Sunday, January 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Boris Johnson watakarijwe icyizere mu Bwongereza arifuzwa n’Abanya-Ukraine ngo ababere Minisitiri w’Intebe

radiotv10by radiotv10
28/07/2022
in MU RWANDA
0
Boris Johnson watakarijwe icyizere mu Bwongereza arifuzwa n’Abanya-Ukraine ngo ababere Minisitiri w’Intebe
Share on FacebookShare on Twitter

Amajwi menshi y’Abanya-Ukraine akomeje kuzamurwa asaba ko Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Boris Johnson ahabwa ubwenegihugu bw’Igihugu cyabo ubundi akababera Minisitiri w’Intebe.

Mu bukangurambaga bw’ikoranabuhanga [Petition] bwatangijwe ku wa Kabiri w’iki cyumweru tariki 26 Nyakanga 2022 aho mu isaha imwe, inyandiko izaba iki cyifuzo yari imaze gusinywa n’abagera mu 2 500.

Nubwo Boris Johnson asa nk’uwatakarijwe igikundiro mu Gihugu cye cy’u Bwongereza, muri Kyiv muri Ukraine bwo ari mu bayobozi bafite igikundiro kidasanzwe kubera kugaragaza imbaraga nyinshi mu gushyigikira iki Gihugu nyuma yuko cyashojweho intambara n’u Burusiya.

Ibi bigaragazwa n’ibishushanyo by’abanyabugeni, ibyomanitswe ku nkuta ndetse n’imitsima, bigaragara mu murwa mukuru wa Ukraine, biriho amafoto ya Boris Johnson.

Ubu busabe bw’Abanya-Ukraine, bwanashyikirijwe Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelenskiy, aho ababumushyikirije bahyize Boris Johnson nk’umuntu wa mbere ku Isi wagaragaje ko ashyigikiye Igihugu cyabo.

Gusa hari n’abari kurwanya ubu busabe, bavuga ko bunyuranyije n’itegeko Nshinga rya Ukraine.

Ubu busabe kandi bwahuriranye no kuba kuri uyu wa Kabiri Boris Johnson yaratangaje ko Perezida Zelenskiy yatsindiye igihembo kitiriwe Sir Winston Churchill Leadership Award, akavuga ko yagihawe kubera “umuhate udasanzwe, kubahiriza amategeko n’ubumuntu” yagaragaye mu ntambara Igihugu cye cyashojweho n’u Burusiya.

Mu ijambo Zelenskiy yavuze kuri iki gihembo, ntiyigeze agaruka kuri buriya busabe gusa ategekwa kugira icyo abutangazaho mu gihe buzaba bwujuje abantu ibihumbi 25 bazaba bamaze kubusinyaho.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × two =

Previous Post

Nta mpamvu yo gukomeza kwamagana MONUSCO- Umutegetsi wo muri DRCongo

Next Post

Igisubizo cyahawe Umunyamakuru wacu wagiye kuri Hoteli y’i Rubavu ivugwaho gucumbikira Abasirikare ba MONUSCO bahunze

Related Posts

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Igisubizo cyahawe Umunyamakuru wacu wagiye kuri Hoteli y’i Rubavu ivugwaho gucumbikira Abasirikare ba MONUSCO bahunze

Igisubizo cyahawe Umunyamakuru wacu wagiye kuri Hoteli y’i Rubavu ivugwaho gucumbikira Abasirikare ba MONUSCO bahunze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.