• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Bubakiwe ‘Poste de Santé’ birabashimisha ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

radiotv10by radiotv10
27/06/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Bubakiwe ‘Poste de Santé’ birabashimisha ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu batuye mu Murenge wa Boneza mu Karere ka Rutsiro, bavuga ko ivuriro rito (Poste de Sante) rya Remera rimaze umwaka ridakora, bigatuma bagakora urugendo rurerure bajya kwivuriza ku Kigo Nderabuzima cya Kinunu, mu gihe bari babyiniye ku rukoma ubwo ryubakwaga.

Mukantabana Rachel utuye mu Mudugudu wa Kaganza, Akagari ka Remera mu Murenge wa Boneza, umunyamakuru yamusanze hafi y’iyi Poste de Sante ya Remera avuye kwivuriza ku Kigo Nderabuzima cya Kinunu giherereye mu Kagari ka Bushaka, aho avuga ko yakoze urugendo rw’amasaha ane.

Ati “Ubu nagiye mu gitondo reba isaha nje n’ubundi, urabona ko aba ari ibibazo kugenda nduhuka mu nzira nicara gutyo.”

Ibivugwa n’uyu mubyeyi binashimangirwa n’abandi baturage bo muri aka Kagari ka Remera bavuga ko iri vuriro rito rigikora ryari ribafatiye runini none ubu kuba ritagikora byababereye imbogamizi zikomeye ku buzima bwabo.

Undi muturage ati “N’iyo umwana yarwaraga nijoro, twahitaga twihuta tukaza tukabakinguza bakaduha karibu bakatuvurira abana ntakibazo dufite, ubu ngubu ni ukuvuga ngo iyo arwaye nka nijoro tujya mu banyabuzima nabwo hari igihe dusanga nta miti bafite bikaba ngombwa ko turara tugenda tukajya ku ivuriro [ku kigo nderabuzima cya Kinunu].”

Bavuga ko kuba iri vuriro ribegereye ritagikora, bibagiraho ingaruka, kuko umuwari watinze kugezwa kwa muganga, aba arushaho kuremba, ndetse bakaba bafite impungenge ko hari n’abazaja bahatakariza ubuzima.

Undi ati “Ni ibintu bitubangamiye kuko kubona iri aha ngaha idakora kandi ari igihe umuntu ahuye n’uburwayi nijoro yahita yivuriza ariko kubera ko urugendo ari rurerure umuntu agera kwa muganga yarushye bigatuma adahita anakira vuba.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Boneza, Munyamahoro Muhizi Patrick avuga ko uwari usanzwe afite mu nshingano iri vuriro rito rya Remera yahagaritse amasezerano yo kurikoreramo ku mpamvu ze bwite, ariko bidatinze rizaba ryongeye gufungura imiryango.

Ati “Icyo yari yadusabye kwari ugukora agahanda ngira ngo niba waragezeyo wabonye ko umuhanda twawukoze, bihangane rwose naho uwo wa mbere yagize ibibazo bye byihariye avuga ko atagishoboye gukomeza gukora.”

Nubwo gahunda y’amavuriro mato ari bumwe mu buryo Guverinoma y’u Rwanda yatekereje mu rwego rwo gufasha abaturage kubonera serivisi z’ubuvuzi hafi yabo, hirya no hino mu Gihugu humvikana ibibazo bitandukanye birimo kuba agenda afunga imiryango ku mpamvu zitandukanye zirimo kubura abaganga bayakoreramo.

Bakiyubakirwa bumvaga basubijwe
None umwaka urarenze ifunze
Bavuga ko bibahangayikishije
Bongeye gusubira ku kabo ko gukora ingendo ndende

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 5 =

Previous Post

BREAKING: Bitunguranye Igikombe cy’Isi cy’abakanyujijeho cyari gitegerejwe mu Rwanda cyasubitswe

Next Post

Hari ikindi Gihugu cyageragejwemo ‘Coup d’Etat’ irapfuba

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Hari ikindi Gihugu cyageragejwemo ‘Coup d’Etat’ irapfuba

Hari ikindi Gihugu cyageragejwemo ‘Coup d’Etat’ irapfuba

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.