Tuesday, December 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Bidateye kabiri Congo iratunguranye ihita itangaza ibinyuranye n’ibyemerejwe i Burundi

radiotv10by radiotv10
07/02/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Bidateye kabiri Congo iratunguranye ihita itangaza ibinyuranye n’ibyemerejwe i Burundi
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’umunsi umwe Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba bahuriye mu nama idasanzwe bakemeranya ko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo iganira na M23, Guverinoma y’iki Gihugu, yatsembye ivuga ko idashobora kuganira n’uyu mutwe, igaragaza ibyo ukwiye kubanza kubahiriza.

Inama idasanzwe y’Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba yateranye ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize i Bujumbura mu Burundi.

Iyi nama yafatiwemo imyanzuro itandukanye irimo usaba Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kuganira n’imitwe yose irimo na M23 yakomeje guheza mu biganiro.

Muri iyi nama yabereye i Bujumbura, Perezida Felix Tshisekedi yemeye ko Guverinoma ye izaganira n’umutwe wa M23, nkuko byemejwe n’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane y’u Rwanda ushinzwe ibikorwa bya EAC, Prof Nshuti Manasseh wari muri iyi nama.

Gusa Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yahakanye ibyo kuganira n’uyu mutwe wa M23 yamaze kubatiza uw’iterabwoba.

Mu kiganiro Minisitiri w’Itumanaho n’Itangazamakuru, Patrick Muyaya akaba n’Umuvugizi wa Guverinoma ya DRC yagiranye n’abanyamakuru kuri uyu wa Mbere tariki 06 Gashyantare 2023, yavuze ko badashobora kuganira na M23.

Yagize ati “Ntabwo twiteguye kugirana ibiganiro na M23. Byumvikane neza, hari ibigomba kubahirizwa kugira ngo tuganire na M23 no kubura umubano n’u Rwanda kandi bikubiye mu byemezo by’i Luanda. Icya mbere ni hagomba guhagarikwa imirwano, bakarekura ibice bafashe bagasubira muri Sabyinyo, ubundi tukaba twagirana ibiganiro.”

Patrick Muyaya yakomeje avuga ko mu gihe ibi bitakubahirizwa, Guverinoma ya Congo Kinshasa idashobora kuganira na M23.

Uyu Muvugizi wa Guverinoma ya DRC yanagarutse kuri iriya nama y’i Bujumbura, avuga ko Perezida Tshisekedi nta nyandiko yaba yarashyizeho umukono, nkuko byagaragajwe mu mafoto.

Yagize ati “Hari amafoto yagiye acaraca ariko nta nyandiko Perezida wa Repubulika yashyizeho umukono hariya, icyabaye byari ibiganiro byateguwe n’Umunyamabanga Mukuru wa EAC, cyakora muri biriya biganiro habayeho gusasa inzobe.”

Patrick Muyaya yavuze ko nta mpamvu yo kuba Igihugu cye cyari kugira ibyemezo gisinyaho mu gihe cyemera imyanzuro yafatiwe mu nama y’i Luanda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × three =

Previous Post

VIDEO: Mu Rwanda habonetse isoko banyuzamo bagahindura urusengero bakiragiza Uwiteka

Next Post

Abahanzi bafatanye mu mashati mu bihembo bikomeye bakomeje guteza urujijo

Related Posts

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

by radiotv10
29/12/2025
0

Ubuyobozi Bukuru bw’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) bwitandukanyije n'amagambo ya Major General Sylvain Ekenge Bomusa Efomi wari...

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

by radiotv10
29/12/2025
0

The High Command of the Armed Forces of the Democratic Republic of Congo (FARDC) has distanced itself from the hate...

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

by radiotv10
29/12/2025
0

Amakuru aturuka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aravuga ko Maj Gen Sylvain Ekenge wari Umuvugizi w'Igisirikare cy'iki Gihugu-FARDC, yahagaritswe...

Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
29/12/2025
0

Abantu banyuranye barimo Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, bamaganye imvugo yuzuye ingengabitekerezo mbi y’Umuvugizi wa FARDC, Maj Gen Sylvain Ekenge...

Eng.-FARDC spokesperson Maj. Gen. Ekenge suspended following widely criticized remarks

Eng.-FARDC spokesperson Maj. Gen. Ekenge suspended following widely criticized remarks

by radiotv10
29/12/2025
0

Reports from the Democratic Republic of Congo indicate that Major General Sylvain Ekenge, the Spokesperson of the Armed Forces of...

IZIHERUKA

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo
MU RWANDA

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

by radiotv10
30/12/2025
0

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

30/12/2025
Resetting for 2026: How Young People in Kigali Are Choosing a Fresh Start

Resetting for 2026: How Young People in Kigali Are Choosing a Fresh Start

30/12/2025
Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

30/12/2025
Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

29/12/2025
Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

29/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abahanzi bafatanye mu mashati mu bihembo bikomeye bakomeje guteza urujijo

Abahanzi bafatanye mu mashati mu bihembo bikomeye bakomeje guteza urujijo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Resetting for 2026: How Young People in Kigali Are Choosing a Fresh Start

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.