Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Bugesera: Bonesherezwa n’abashumba bitwaje ko baragirira abasirikare bagira ngo baravuze inkoni ikarisha

radiotv10by radiotv10
16/05/2022
in Uncategorized
0
Bugesera: Bonesherezwa n’abashumba bitwaje ko baragirira abasirikare bagira ngo baravuze inkoni ikarisha
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Riririma mu Karere ka Bugesera, bavuga ko barembejwe n’abashumba baboneshereza, bagira ngo baravuze, bakabakubita bababwira ko baragirira abasirikare bakomeye.

Aba bahinzi bibumbiye muri Koperative Dusangiramajyambere igizwe n’abanyamuryango barenga 500, babwiye RADIOTV10 ko baherutse guhinda Soya bizeye kuzakuramo agatubutse ariko ngo ntibazirirwa bajya no gusarura.

Umunyamakuru wagiye gutara iyi nkuru, ubwo yaganiraga n’aba bahinzi muri uwo murima wa Soya, mu kanya gato bagiye kubona babona ishyo ry’Inka rimanukiye muri uwo murima kurisha soya zari zigihagaze.

Ndikumana Eliphase, umwe muri aba bahinzi, yavuze ko iki Kibaya bahingamo cyajyaga kibafasha kwikenura bakabasha kubona amafaranga yo kurihirira abana amashuri ndetse no kwiteza imbere.

Ati “Abaturage b’inaha urabibona twaragowe, iki kibaya kibaye gutya muri iyi minsi naho mu bihe byashize twarahingaga tugasarura.”

Undi muturage avuga ko igihembwe cya mbere bahinze, bagatahira aho ndetse n’icya kabiri biba uko none bikomeje gutuma bazahazwa n’ubukene.

Uyu muturage avuga ko ugize ngo arakoma aba bashumba, abona ishyano. Ati “Umuturage yavuga, bagakubita, yitwaje imbwa, yitwaje inkoni ntakindi wavuga.”

Uyu muturage akomeza agira ati “Abashumba baravuga bati ‘njyewe ndangirira afande ntacyo waza umbwira n’iyo wazana uwo Gitifu ntacyo yambwira’.”

Umwe mu bashumba avuga ko nubwo haza itegeko ryo kwimura izi nka, ariko hari izitazahava kubera ba nyirazo.

Ati “Nk’izo Nka za Nkurunziza zimaze igihe inaha ntabwo zizava inaha, kuko n’iyo ubavuze inkono bagukubita ntiwamenya umubare wazo. Nk’ubu hari igipande tudashobora kugeramo kubera inka z’uwo muntu.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Ririma, Oscar Murwanashyaka avuga ko ubuyobozi bw’uyu Murenge bwaganiriye n’ubwa Mayange ahaturuka Inka zonera aba baturage, kugira ngo babaganirize bareke kubangamira abaturage.

Ati “Ariko tunasaba abaturage bacu ko igihe cyose bazabona izo nka zaje kona, bazajye baduhamagara twebwe tujye kubafasha.”

Umuyobozi Ushinzwe Ubutegetsi n’Imari mu Murenge wa Mayange, Edson Nisingizwe avuga ko ikibazo nk’iki cyabayeho umwaka ushize ariko ko ubuyobozi bwagiriye inama abarozi bakoraga ibi bikorwa.

Ati “Byanze bikunze hari abantu batajya bumva ni yo mpamvu ubuyobozi buhozaho, ntabwo bwakwicara ngo burambike.”

Uyu muyobozi avuga bagiye kongera gukora ubukangurambaga ariko ko aborozi bazinangira, bazabihanirwa.

Soya ntibazirirwa basarura
Bafite agahinda

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 + five =

Previous Post

IFOTO: Perezida Ndayishimiye na Madamu mu murima w’umuceri bishimiye umusaruro

Next Post

VIDEO: Ni mu Rwanda ariko baravuga ugatakara…Umunyamakuru yagiye kureba umupira ataha ntacyo yumvise

Related Posts

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

by radiotv10
27/01/2026
0

Umwarimu wo muri Kaminuza uherutse gutabwa muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rumukurikiranyeho gusambanya abana b’abakobwa biga mu mashuri yisumbuye, hari...

Behind Every Success, There’s a Woman

Behind Every Success, There’s a Woman

by radiotv10
02/12/2025
0

In every great achievement, every celebrated milestone, and every story of resilience, there is often someone whose name is rarely...

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

by radiotv10
19/11/2025
0

Mu Kagari ka Mpare mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, hagaragaye umurambo w’umugabo w’imyaka 25 umanitse mu giti,...

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
04/11/2025
0

Ikipe ya Bugesera FC yahakanye amakuru yavugaga ko igiye gukina na Al Hilal, mu gihe iyi kipe yo yari yamaze...

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

by radiotv10
25/08/2025
0

Umuryango wa Ngarambe François Xavier wifurije isabukuru nziza y’umwaka umwe umuhungu we Ngarambe Rwego usanzwe ari Umunyamabanga wa Leta muri...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda
MU RWANDA

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

30/01/2026
Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

30/01/2026
General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

30/01/2026
Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
VIDEO: Ni mu Rwanda ariko baravuga ugatakara…Umunyamakuru yagiye kureba umupira ataha ntacyo yumvise

VIDEO: Ni mu Rwanda ariko baravuga ugatakara…Umunyamakuru yagiye kureba umupira ataha ntacyo yumvise

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.