Tuesday, July 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

BREAKING: Amakuru mashya adasubirwaho ku mukino w’Amavubi na Benin

radiotv10by radiotv10
24/03/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Impundu zari zigiye kuvuga: Amavubi yihagazeho akagozi gacika mu minota ya nyuma

Ikipe y'u Rwanda yabanje mu kibuga

Share on FacebookShare on Twitter

Bidasubirwaho umukino wo kwishyura hagati y’u Rwanda na Benin, byemejwe ko uzabera mu Rwanda, ariko hazamo impinduka wa Sitade uzaberaho ndetse ukazaba nta bafana bahari.

Ni amakuru aturuka muri Minisiteri ya Siporo, y’umwe mu bayobozi muri iyi Minisiteri wemereye RADIOTV10 iby’aya makuru ko uyu mukino uzabera kuri Kigali Pele Stadium.

Uyu mukino uzaba mu cyumweru gitaha ku wa Kabiri tariki 28 Werurwe 2023 nta bafana baza bari muri sitade nkuko byemezwa n’uyu muyobozi waganirije RADIOTV10.

Nyuma y’aya makuru twamenye kuri uyu wa Gatanu tariki 24 Werurwe 2023, hahise hasohoka ibaruwa Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF) yandikiye FERWAFA iyimenyesha iby’iki cyemezo.

Iyi baruwa yanditswe kuri uyu wa Gatanu, igaruka ku cyemezo cyari cyafashwe tariki 21 Werurwe yo kwimura uyu mukino w’u Rwanda na Benin ukabera i Cotonou muri Benin, ivuga ko habayeho kongera gusuzuma iki cyemezo.

CAF itangaza ko mu gusuzuma ubundi buryo bushoboka, ivuga ko habonetse igisubizo cyo gutuma uyu mukino ubera mu Rwanda nkuko byari biteganyijwe “nubwo bidashoboka ko wabera kuri Sitade ya Huye.”

Iyi mpuzamashyirahamwe ikomeza ivuga ko “kubera Kigali Pele Stadium itujuje ibisabwa ku bifasha abakinnyi n’abandi bayijemo.” Uyu mukino wazakinirwa kuri iyi sitade ariko nta bafana bayirimo.

Kigali Pele Stadium igiye kwakira uyu mukino wari watumye hazamuka impaka, iherutse gufungurwa ku mugaragaro na Perezida Paul Kagame ari kumwe na Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA), Giani Infantino.

Ni Sitade yari iherutse kuvugururwa kugira ngo ishyirwe ku rwego rw’izigomba kwakira imikino mpuzamaganga, ariko ikaba igifite ibibazo birimo inkingi zayo zituma abafana batabasha kureba umukino neza.

Muri iyi baruwa ya CAF yemera ko uyu mukino uzakinirwa kuri iyi Sitade, ivuga ko iki kibazo kiri no mu byatumye nta bafana bazaba bari muri Sitade.

Wasili UWIZEYIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − 2 =

Previous Post

Amakuru ashobora kuryohera Abanyarwanda ku mukino w’Amavubi wazamuye impaka

Next Post

Inkuru yihutirwa: Rusesabagina na Sankara barasohoka muri Gereza

Related Posts

Rayon yabonye Umutoza Wungirije uturutse i Burundi

Rayon yabonye Umutoza Wungirije uturutse i Burundi

by radiotv10
15/07/2025
0

Ubuyobozi bw’Ikipe ya Rayon Sports, bwasinyishije Umurundi Haruna Ferouz nk’Umutoza Wungirije, wanyuze mu makipe anyuranye mu Gihugu cy’iwabo i Burundi...

Iby’ingenzi wamenya ku mukinnyi w’Umunyekongo wasinyiye Rayon Sports

Iby’ingenzi wamenya ku mukinnyi w’Umunyekongo wasinyiye Rayon Sports

by radiotv10
09/07/2025
0

Ikipe ya Rayon Sports FC yasinyishije rutahizamu w’Umunyekongo, Chadrack Bingi Belo, aba umukinnyi mushya wa 6 uyisinyiye iyi kipe avuye...

Uwayezu wayoboye Rayon yongeye kugaragarizwa ibyishimo n’abakunzi b’iyi kipe

Uwayezu wayoboye Rayon yongeye kugaragarizwa ibyishimo n’abakunzi b’iyi kipe

by radiotv10
09/07/2025
0

Uwayezu Jean Fidèle wigeze kuba Perezida wa Rayon Sports akaza kwegura, yagaragarijwe urukundo n’abakunzi b’iyi kipe, bamweretse ko bazirikana ibyo...

Rwanda welcomes three internation women football players following the visit of other legends

Rwanda welcomes three internation women football players following the visit of other legends

by radiotv10
08/07/2025
0

Rwanda is delighted to welcome three Arsenal Women Football Club Players Katie McCabe, Caitlin Foord and Laia Codina who landed...

APR FC yamanuye rutahizamu wari umaze iminsi ategerejwe wanakinnye i Burayi

APR FC yamanuye rutahizamu wari umaze iminsi ategerejwe wanakinnye i Burayi

by radiotv10
07/07/2025
0

Ikipe y’Ingabo z’u Rwanda APR FC yasinyishije rutahizamu w’Umunya- Côte d'Ivoire, William Togui Mel wari umaze iminsi avugwaho kuzinjira muri...

IZIHERUKA

Sudan: Ibitero bikomeye bimaze guhitana abaturage 300 mu minsi micye
AMAHANGA

Sudan: Ibitero bikomeye bimaze guhitana abaturage 300 mu minsi micye

by radiotv10
15/07/2025
0

Uko Ingabire Victoire yasubije mu Rukiko abajijwe niba yemera ibyaha bikomeye akurikiranyweho

Uko Ingabire Victoire yasubije mu Rukiko abajijwe niba yemera ibyaha bikomeye akurikiranyweho

15/07/2025
Menya izindi mpinduka zigiye kuba mu burezi bw’u Rwanda

Menya izindi mpinduka zigiye kuba mu burezi bw’u Rwanda

15/07/2025
Crystal Ventures, one of the major investment companies in Rwanda now has a new CEO

Crystal Ventures, one of the major investment companies in Rwanda now has a new CEO

15/07/2025
Buhari wabaye Perezida wa Nigeria wapfiriye mu Bwongereza arasubizwa mu Gihugu ahite ashyingurwa

Buhari wabaye Perezida wa Nigeria wapfiriye mu Bwongereza arasubizwa mu Gihugu ahite ashyingurwa

15/07/2025
AFC/M23 yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gusinyana amasezerano n’ubutegetsi bwa Congo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso byerekana ko ubutegetsi bwa Congo bugishyize imbere imirwano

15/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Inkuru yihutirwa: Rusesabagina na Sankara barasohoka muri Gereza

Inkuru yihutirwa: Rusesabagina na Sankara barasohoka muri Gereza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Sudan: Ibitero bikomeye bimaze guhitana abaturage 300 mu minsi micye

Uko Ingabire Victoire yasubije mu Rukiko abajijwe niba yemera ibyaha bikomeye akurikiranyweho

Menya izindi mpinduka zigiye kuba mu burezi bw’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.