Wednesday, December 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Congo yongeye gushotora u Rwanda

radiotv10by radiotv10
08/11/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
1
Congo yongeye gushotora u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda iratangaza ko indege y’intambara ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yavogereye ikirere cy’u Rwanda ikagwa ku Kibuga cy’Indege cya Rubavu.

Bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze na Guverinoma y’u Rwanda kuri uyu wa Mbere tariki 07 Ugushyingo 2022.

Iri tangazo rigira riti “Indege y’intambara ya Sukhoi-25 iturutse muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yavogereye ikirere cy’u Rwanda saa tanu na makumyabiri (11:20’) muri iki gitondo inagwa by’igihe gito ku kibuga cy’Indege cya Rubavu mu Ntara y’Iburengerazuba.”

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko ku ruhande rw’u Rwanda, nta gikorwa cya gisirikare cyabayeho mu rwego rwo gusubiza kuri ubu bushotoranyi ndetse ko iyi ndege yasubiye muri DRCongo.

Iri tangazo rikomeza rigira riti “Ubuyobozi bw’u Rwanda buramagana ubu bushotoranyi bwa Guverinoma ya DRC.”

Iki gikorwa cy’ubushotoranyi kibaye nyuma y’ibindi byakozwe na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo birimo ibisasu biremereye byarashwe n’Igisirikare cy’iki Gihugu gifatanyije n’umutwe wa FDLR, bikagwa mu Rwanda birimo ibyarashwe muri Gicurasi 2022 mu Mirenge ya Kinigi na Nyange mu Karere ka Musanze, bigakomeretsa bamwe mu Banyarwanda ndetse bikangiza ibikorwa by’abaturage.

Muri uko kwezi kandi FARDC nanone ifatanyije na FDLR bashimuse abasirikare babiri b’u Rwanda, babakuye ku mupaka aho bari bacunze umutekano, bakaza kurekurwa nyuma y’ibiganiro byabaye hagati y’Ibihugu byombi.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Innocent says:
    3 years ago

    Badushaho iki?

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 2 =

Previous Post

Imbwirwaruhame za Tshisekedi zishobora kuzamushora mu byaha yazaburanishwaho- Me Evode

Next Post

Hamenyekanye amakuru mashya kuri Imam wari wakatiwe imyaka 5 kubera kwica ingurube

Related Posts

Ikindi abantu bakwiye kumva nk’impamvu y’ihagarikwa ry’umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Ikindi abantu bakwiye kumva nk’impamvu y’ihagarikwa ry’umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

by radiotv10
31/12/2025
0

Abantu babiri batawe muri yombi bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’abantu bane bo mu Murenge wa Rukoma mu Karere ka...

Mental Wellness Reset for 2026: Practices to try out

Mental Wellness Reset for 2026: Practices to try out

by radiotv10
31/12/2025
0

As 2026 approaches, many young people in Kigali are quietly shifting priorities. Beyond career goals, side hustles and social media...

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

by radiotv10
30/12/2025
0

Abantu batanu barimo Heradi Sefu Josué uzwi nka Prophet Joshua, bari baherutse gutabwa muri yombi bakurikiranyweho icyaha cyo kugayisha agaciro...

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

by radiotv10
30/12/2025
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yashimiye abasirikare n’abo mu zindi nzego z’umutekano z’u Rwanda ku bw’akazi...

IZIHERUKA

Ikindi abantu bakwiye kumva nk’impamvu y’ihagarikwa ry’umuvugizi w’Igisirikare cya Congo
MU RWANDA

Ikindi abantu bakwiye kumva nk’impamvu y’ihagarikwa ry’umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

31/12/2025
Mental Wellness Reset for 2026: Practices to try out

Mental Wellness Reset for 2026: Practices to try out

31/12/2025
Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

30/12/2025
Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

30/12/2025
Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

30/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hamenyekanye amakuru mashya kuri Imam wari wakatiwe imyaka 5 kubera kwica ingurube

Hamenyekanye amakuru mashya kuri Imam wari wakatiwe imyaka 5 kubera kwica ingurube

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ikindi abantu bakwiye kumva nk’impamvu y’ihagarikwa ry’umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

Mental Wellness Reset for 2026: Practices to try out

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.