umwe ahindura akajya mu idini ry’undi, kugira ngo babashe gusezeranywa mu itorero.

Abahanga mu bijyanye n’imibanire y’abashakanye, bo bemeza ko kuba abantu badahuje imyerere bitari mu ngingo zikomeye zatuma abantu badashinga urugo rukomeye, kuko baba ibyo baba bashobora guhuza biruka iby’imyemerere.

 

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − 10 =

Previous Post

Muhoozi yagaragaje icyo agiye gukorera umuraperi w’ibihe byose umaze imyaka 27 yiciwe muri USA

Next Post

Moses yongeye kunyeganyeza imbuga nkoranyambaga kubera ifoto yifashe ukuntu kudasanzwe

Related Posts

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

by radiotv10
01/01/2026
0

Feeling happy doesn’t always have to depend on what happens around you. Scientists say you can actually train your brain...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

IZIHERUKA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka
MU RWANDA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

01/01/2026
Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

01/01/2026
12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

01/01/2026
Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Moses yongeye kunyeganyeza imbuga nkoranyambaga kubera ifoto yifashe ukuntu kudasanzwe

Moses yongeye kunyeganyeza imbuga nkoranyambaga kubera ifoto yifashe ukuntu kudasanzwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.