Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Bicamumpaka wabaye Minisitiri muri Leta y’Abatabazi yapfiriye muri Kenya

radiotv10by radiotv10
19/05/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Bicamumpaka wabaye Minisitiri muri Leta y’Abatabazi yapfiriye muri Kenya
Share on FacebookShare on Twitter

Jérôme Bicamumpaka wabaye Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga muri leta yiyise iy’abatabazi, waburanishijwe n’Urukiko Mpuzamahanga rwashyiriweho u Rwanda i Arusha, yapfiriye muri Kenya.

Jérôme Bicamumpaka wari wararekuwe n’Urukiko rw’i Arusha, na we ari mu Banyarwanda bagombaga kwerecyeza muri Niger ariko akaza kuguma i Arusha kubera uburwayi.

Amakuru yizewe yageze kuri RADIOTV10, yemeza ko uyu mugabo wabaye umwe mu bari bagize Guverinoma yiyise iy’abatabazi, yapfiriye i Nairobi muri Kenya aho yari arwariye.

Uyu Jérôme Bicamumpaka waburanishijwe na ICTR/TPIR, yari yaragizwe umwere n’uru rukiko akaba yari yarabanje kubura Igihugu kimwakira kimwe na bamwe mu Banyarwanda bari baraburanishijwe n’uru rukiko.

Amasezerano uru rukiko rw’Umuryango w’Abibumbye rwagiranye na Leta ya Niger yo koherezayo Abanyarwanda barimo abari bararangije ibihano n’abagizwe abere, yatumye abagera muri barindwi berecyeza muri iki Gihugu mu gihe uyu Jérôme Bicamumpaka we yari yasigaye kubera uburwayi.

Uyu Jérôme Bicamumpaka asanzwe afite umuryango muri Canada, ariko iki Gihugu cyari cyaranze kumwakira.

Uyu mugabo wapfuye ku myaka 65 y’amavuko, ni umwe mu bantu 402 bashinze ishyaka rya MDR ryashinzwe mu 1991, akaba yaravukiye mu yahoze ari Komini Ruhondo muri Perefegitura ya Ruhengeri.

Muri Nyakanga 1994 kimwe n’abandi bari bamaze kuyobora umugambi wa Jenoside Yakorewe Abatutsi, yahungiye mu cyahoze ari Zaire, nyuma za kujya i Yaoundé muri Cameroon.

Muri Mata 1999 yatawe muri yombi n’Ubushinjacyaha bwa ICTR/TPIR ashinjwa kugira uruhare rukomeye muri Jenoside Yakorewe Abatutsi atangira kuburanishwa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − 13 =

Previous Post

Huye: Umugabo ukekwaho gusambanya umwana w’imyaka 5 bamuguyeho yamukuyemo imyenda

Next Post

AMAFOTO: Imodoka yatsindiye igihembo cy’umwaka nk’ibereye abagore

Related Posts

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

IZIHERUKA

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze
IMIBEREHO MYIZA

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
AMAFOTO: Imodoka yatsindiye igihembo cy’umwaka nk’ibereye abagore

AMAFOTO: Imodoka yatsindiye igihembo cy’umwaka nk'ibereye abagore

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.