Thursday, December 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Bizejwe ibyari kubafasha gusezerera ubukene ariko ibyakurikiye sibyo bari biteze

radiotv10by radiotv10
15/07/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Bizejwe ibyari kubafasha gusezerera ubukene ariko ibyakurikiye sibyo bari biteze
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Ruramira mu Karere ka Kayonza, bavuga ko hashize amezi ane basinyishijwe ngo bazahabwe inkunga y’amafaranga yo kwikura mu bukene, ariko ngo nta kanunu kayo.

Aba baturage bavuga ko batoranyijwe kuva ku rwego rw’Akagari kugera ku rw’Umurenge, bizezwa ko bagiye gufashwa kwikura mu bukene, bahawe amafaranga yari kubafasha muri urwo rugendo.

Bamwe mu baturage bo mu Kagari ka Nkamba mu Murenge wa Ruramira, babwiye RADIOTV10 ko bari bashyizwe ku rutonde, ndetse barasinya, ku buryo bumva ayo mafaranga adatinda kubageraho, ariko amezi ane arihiritse.

Umwe yagize ati “Twebwe baradutumije. Byari ku itariki 16 z’ukwa Gatatu baratubwira bati ‘mwebwe nimuze musinye mugirane amasezerano n’Umurenge’. Kuko badusinyishije kugeza n’iyi saha nta n’ikintu turabona kandi twarasohotse muri Minisiteri.”

Undi nawe ugitegefeje yagize ati “Natwe n’iyo baduhamagara n’ubundi ntacyo tuzabona kuko twarategereje twarahebye. Ayo mafaranga kugeza n’uyumunsi mu Murenge wa Ruramira nta n’igiceri cy’ijana cyaje.”

Aba bose bahuriza ku kuba bafite impungenge zo kuba barasinyishijwe, ku buryo bakeka ko amafaranga yaba yarasohotse ariko ntabagereho.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Ruramira, Bisangwa Emmanuel yavuze ko kuba hari abari ku rutonde rw’abagomba gufashwa kwikura mu bukene ari igikorwa gikomeje kandi ko kuyabashyikiriza biterwa n’ubushobozi bwabonetse.

Ubuyobozi bw’Ikigo Gishinzwe Guteza Imbere ibikorwa by’Iterambere mu Nzego z’Ibanze (LODA), mu ntangiriro z’umwaka ushize w’Ingengo y’Imari bwari bwabwiye RADIOTV10 ko abayobozi bo mu nzego z’Ibanze bukwiye kuvana amarangamutima mu kugena no gufasha abaturage bari mu bukene, bigakorwa neza mu gihe cy’imyaka ibiri.

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 2 =

Previous Post

Namwe muri Kagame- Chairman wa FPR-Inkotanyi n’Abanyamuryango bapfundikiranye kwiyamamaza urugwiro n’ubwuzuzanye batangiranye

Next Post

Kagame yasohoje isezerano rishingiye ku cyifuzo yagejejweho n’umwe mu bahanzi Nyarwanda

Related Posts

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

by radiotv10
18/12/2025
0

Kigali is quietly becoming one of Africa’s most attractive destinations for digital nomads. Known for its cleanliness, safety, strong internet...

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

by radiotv10
18/12/2025
1

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yatangaje ko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi ziherutse guhurira mu biganiro nyuma...

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

by radiotv10
18/12/2025
0

From mobile money to online banking and QR-code payments, the world is rapidly moving toward a cashless society. In Rwanda,...

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

by radiotv10
18/12/2025
0

Abahinzi b’umuceri mu gishanga cya Cyunuzi bavuga ko umusaruro wabo utinda guhuza ibipimo bikenerwa kugira ngo ugurwe kuko batagira imashini...

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
18/12/2025
0

Inama y’Abaminisitiri ya nyuma y'umwaka wa 2025, yaranzwe n’ibikorwa binyuranye birimo kugezwaho isinywa ry’amasezerano y’Amahoro n’Ubufatanye mu by’Ubukungu hagati y’u...

IZIHERUKA

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?
IMIBEREHO MYIZA

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

by radiotv10
18/12/2025
0

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

18/12/2025
Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

18/12/2025
Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

18/12/2025
Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

18/12/2025
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

18/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kagame yasohoje isezerano rishingiye ku cyifuzo yagejejweho n’umwe mu bahanzi Nyarwanda

Kagame yasohoje isezerano rishingiye ku cyifuzo yagejejweho n’umwe mu bahanzi Nyarwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.