Friday, November 7, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Bitunguranye urubanza rwa Kazungu rwasubitswe ku nshuro ya gatatu yikurikiranya

radiotv10by radiotv10
02/02/2024
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Bitunguranye urubanza rwa Kazungu rwasubitswe ku nshuro ya gatatu yikurikiranya
Share on FacebookShare on Twitter

Urubanza ruregwamo Kazungu Denis ukurikiranyweho ibyaha birimo kwica abantu 14 biganjemo abakobwa, rwongeye gusubikwa ku nshuro ya gatatu yikurikiranya.

Isubikwa ry’uru rubanza ryamenyekanye muri iki gitondo mu gihe abantu bari bazi ko ruburanishwa ku cyicaro cy’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge, ndetse n’abantu bari bazindukiye ku Rukiko, bagiye kumva uru rubanza.

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwasubitse uru rubanza kuko hateganyijwe inama y’Abacamanza.

Perezida w’uru Rukiko yatangarije Abanyamakuru ko nta rubanza ruteganyijwe kuri uyu wa Gatanu tariki 02 Gashyantare 2024 kubera iyi nama yahurije Abacamanza iri kubera mu Mujyi wa Kigali.

Ni ku nshuro ya gatatu uru rubanza rusubitswe, nyuma y’uko rwari rusubitswe tariki 12 Mutarama 2024, nabwo bikozwe n’uru Rukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge, ubwo byari bisabwe n’uruhande rw’uregwa rwavugaga ko rutabonye umwanya wo kwicarana ngo rutegure urubanza.

Icyo gihe Kazungu wakurikiranye iburanisha hifashishijwe uburyo bw’ikoranabuhanga ari kuri Gereza ya Nyarugenge afungiyemo, we n’umunyamategeko we Me Faustin Murangwa, bari basabye Urukiko kubaha igihe nibura cy’icyumweru ngo bategure urubanza.

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwemeje icyifuzo cy’uregwa, rusubika uru rubanza, nyuma y’uko rwari rwanasubitswe tariki 02 Mutarama, ubwo yagombaga kubuanishwa ku cyaha cyo gusambanya umugore, ariko Ubushinjacyaha bugasaba ko uru rubanza ruhuzwa n’urwo yari afite tariki 12 Mutarama.

Uyu musore w’imyaka 34 y’amavuko, yatawe muri yombi mu ntangiro za Nzeri umwaka ushize wa 2023, nyuma y’uko aho yabaga mu Muduhudu wa Gashikiri mu Kagari ka Busanza mu Murenge wa Kanombe, habonetse icyobo akekwaho gushyinguramo abantu barenga 10 akekwaho kwica.

Mu ibazwa ry’ibanze ndetse no mu Rukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro ubwo Kazungu Denis yaburanaga ku ifungwa ry’agateganyo, yemeye ibyaha akurikiranyweho byo kwica abantu 14 barimo abakobwa 13, avuga ko yabicaga kuko “na bo babaga bamwanduje Virusi itera SIDA.

Garleon NTAMBARA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen − five =

Previous Post

Abadapite bavuze ikibazo gihora gisubirwamo ariko ntigikemuke bakibaza icyabuze

Next Post

Icyemezo gishya cya KNC wari uherutse gutangaza ko asheshe ikipe ye ya Gasogi

Related Posts

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

by radiotv10
07/11/2025
0

Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda IGP Felix Namuhoranye, yifashishije ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamuhamagaye kuri telefone saa cyenda z’ijoro, yavuze...

Ngoma: Inyubako z’Akarere bakoreramo ngo na bo ubwabo zibatera isoni

Ngoma: Inyubako z’Akarere bakoreramo ngo na bo ubwabo zibatera isoni

by radiotv10
07/11/2025
0

Abafite ibikorwa by’ubucuruzi mu Murenge wa Kibungo bakorera mu nzu z’Akarere kabo ka Ngoma, bavuga ko zisa nabi, ku buryo...

Harakekwa iki ku mukecuru wasanzwe yapfuye mu musarani w’akabari yari yagiye kunyweramo

Harakekwa iki ku mukecuru wasanzwe yapfuye mu musarani w’akabari yari yagiye kunyweramo

by radiotv10
07/11/2025
0

Umukecuru wasanzwe yapfuye mu musarani w’akabari gaherereye mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza, birakekwa ko yaba yajugunywemo n’abamwishe....

Perezida Kagame na Madamu J.Kagame bakiriye abayobozi mu nzego nkuru za America

Perezida Kagame na Madamu J.Kagame bakiriye abayobozi mu nzego nkuru za America

by radiotv10
07/11/2025
0

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, bakiriye ku meza abayobozi mu nzego nkuru muri Leta Zunze Ubumwe za America,...

Perezida Kagame na Madamu J.Kagame bakiriye abayobozi mu nzego nkuru za America

Eng.-President Kagame and First Lady host Senior U.S Officials including Senior Advisor to the White House

by radiotv10
07/11/2025
0

President Paul Kagame and First Lady Jeannette Kagame hosted senior officials from the United States of America, including Paula White-Cain,...

IZIHERUKA

Style on a Budget: How to Build a Chic Wardrobe in Kigali Without Breaking the Bank
IMYIDAGADURO

Style on a Budget: How to Build a Chic Wardrobe in Kigali Without Breaking the Bank

by radiotv10
07/11/2025
0

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

07/11/2025
Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

07/11/2025
Umunyamakuru wa siporo uzwi mu Rwanda wasezeye igitangazamakuru yakoreraga hamenyakenye aho yerecyeje

Umunyamakuru wa siporo uzwi mu Rwanda wasezeye igitangazamakuru yakoreraga hamenyakenye aho yerecyeje

07/11/2025
AFC/M23 yongeye kugaragariza amahanga amarorerwa akorwa n’uruhande bahanganye inayerurira icyo yiyemeje

AFC/M23 yongeye kugaragariza amahanga amarorerwa akorwa n’uruhande bahanganye inayerurira icyo yiyemeje

07/11/2025
Abasirikare barimo Aba-Colonel mu gisirikare cya Congo bakurikiranyweho kunyereza kawunga, umuceri n’amata

Abasirikare barimo Aba-Colonel mu gisirikare cya Congo bakurikiranyweho kunyereza kawunga, umuceri n’amata

07/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyemezo gishya cya KNC wari uherutse gutangaza ko asheshe ikipe ye ya Gasogi

Icyemezo gishya cya KNC wari uherutse gutangaza ko asheshe ikipe ye ya Gasogi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Style on a Budget: How to Build a Chic Wardrobe in Kigali Without Breaking the Bank

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.