Wednesday, December 3, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Bubakiwe ‘Poste de Santé’ birabashimisha ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

radiotv10by radiotv10
27/06/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Bubakiwe ‘Poste de Santé’ birabashimisha ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu batuye mu Murenge wa Boneza mu Karere ka Rutsiro, bavuga ko ivuriro rito (Poste de Sante) rya Remera rimaze umwaka ridakora, bigatuma bagakora urugendo rurerure bajya kwivuriza ku Kigo Nderabuzima cya Kinunu, mu gihe bari babyiniye ku rukoma ubwo ryubakwaga.

Mukantabana Rachel utuye mu Mudugudu wa Kaganza, Akagari ka Remera mu Murenge wa Boneza, umunyamakuru yamusanze hafi y’iyi Poste de Sante ya Remera avuye kwivuriza ku Kigo Nderabuzima cya Kinunu giherereye mu Kagari ka Bushaka, aho avuga ko yakoze urugendo rw’amasaha ane.

Ati “Ubu nagiye mu gitondo reba isaha nje n’ubundi, urabona ko aba ari ibibazo kugenda nduhuka mu nzira nicara gutyo.”

Ibivugwa n’uyu mubyeyi binashimangirwa n’abandi baturage bo muri aka Kagari ka Remera bavuga ko iri vuriro rito rigikora ryari ribafatiye runini none ubu kuba ritagikora byababereye imbogamizi zikomeye ku buzima bwabo.

Undi muturage ati “N’iyo umwana yarwaraga nijoro, twahitaga twihuta tukaza tukabakinguza bakaduha karibu bakatuvurira abana ntakibazo dufite, ubu ngubu ni ukuvuga ngo iyo arwaye nka nijoro tujya mu banyabuzima nabwo hari igihe dusanga nta miti bafite bikaba ngombwa ko turara tugenda tukajya ku ivuriro [ku kigo nderabuzima cya Kinunu].”

Bavuga ko kuba iri vuriro ribegereye ritagikora, bibagiraho ingaruka, kuko umuwari watinze kugezwa kwa muganga, aba arushaho kuremba, ndetse bakaba bafite impungenge ko hari n’abazaja bahatakariza ubuzima.

Undi ati “Ni ibintu bitubangamiye kuko kubona iri aha ngaha idakora kandi ari igihe umuntu ahuye n’uburwayi nijoro yahita yivuriza ariko kubera ko urugendo ari rurerure umuntu agera kwa muganga yarushye bigatuma adahita anakira vuba.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Boneza, Munyamahoro Muhizi Patrick avuga ko uwari usanzwe afite mu nshingano iri vuriro rito rya Remera yahagaritse amasezerano yo kurikoreramo ku mpamvu ze bwite, ariko bidatinze rizaba ryongeye gufungura imiryango.

Ati “Icyo yari yadusabye kwari ugukora agahanda ngira ngo niba waragezeyo wabonye ko umuhanda twawukoze, bihangane rwose naho uwo wa mbere yagize ibibazo bye byihariye avuga ko atagishoboye gukomeza gukora.”

Nubwo gahunda y’amavuriro mato ari bumwe mu buryo Guverinoma y’u Rwanda yatekereje mu rwego rwo gufasha abaturage kubonera serivisi z’ubuvuzi hafi yabo, hirya no hino mu Gihugu humvikana ibibazo bitandukanye birimo kuba agenda afunga imiryango ku mpamvu zitandukanye zirimo kubura abaganga bayakoreramo.

Bakiyubakirwa bumvaga basubijwe
None umwaka urarenze ifunze
Bavuga ko bibahangayikishije
Bongeye gusubira ku kabo ko gukora ingendo ndende

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × four =

Previous Post

BREAKING: Bitunguranye Igikombe cy’Isi cy’abakanyujijeho cyari gitegerejwe mu Rwanda cyasubitswe

Next Post

Hari ikindi Gihugu cyageragejwemo ‘Coup d’Etat’ irapfuba

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

by radiotv10
03/12/2025
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame; na we yageze i Washington D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za America, yitabiriye isinywa ry'amasezerano...

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

by radiotv10
03/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko mbere yuko akorana na General (Rtd) James Kabarebe hari byinshi byiza...

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

by radiotv10
03/12/2025
0

Abapolisi 74 ba Polisi y'u Rwanda barimo babiri bafite ipeti rya ACP, nka ACP Sam Rumanzi na ACP Francis Muheto...

Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

Hategujwe ibura ry’umuriro mu bice bimwe byo muri Kigali mu gihe cy’amasaha atatu

by radiotv10
03/12/2025
0

Sosiyete y'u Rwanda ishinzwe Ingufu (REG), yatangaje ko mu bice bimwe by'Imirenge ya Kacyiru na Kinyinya mu Karere ka Gasabo,...

Hatangajwe amagambo y’ingengabitekerezo yavuzwe n’uyikurikiranyweho wanigeze kuvuga andi nkayo mu cyunamo

Hatangajwe amagambo y’ingengabitekerezo yavuzwe n’uyikurikiranyweho wanigeze kuvuga andi nkayo mu cyunamo

by radiotv10
03/12/2025
0

Umugabo w’imyaka 35 wo mu Murenge wa Gisenyi mu Karere ka Rubavu, ari mu maboko ya RIB akurikiranyweho ingengabitekerezo ya...

IZIHERUKA

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine
IBYAMAMARE

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

by radiotv10
03/12/2025
0

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

03/12/2025
Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

03/12/2025
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

03/12/2025
Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

03/12/2025
Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

03/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hari ikindi Gihugu cyageragejwemo ‘Coup d’Etat’ irapfuba

Hari ikindi Gihugu cyageragejwemo ‘Coup d’Etat’ irapfuba

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.