Wednesday, January 28, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Bugesera: Umugore wabujijwe kwiyahura yivugira ko yishinja kwanduza SIDA umugabo we kandi ari intungane

radiotv10by radiotv10
16/12/2021
in MU RWANDA
0
Bugesera: Umugore wabujijwe kwiyahura yivugira ko yishinja kwanduza SIDA umugabo we kandi ari intungane
Share on FacebookShare on Twitter

Umugore wafatiwe kuri Nyabarongo mu Karere ka Bugesera agiye kwiyahura, yavuze ko yari agiye kwiyambura ubuzima kubera ikinegu yumva yishinja cyo kwanduza SIDA umugabo we kandi we atajya amuca inyuma akaba anitonda.

Uyu mugore wo mu kigero cy’imyaka 30 y’amavuko yasanzwe ku mugezi wa Nyabarongo amaze kwitunganya ngo yiyahure kuko yari amaze gushyira umwana hasi ndetse n’igikapu yari afite.

Abaturage bamubonye, babwite BTN dukesha aya makuru ko basanze habura gato ngo yinage muri Nyabarongo bagahita batabaza inzego zahise zimufata zikamubuza.

Umwe mu baturage yagize ati “Nabonye asa n’ufite stress, yavugaga ko afite ibibazo byinshi, amakosa yakoreye umugabo we.”

Uyu mugore wari ugiye kwiyahura na we yavuze icyari kimuteye gushaka kwiyambura ubuzima, avuga ko yumvaga yarambiwe ubuzima akava mu rugo agapfa kugenda na we atazi aho yerecyeza.

Yavuze ko uku gushaka kwiyambura ubuzima yabitewe n’inkomanga yumvaga afite ku mutima yo guhemukira umugabo we.

Ati “Umugabo wanjye naramubabaje cyane, mubabaza muca inyuma, mubabaza ampahira, mubabaza ambyaza, mubabaza muri byinshi ntarondora. Nafashe umwanya njya kumusaba imbabazi arabyanga nigumira muri gahunda zanjye.”

Yakomeje agira “Namwanduje SIDA kandi atarigeze asambana na rimwe anca inyuma. Ndihana ibyaha byose bindi ku mutima kuko mbyamvuyeho.”

Uyu mugore wumvikana mu ijwi riciye bugufi, yakomeje agira ati “Imana yo mu ijuru imbabarire mpagaze imbere yayo manitse ibiganza, ninongera gutandukira igihango cyayo, ikirenge cyayobye ntikizagaruke ariko impe amahoro yo mu mutima.”

Umugabo w’uyu mugore bafitanye umwa umwe w’imyaka ine, we yanze kugira icyo atangaza, ibintu bigaragaza ko afite intimba ku mutima.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − 19 =

Previous Post

Mpobera twarikingije, kuramo agapfukamunwa nkurebe neza,…-CP Kabera yagaragaje zakongeza kudohoka

Next Post

Gisagara: Impanuka ikomeye yaguyemo abaganga babiri bari mu gikorwa cyo gusiramura

Related Posts

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

by radiotv10
28/01/2026
0

Umukobwa wo mu Murenge wa Mururu mu Karere ka Rusizi, aravugwaho kuba amaze gukanda ubugabo umubyeyi we inshuro ebyiri, ndetse...

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

by radiotv10
28/01/2026
0

Urwego rw'Igihugu rw'Iterambere (RDB) rwatangaje ko hari abantu bakomeje kurwiyitirira cyangwa biyitirira kwamamaza ikirango cy’ubukerarugendo ‘Visit Rwanda’ mu nyungu zabo...

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

by radiotv10
28/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yasobanuye birambuye iby’ikirego yarezemo iy’u Bwongereza mu Rukiko Nkemurampaka, ku bijyanye no kutabahiriza amasezerano zombi zagiranye, ivuga...

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

by radiotv10
28/01/2026
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Karenge mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko babuzwa n’ubuyobozi kubaka no kuvugurura inzu zabo,...

Simple steps you can follow to build real confidence

Simple steps you can follow to build real confidence

by radiotv10
28/01/2026
0

Confidence isn’t about being the loudest person in the room or having everything figured out. It’s about feeling comfortable with...

IZIHERUKA

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police
FOOTBALL

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

by radiotv10
28/01/2026
0

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

28/01/2026
AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

28/01/2026
Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

28/01/2026
Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

28/01/2026
Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

28/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Gisagara: Impanuka ikomeye yaguyemo abaganga babiri bari mu gikorwa cyo gusiramura

Gisagara: Impanuka ikomeye yaguyemo abaganga babiri bari mu gikorwa cyo gusiramura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.