Thursday, December 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Bucura bwa Ingabire Victoire baherukanaga mu myaka 12 yaje kumusura mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
13/10/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Bucura bwa Ingabire Victoire baherukanaga mu myaka 12 yaje kumusura mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyapolitiki Ingabire Victore Umuhoza, ari mu byishimo byo gusurwa n’umwana we w’umuhererezi baherukanaga mu myaka 12. Ati “U Rwanda ruragendwa!”

Ingabire Victoire yabigaragaje mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga ze nka Twitter, yashyizeho amafoto yagiye kwakira uyu mwana we w’umuhungu ku kibuga cy’Indege cya Kigali i Kanombe.

Aya mafoto yashyizeho ubutumwa bugira buti “Nyuma y’imyaka 12, mfite ubwuzu bwinshi bwo kongera kubona bucura bwanjye.”

Ingabire Victoire Umuhoza ukunze kunenga zimwe muri gahunda za Leta y’u Rwanda, yasoje ubu butumwa bwe agira ati “U Rwanda ruragendwa!”

Muri Kanama 2020, Victoire Ingabire Umuhoza, na bwo yari yasuwe n’umwana we w’umukobwa, waje mu Rwanda azanye n’abana be [abuzukuru ba Ingabire].

Icyo gihe ubwo uyu mukobwa we witwa Raissa Ujeneza yageraga i Kigali tariki 09 Kanama 2020, Ingabire Victoire yari yashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyamba ze agira ati “Nyuma y’imyaka 10 nishimiye cyane kongera kubona umukobwa wanjye Raissa waje kunsura ari kumwe n’abana be.”

Ingabire Victoire Umuhoza umaze imyaka ine afunguwe ku bw’imbabazi za Perezida Paul Kagame dore ko yarekuwe muri Nzeri 2018, yari yarakatiwe gufungwa imyaka 15 nyuma yo guhamwa n’ibyaha birimo gupfobya Jenoside Yakorewe Abatutsi yavugiye ku Rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ku Gisozi.

Uyu munyapolitiki yageze mu Rwanda mu ntangiro za 2010 ubwo yavugaga ko aje guhatana mu matora y’Umukuru w’Igihugu, aza akoresha imvugo ziremereye zihabanye n’umurongo Abanyarwanda bahisemo, ari na zo zaje kuvamo bimwe mu byaha yahamijwe n’inkiko.

Ingabire Victoire yagiye kwakira umuhungu we

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen + 18 =

Previous Post

Aboherezaga amafaranga kuri MoMo bakibeshya nimero bashyiriweho uburyo bwo kuyagarura bitabagoye

Next Post

Kwamagana icyemezo cy’u Burusiya: U Rwanda rwabyemeye, Uganda n’u Burundi barifata

Related Posts

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

by radiotv10
04/12/2025
0

Umunsi wari utegerejwe wageze, ahateganyijwe isinywa ry’amasezerano y’amahoro n’ubukungu hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ashyirwaho umukono...

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

by radiotv10
04/12/2025
0

Nyuma yuko hasakaye amashusho agaragaza bamwe mu baturage bo mu Karere ka Rusizi, bigamba ko banywa urumogi, ubuyobozi bw’aka Karere...

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

by radiotv10
04/12/2025
0

Bamwe mu Banyekongo bahungiye mu Rwanda imirwano ikomeye iri kubera mu gace ka Kamanyola mu Ntara ya Kivu y’Epfo, baravuga...

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

by radiotv10
04/12/2025
0

Bamwe mu batujwe mu mudugudu uherereye mu Murenge wa Munyaga mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko bamaze imyaka itanu batarahabwa...

Rusizi: Umubare w’abakeneye insimburangingo n’inyunganirangigo uraruta uw’abazihawe

Rusizi: Umubare w’abakeneye insimburangingo n’inyunganirangigo uraruta uw’abazihawe

by radiotv10
04/12/2025
0

Mu gihe hizihizwa umunsi mpuzamahanga w’abantu bafite ubumuga aho mu cyumweru cyahariwe kubitaho abagera kuri 50 bahawe insimburangingo n’inyunganirangingo, Inama...

IZIHERUKA

Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko
IMYIDAGADURO

Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

by radiotv10
04/12/2025
0

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

04/12/2025
Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

04/12/2025
Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

04/12/2025
Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

04/12/2025
Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

04/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kwamagana icyemezo cy’u Burusiya: U Rwanda rwabyemeye, Uganda n’u Burundi barifata

Kwamagana icyemezo cy’u Burusiya: U Rwanda rwabyemeye, Uganda n’u Burundi barifata

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.