Thursday, December 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Bicamumpaka wabaye Minisitiri muri Leta y’Abatabazi yapfiriye muri Kenya

radiotv10by radiotv10
19/05/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Bicamumpaka wabaye Minisitiri muri Leta y’Abatabazi yapfiriye muri Kenya
Share on FacebookShare on Twitter

Jérôme Bicamumpaka wabaye Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga muri leta yiyise iy’abatabazi, waburanishijwe n’Urukiko Mpuzamahanga rwashyiriweho u Rwanda i Arusha, yapfiriye muri Kenya.

Jérôme Bicamumpaka wari wararekuwe n’Urukiko rw’i Arusha, na we ari mu Banyarwanda bagombaga kwerecyeza muri Niger ariko akaza kuguma i Arusha kubera uburwayi.

Amakuru yizewe yageze kuri RADIOTV10, yemeza ko uyu mugabo wabaye umwe mu bari bagize Guverinoma yiyise iy’abatabazi, yapfiriye i Nairobi muri Kenya aho yari arwariye.

Uyu Jérôme Bicamumpaka waburanishijwe na ICTR/TPIR, yari yaragizwe umwere n’uru rukiko akaba yari yarabanje kubura Igihugu kimwakira kimwe na bamwe mu Banyarwanda bari baraburanishijwe n’uru rukiko.

Amasezerano uru rukiko rw’Umuryango w’Abibumbye rwagiranye na Leta ya Niger yo koherezayo Abanyarwanda barimo abari bararangije ibihano n’abagizwe abere, yatumye abagera muri barindwi berecyeza muri iki Gihugu mu gihe uyu Jérôme Bicamumpaka we yari yasigaye kubera uburwayi.

Uyu Jérôme Bicamumpaka asanzwe afite umuryango muri Canada, ariko iki Gihugu cyari cyaranze kumwakira.

Uyu mugabo wapfuye ku myaka 65 y’amavuko, ni umwe mu bantu 402 bashinze ishyaka rya MDR ryashinzwe mu 1991, akaba yaravukiye mu yahoze ari Komini Ruhondo muri Perefegitura ya Ruhengeri.

Muri Nyakanga 1994 kimwe n’abandi bari bamaze kuyobora umugambi wa Jenoside Yakorewe Abatutsi, yahungiye mu cyahoze ari Zaire, nyuma za kujya i Yaoundé muri Cameroon.

Muri Mata 1999 yatawe muri yombi n’Ubushinjacyaha bwa ICTR/TPIR ashinjwa kugira uruhare rukomeye muri Jenoside Yakorewe Abatutsi atangira kuburanishwa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − 14 =

Previous Post

Huye: Umugabo ukekwaho gusambanya umwana w’imyaka 5 bamuguyeho yamukuyemo imyenda

Next Post

AMAFOTO: Imodoka yatsindiye igihembo cy’umwaka nk’ibereye abagore

Related Posts

Ni gute hatahuwe abakurikiranyweho kunyereza amafaranga y’Ikigo cya Gisirikare mu Rwanda

Ni gute hatahuwe abakurikiranyweho kunyereza amafaranga y’Ikigo cya Gisirikare mu Rwanda

by radiotv10
11/12/2025
0

Abantu 15 barimo abaganga, n’abanyamuryango b’Ikigo cya Gisirikare cy’Ubwishingizi ku Ndwara (MMI), bakuriranyweho kunyereza amafaranga y’iki Kigo, aho batahuwe ubwo...

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

by radiotv10
11/12/2025
0

Umukozi ushinzwe imyirwarire y’abanyeshuri mu ishuri rya Saint Trinité de Ruhango riherereye mu Karere ka Ruhango, yatawe muri yombi n’Urwego...

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Min.Nduhungirehe yavuze gihamya ibeshyuza ababeshye ko hari bombe zavuye Bugarama zarashwe Kamanyola

by radiotv10
11/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwerera, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko abazamuye ibirego by’ibinyoma bivuga ko hari ibisasu byarashwe muri Kamanyola biturutse...

Ibizamini bya Leta: Imitsindire muri ‘O Level’ yasubiye inyuma, muri ‘Primaire’ irazamuka

Hagaragajwe impamvu zituma amashuri y’i Kigali adatsindisha bishimishije mu bizamini bya Leta

by radiotv10
11/12/2025
0

Mu nama nyunguranabitekerezo yahurije hamwe inzego z’uburezi mu Mujyi wa Kigali, haganiriwe ku mpamvu zituma amashuri yo muri uyu Mujyi...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

by radiotv10
10/12/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko Umupolisi wo mu Murenge wa Boneza mu Karere ka Rutsiro, yarashe abantu babiri barimo Umu-DASSO...

IZIHERUKA

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad wa mu Rukiko yambaye bidasanzwe
IBYAMAMARE

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad wa mu Rukiko yambaye bidasanzwe

by radiotv10
11/12/2025
0

Ni gute hatahuwe abakurikiranyweho kunyereza amafaranga y’Ikigo cya Gisirikare mu Rwanda

Ni gute hatahuwe abakurikiranyweho kunyereza amafaranga y’Ikigo cya Gisirikare mu Rwanda

11/12/2025
AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

11/12/2025
Uko byagenze ubwo umuhanzi Lionel Sentore yahuraga n’umubyeyi we baherukanaga mu myaka 13 ishize

Uko byagenze ubwo umuhanzi Lionel Sentore yahuraga n’umubyeyi we baherukanaga mu myaka 13 ishize

11/12/2025
Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

11/12/2025
Nyuma yuko abasirikare b’u Burundi butsinzwe na AFC/M23 muri Uvira Igihugu cyabo cyahise gifata icyemezo

Nyuma yuko abasirikare b’u Burundi butsinzwe na AFC/M23 muri Uvira Igihugu cyabo cyahise gifata icyemezo

11/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
AMAFOTO: Imodoka yatsindiye igihembo cy’umwaka nk’ibereye abagore

AMAFOTO: Imodoka yatsindiye igihembo cy’umwaka nk'ibereye abagore

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad wa mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Ni gute hatahuwe abakurikiranyweho kunyereza amafaranga y’Ikigo cya Gisirikare mu Rwanda

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.