Saturday, July 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Bubakiwe isoko rishya rinagezweho ariko bamaze umwaka baricururizamo bafite amaganya

radiotv10by radiotv10
03/07/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Bubakiwe isoko rishya rinagezweho ariko bamaze umwaka baricururizamo bafite amaganya
Share on FacebookShare on Twitter

Abacururiza imbuto n’imboga mu isoko rya Kariyeri riherereye mu mjyi wa Musanze, bataka ibihombo bavuga ko baterwa n’uko bashyizwe mu isoko rishya ariko irishaje ryo muri Gare ya Musanze rigakomeza gukorerwamo, ku buryo bo nta bakiliya babona.

Dusengiyaremye Innocent ucururiza muri iri soko riherereye mu Murenge wa Muhoza mu Karere ka Musanze, avuga ko kuva muri Nyakanga umwaka ushize wa 2024, bakorera mu bihombo.

Ati “Ibintu by’imboga n’imbuto twagize ibihombo cyane kubera ko abantu barigezemo bakajya batandika ibicuruzwa bikabura abaguzi.”

Uko kubura abakiliya, bamwe mu bakorera muri iri soko cyane cyane abacuruza imboga n’imbuto bakavuga ko byaba bituruka ku kuba hari amasoko abiri kandi yegeranye yose acururizwamo ibicuruzwa bimwe nyamara ngo bari bijejwe n’ubuyobozi ko abacururiza mu isoko rya Gare na bo bagomba kuza muri iri soko.

Ayingeneye Drocella ati “Hano muri iri soko harimo abantu benshi bafite ibisima ariko bagumye muri gare kandi barabisorera. Twe dutegereje ko na bo babazana kuko tubona isoko rya gare ari ryo ridutera ibihombo.”

Umuyobozi w’Akarere ka Musanze, Nsengimana Claudien avuga ko hari ibyabanje gukorwa mu isoko rishya rya Kariyeri ariko ko bitarenze uku kwezi kwa Nyakanga abacururiza muri Gare na bo bazaba bamaze kugera mu isoko rishya.

Yagize ati “Ubu haribyo turi kongera mu isoko rya Kariyeri kugira ngo abacururiza muri gare na bo bazabone aho bakorera kandi ndatekereza ko bizarangirana n’uku kwezi kwa gatandatu ku buryo mu ntangiriro z’ukwa 07 batangira kwimuka mu byiciro ndetse n’abacuruza amabutike bazaze mu gihe kitarenze amezi abiri.”

Isoko rishya rya Kariyeri rigiye kuzuza umwaka ritangiye gukorerwamo rifite ubushobozi bwo gukoreramo abacuruzi basaga 2 000 kuko rifite ibisima bigera ku 2053.

Ni isoko rigezweho
Bavuga ko umwaka wihiritse bakorera mu bihombo
Baba bafite n’ibicuruzwa byiza

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × four =

Previous Post

Rubavu: Bashingiwe amapoto none imyaka ibaye ibiri bategereje amashanyarazi barahebye

Next Post

Umukinnyi ukomoka muri America umaze iminsi atanga ibyishimo mu Rwanda yamaze kuba Umunyarwanda bidasubirwaho

Related Posts

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

by radiotv10
26/07/2025
0

Nyuma yuko hasakaye ibaruwa bigaragara ko yanditswe n’Umuyobozi w’Ikio cya C.L Gashonga TSS cyo mu Karere ka Rusizi, agaya umukozi...

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

by radiotv10
26/07/2025
0

Mu Murenge wa Murama mu Karere ka Kayonza hari gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ ikomeje gufasha abaturage mu kwikemurira amakimbirane yo mu...

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

by radiotv10
25/07/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko abayobozi bakwiye kujya mu nshingano bazumva kandi bakazikorana ubushake n’imyumvire bibaturutsemo bibumvisha ko akazi barimo...

Impamvu abagore basigaye barusha abagabo ubutaka bubanditseho mu Rwanda

Impamvu abagore basigaye barusha abagabo ubutaka bubanditseho mu Rwanda

by radiotv10
25/07/2025
0

Ikigo cy'Igihugu Gishinzwe Ubutaka mu Rwanda kigaragaza ko ubutaka bwanditse ku bagore gusa bihariye badafite abo babuhuriyeho ari 18,88% mu...

Ubutumwa bwa bamwe mu bashyizwe muri Guverinoma nshya n’isezerano baha Perezida n’Abanyarwanda

Ubutumwa bwa bamwe mu bashyizwe muri Guverinoma nshya n’isezerano baha Perezida n’Abanyarwanda

by radiotv10
25/07/2025
0

“Kuyobora Abanyarwanda ntako bisa pe…” Ni bumwe mu butumwa Perezida Paul Kagame yavugiye i Kayonza ubwo yari mu bikorwa byo...

IZIHERUKA

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?
Uncategorized

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

by radiotv10
26/07/2025
0

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

26/07/2025
Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

26/07/2025
Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

25/07/2025
Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

25/07/2025
General Muhoozi yagiriye inama umuntu wese ukorana na FDLR

General Muhoozi yagiriye inama umuntu wese ukorana na FDLR

25/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umukinnyi ukomoka muri America umaze iminsi atanga ibyishimo mu Rwanda yamaze kuba Umunyarwanda bidasubirwaho

Umukinnyi ukomoka muri America umaze iminsi atanga ibyishimo mu Rwanda yamaze kuba Umunyarwanda bidasubirwaho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.