Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Bazamuye ingingo nshya idakunze gutekerezwaho y’icyatuma umusore n’inkumi batarushingana- Impaka zidasanzwe

radiotv10by radiotv10
21/03/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Bazamuye ingingo nshya idakunze gutekerezwaho y’icyatuma umusore n’inkumi batarushingana- Impaka zidasanzwe
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu basore bavuga ko imyemerere y’idini ishobora kuba intambamyi yo gushinga urugo, kuko abantu badahuje idini hari byinshi baba badahuriyeho bishobora gutuma batarwubaka ngo ruhame, mu gihe abakobwa bo bavuga ko ikiruta byose ari ubwumvikane.

Ubusanzwe gukundana hagati y’umukobwa n’umuhungu, hari igihe byizana biturutse ku marangamutima n’ibyiyumviro bibazamukamo, bigatuma umwe yiyumva muri undi.

Uku kwibonanamo hagati y’umusore n’umukobwa, gushobora kuza ntacyo gushingiyeho nko kuba bahuje imyemerere cyangwa bumva ibintu kimwe.

Gusa bamwe mu basore n’inkumi bavuga ko nubwo umusore n’umukobwa bashobora gukundana muri ubu buryo, ariko ibyo kuba bashinga urugo byo biba bitandukanye, kuko bisaba kuba hari ibyo bahuriyeho nk’imyemerere.

Mu kiganiro bamwe mu basore bagiranye na RADIOTV10, bavuze ko iyo umukobwa n’umuhungu biyemeje kubana, baba bagomba kurenga amarangamutima, bakagira ibyo bumvikanaho.

Umusore umwe yagize ati “Ntabwo twabana kuko umuntu mudahuje imyemerere ntaha agaciro ibyo ukunda. Ntabwo mwabana ngo mushobokane. Kudaha agaciro amahame yawe ni byo bishobora gutuma mutabana, kuko umwe yaba abangamiye undi mu myemerere.”

Undi musore avuga ko byagorana mu gihe mwaba mwarashakanye, ukabona uwo mwashakanye agiye gusengera aho udasengera, nawe ukajya ahandi.

Ati “Ese umuntu agiye gusengera ahantu nawe udasangera, ubwo muzahuza imyemerere gute? Iyo mudahuje idini nta n’ubwo muba muhuje ibitekerezo buriya.”

Aba basore bavuga ko urugo rwubatswe n’abadahuje imyemerere, rudashobora gutera imbere kuko hari byinshi baba badahuza muri gahunda z’iterambere ry’urugo.

Undi ati “Iyo umuntu mudahuje imyemerere biba binagoye gukorera hamwe kuko igihe mwagakoreye urugo, umwe aba yagiye gusenga, urumva mushobora kumara nk’iminsi ibiri mudakora kuko muba mutandukanyije amadini.”

 

Abakobwa bo babivuga ukundi

Abakobwa bo bavuga ko idini ridakwiye kubangamira abashimanye ku buryo byababuza kurwubakana kuko urugo rwubakwa n’ubwumvikane kuruta imyemerere.

Umwe ati “Birashoboka bitewe n’ubwumvikane bwanyu, igihe ntawubangamiye undi, mwese mwabyumvikanyeho mwabana.”

Undi mukobwa yagize ati “Kubana n’imyemerere ntaho bihuriye, biterwa n’ubwumvikane buri hagati yanyu, mwabana.”

Hakunda kumvikana abagiye gushakana, bigasaba ko umwe ahindura akajya mu idini ry’undi, kugira ngo babashe gusezeranywa mu itorero.

Abahanga mu bijyanye n’imibanire y’abashakanye, bo bemeza ko kuba abantu badahuje imyerere bitari mu ngingo zikomeye zatuma abantu badashinga urugo rukomeye, kuko baba ibyo baba bashobora guhuza biruka iby’imyemerere.

 

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − 18 =

Previous Post

Muhoozi yagaragaje icyo agiye gukorera umuraperi w’ibihe byose umaze imyaka 27 yiciwe muri USA

Next Post

Moses yongeye kunyeganyeza imbuga nkoranyambaga kubera ifoto yifashe ukuntu kudasanzwe

Related Posts

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

by radiotv10
07/01/2026
0

Umugore bivugwa ko yicuruzaga, yasanzwe munsi y’igitanda yapfuye muri Lodge iherereye ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere...

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

by radiotv10
07/01/2026
0

Have you ever noticed how January feels like a fresh start? Suddenly, people are setting goals, joining gyms, or trying...

Ibirambuye ku mugabo ukekwaho Jenoside wari umaze imyaka 23 yihisha mu mwobo ucukuye mu nzu

Uko Urukiko rwanzuye mu rubanza rw’umugabo wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo kubera ibyaha bikomeye

by radiotv10
06/01/2026
0

Umugabo witwa Ntarindwa Emmanuel wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo bacukuye mu nzu y’umugore babanaga kubera kugira uruhare muri Jenoside...

Rwanda Strengthens Its Position in the Global Tungsten Supply Chain

Rwanda Strengthens Its Position in the Global Tungsten Supply Chain

by radiotv10
06/01/2026
0

Deep beneath the hills of Nyakabingo in Rulindo District, northern Rwanda, lies one of Africa’s most important sources of tungsten,...

IZIHERUKA

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo
AMAHANGA

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

by radiotv10
07/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

07/01/2026
Bidasubirwaho Muhadjiri wari umaze iminsi nta kipe ubu ni umukinnyi w’iyo muri Kenya

Bidasubirwaho Muhadjiri wari umaze iminsi nta kipe ubu ni umukinnyi w’iyo muri Kenya

07/01/2026
Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Moses yongeye kunyeganyeza imbuga nkoranyambaga kubera ifoto yifashe ukuntu kudasanzwe

Moses yongeye kunyeganyeza imbuga nkoranyambaga kubera ifoto yifashe ukuntu kudasanzwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.