• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Bugesera: Hari impande ebyiri zitavuga rumwe ku kibagamiye rumwe

radiotv10by radiotv10
28/08/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Bugesera: Hari impande ebyiri zitavuga rumwe ku kibagamiye rumwe
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bafite ibyo bakora ahazwi nko ku Gahembe mu Murenge wa Nyamata mu Karere ka Bugesera, barinubira umwanda ukomeje kuhagaragara kuko kompanyi itwara ibishingwe itinda kubikora, ngo ahubwo ikaza ibaca amande, mu gihe iyi komanyi yo ivuga ko ibitwarira ku gihe, kandi ko abo ku Gahembe banze gukorana na yo.

Umunyamakuru wa RADIOTV10 wigereye aka ku Gahembe, yabonye umwanda uhagaragara, urimo amacupa ya pulasitike n’ibindi.

Bamwe mu bahakorera biganjemo abakanishi, bavuga ko kuba uyu mwanda ugaragara muri aka gace, biterwa no kuba, kompanyi itwara imyanda itinda kuhagera, rimwe na rimwe ngo bagacibwa amande.

Umwe yagize ati “Uyu mwanda twawutoraguye gutyo tuwushyira aha twategereje imodoka twarayibuze.”

Umuyobozi wa Kompanyi ya HPS, Shyaka John avuga ko abo bafitanye amasezerabo y’imikoranire, babatwarira ibishingwe ariko aba bo ku Gahembe, ngo banze gukorana n’iyi kompanyi.

Yagize ati “Hari umuntu ugira imyanda ikaba myinshi bitewe n’Impamvu yagize mbere y’uko igihe kigera cy’uko tujyayo. Naho gutinda ntabwo tujya turenza igihe twumvikanye na bo.”

Avuga ko kuba hari abacibwa amande, ari uko badakorana n’iyi komanyi. Ati “Ufite amasezerano y’uko dukorana nta mande bashobora kumuca, ahubwo abo babivuga benshi cyane nk’abo bo ku Gahembe ni abantu banze gukorana na Kampani ahubwo bumva ko bashobora kubishyira mu mirima ibegereye.”

INKURU MU MASHUSHO

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven + twelve =

Previous Post

Bayern Munich na Visit Rwanda basinyanye amasezerano y’imikoranire

Next Post

AMAFOTO: Abayobozi baturutse mu Rwanda basogongeje Isi imikoranire n’ikipe ikomeye yayatangiranye intsinzi

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
AMAFOTO: Abayobozi baturutse mu Rwanda basogongeje Isi imikoranire n’ikipe ikomeye yayatangiranye intsinzi

AMAFOTO: Abayobozi baturutse mu Rwanda basogongeje Isi imikoranire n’ikipe ikomeye yayatangiranye intsinzi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.