Monday, November 24, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Bidateye kabiri Congo iratunguranye ihita itangaza ibinyuranye n’ibyemerejwe i Burundi

radiotv10by radiotv10
07/02/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Bidateye kabiri Congo iratunguranye ihita itangaza ibinyuranye n’ibyemerejwe i Burundi
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’umunsi umwe Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba bahuriye mu nama idasanzwe bakemeranya ko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo iganira na M23, Guverinoma y’iki Gihugu, yatsembye ivuga ko idashobora kuganira n’uyu mutwe, igaragaza ibyo ukwiye kubanza kubahiriza.

Inama idasanzwe y’Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba yateranye ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize i Bujumbura mu Burundi.

Iyi nama yafatiwemo imyanzuro itandukanye irimo usaba Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kuganira n’imitwe yose irimo na M23 yakomeje guheza mu biganiro.

Muri iyi nama yabereye i Bujumbura, Perezida Felix Tshisekedi yemeye ko Guverinoma ye izaganira n’umutwe wa M23, nkuko byemejwe n’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane y’u Rwanda ushinzwe ibikorwa bya EAC, Prof Nshuti Manasseh wari muri iyi nama.

Gusa Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yahakanye ibyo kuganira n’uyu mutwe wa M23 yamaze kubatiza uw’iterabwoba.

Mu kiganiro Minisitiri w’Itumanaho n’Itangazamakuru, Patrick Muyaya akaba n’Umuvugizi wa Guverinoma ya DRC yagiranye n’abanyamakuru kuri uyu wa Mbere tariki 06 Gashyantare 2023, yavuze ko badashobora kuganira na M23.

Yagize ati “Ntabwo twiteguye kugirana ibiganiro na M23. Byumvikane neza, hari ibigomba kubahirizwa kugira ngo tuganire na M23 no kubura umubano n’u Rwanda kandi bikubiye mu byemezo by’i Luanda. Icya mbere ni hagomba guhagarikwa imirwano, bakarekura ibice bafashe bagasubira muri Sabyinyo, ubundi tukaba twagirana ibiganiro.”

Patrick Muyaya yakomeje avuga ko mu gihe ibi bitakubahirizwa, Guverinoma ya Congo Kinshasa idashobora kuganira na M23.

Uyu Muvugizi wa Guverinoma ya DRC yanagarutse kuri iriya nama y’i Bujumbura, avuga ko Perezida Tshisekedi nta nyandiko yaba yarashyizeho umukono, nkuko byagaragajwe mu mafoto.

Yagize ati “Hari amafoto yagiye acaraca ariko nta nyandiko Perezida wa Repubulika yashyizeho umukono hariya, icyabaye byari ibiganiro byateguwe n’Umunyamabanga Mukuru wa EAC, cyakora muri biriya biganiro habayeho gusasa inzobe.”

Patrick Muyaya yavuze ko nta mpamvu yo kuba Igihugu cye cyari kugira ibyemezo gisinyaho mu gihe cyemera imyanzuro yafatiwe mu nama y’i Luanda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 3 =

Previous Post

VIDEO: Mu Rwanda habonetse isoko banyuzamo bagahindura urusengero bakiragiza Uwiteka

Next Post

Abahanzi bafatanye mu mashati mu bihembo bikomeye bakomeje guteza urujijo

Related Posts

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons

by radiotv10
24/11/2025
0

The AFC/M23 coalition, which opposes the government of the Democratic Republic of Congo (DRC), has announced that the forces they...

Uko byagenze ngo FARDC n’umwe mu mitwe iyifasha bakozanyeho mu mirwano noneho ikomeye

Uko byagenze ngo FARDC n’umwe mu mitwe iyifasha bakozanyeho mu mirwano noneho ikomeye

by radiotv10
24/11/2025
0

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) cyongeye gukozanyaho n’umutwe wa Wazalendo basanzwe bakorana, mu mirwano yabereye muri Uvira...

Mu mirwano ihanganishije AFC/M23 na FARDC n’abayifasha hongeye gukoreshwa intwaro za rutura

Mu mirwano ihanganishije AFC/M23 na FARDC n’abayifasha hongeye gukoreshwa intwaro za rutura

by radiotv10
24/11/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riratangaza ko uruhande bahanganye rugizwe n’abarimo FARDC, FDLR n’igisirikare...

Haravugwa amakuru meza kuri bamwe mu bana b’abakobwa 300 bashimutiwe mu ishuri ry’Abihayimana muri Nigeria

Haravugwa amakuru meza kuri bamwe mu bana b’abakobwa 300 bashimutiwe mu ishuri ry’Abihayimana muri Nigeria

by radiotv10
24/11/2025
0

Abana 50 muri 303 bashimutiwe mu ishuri ry’Abihayimana Gatulika ryitiriwe Mutagatifu Mariya (St Mary’s Catholic School), riherereye mu Majyaruguru ya...

Igisirikare cya Congo cyavuze ku ifungwa ry’abasirikare bakomeye barimo General Masunzu byaherukaga gukekwa

Igisirikare cya Congo cyavuze ku ifungwa ry’abasirikare bakomeye barimo General Masunzu byaherukaga gukekwa

by radiotv10
24/11/2025
0

Ubuyobozi bw’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) bwemeje ifungwa ry’abasirikare bo ku rwego rwo hejuru barimo abo mu...

IZIHERUKA

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons
AMAHANGA

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons

by radiotv10
24/11/2025
0

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

Hamenyekanye ibishya muri dosiye ifitanye isano n’amashusho yo mu buriri y’umuhanzi Yampano n’umukunzi

24/11/2025
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Umugabo wakekaga ko umwana umwe muri batandatu yabyaranye n’umugore we atari uwe bamusanze yapfuye

24/11/2025
Uko byagenze ngo FARDC n’umwe mu mitwe iyifasha bakozanyeho mu mirwano noneho ikomeye

Uko byagenze ngo FARDC n’umwe mu mitwe iyifasha bakozanyeho mu mirwano noneho ikomeye

24/11/2025
Mu mirwano ihanganishije AFC/M23 na FARDC n’abayifasha hongeye gukoreshwa intwaro za rutura

Mu mirwano ihanganishije AFC/M23 na FARDC n’abayifasha hongeye gukoreshwa intwaro za rutura

24/11/2025
Umuturage umaze imyaka 14 yarabuze uwamurenganura asobanuye ingaruka z’ibyamubayeho

Umuturage umaze imyaka 14 yarabuze uwamurenganura asobanuye ingaruka z’ibyamubayeho

24/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abahanzi bafatanye mu mashati mu bihembo bikomeye bakomeje guteza urujijo

Abahanzi bafatanye mu mashati mu bihembo bikomeye bakomeje guteza urujijo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons

Hamenyekanye ibishya muri dosiye ifitanye isano n’amashusho yo mu buriri y’umuhanzi Yampano n’umukunzi

Umugabo wakekaga ko umwana umwe muri batandatu yabyaranye n’umugore we atari uwe bamusanze yapfuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.