Tuesday, December 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Bumvaga ko Umupaka nufungurwa ibiciro bizagabanuka none byarushijeho gutambagira

radiotv10by radiotv10
16/02/2022
in MU RWANDA
0
Bumvaga ko Umupaka nufungurwa ibiciro bizagabanuka none byarushijeho gutambagira
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage n’abacuruzi biganjemo abo mu Mujyi wa Kigali, bavuga ko bacyumva ko Umupaka wa Gatuna ugiye gufungurwa bahise bumva ko ibicuruzwa bigiye kuboneka n’ibiciro byabyo bikagabanuka ariko ngo byahumiye ku mirari birushaho gutumbagira.

Hashize ibyumweru bibiri Umupaka wa Gatuna uhuza u Rwanda na Uganda, ufunguye, gusa si buri wese wemerewe kwambuka ajya cyangwa ava muri Uganda uretse imodoka nini zipakiye ibicuruzwa.

Benshi mu baturarwanda bacyumva ifungurwa ry’uyu mupaka, uretse guhita bumva ko ibibazo biri hagati y’u Rwanda na Uganda bigana ku musozo, bahise banatekereza ku bicuruzwa bimaze igihe byaratumbagiye kubera ko hari byinshi byaturukaga muri Uganda.

Aba baturage barimo n’abacuruzi bavuga ko kugeza ubu ibiciro bitigeze bimanuka ahubwo ko aho umupaka ufunguriwe byarushijeho kuzamuka.

Umwe mu bacuruzi bo mu Mujyi wa Kigali, avuga ko acyumva ko uyu mupaka ugiye gufungirwa yahise ahagarika kurangura kugira ngo azasubireyo ibicuruzwa byarabonetse ariko ko yasubiyeyo nyuma y’ifungurwa ry’umupaka agakubitwa n’inkuba.

Yagize ati “Kuva umupaka bavuga ngo bagiye kuwufungura, ibintu byaruriye. Njye naravuze ngo ngiye kuba ndetse kurangura ncuruze ibyari birimo, ubwo nkaba nzi ko wenda tuzakubitana n’ibintu byaramanutse, nsubiyeyo ahubwo nsanga byararushijeho.”
Aba bacuruzi bavuga ko mu bicuruzwa bafite ubu nta na kimwe cyaturutse muri Uganda, bakavuga ko batazi niba ko hari n’ibiri kwambuka biza mu Rwanda.

Undi mucuruzi ati “Hari ikintu cyavuye muri Uganda ubona hano [avuga iduka rye]. Ibiiro biracyari bya bindi ntibiramanuka, ahubwo n’iyo usubiyeyo usanga icyo waranguye mu cyumweru gishize kiyongeeyeho nka Magana abiri, ubwo se urumva hari icyaje.”
Uyu mucuruzi avuga ko byabateranyije n’abakiliya, ati “Umukiliya araza akakubwira ngo ‘ibintu byaraje kuki ibintu bigihenze?’ none se urumva tudafite ikibazo cy’abalikiya?”

Umunyamakuru wa RADIOTV10 yagerageje kuvugisha Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda, gusa mu buryo bwose yakoresheje, nta gisubizo yigeze ahabwa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 + one =

Previous Post

France: Bidasubirwaho dosiye ku ihanurwa ry’indege ya Habyarimana yafunzwe burundu

Next Post

Kigali: Bapakiye imifuka 25 ya Caguwa barenzaho amatafari bafatwa bataragera ku mugambi

Related Posts

Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

by radiotv10
16/12/2025
0

Ikigo cy'Igihugu Gishinzwe Ubuzima RBC cyatanze ibisobanuro by’uburyo umuntu ashobora kubona ko yanduye cyangwa atanduye Virusi itera SIDA akoresheje agakoresha...

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

by radiotv10
16/12/2025
0

Abanyeshuri barenga 100 b’ikigo cy’ishuri cya ‘Wise and Smart School’ cyo mu Karere ka Musanze n’abarezi babo, basuye Polisi y’u...

Iby’ingenzi Itorero ADEPR ryishimira mu myaka 85 rimaze ribayeho rigiye no kwizihiza isabukuru yayo

Iby’ingenzi Itorero ADEPR ryishimira mu myaka 85 rimaze ribayeho rigiye no kwizihiza isabukuru yayo

by radiotv10
16/12/2025
0

Itorero ADEPR rigiye kwizihiza isabukuru y'imyaka 85 rimaze ribayeho, rivuga ko muri iyi myaka hari byinshi ryishimira ryagezeho nko kubaka...

Umujyi wa Kigali waje ku mwanya wa mbere muri serivisi z’ubuzima

Umujyi wa Kigali waje ku mwanya wa mbere muri serivisi z’ubuzima

by radiotv10
16/12/2025
0

Urutonde rwashyizwe hanze n’Ikinyamakuru Jeune Afrique, rugaragaza uko imijyi ikurikiranaga ku ireme rya serivisi z’ubuvuzi n’imitangire yazo, Umujyi wa Kigali...

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

by radiotv10
15/12/2025
0

Nyuma y’igitero umutwe w’iterabwoba wa FDLR wagabye muri Teritwari ya Walikare cyahitanye abantu bane, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, yavuze...

IZIHERUKA

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano
IBYAMAMARE

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

by radiotv10
16/12/2025
0

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

16/12/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

16/12/2025
Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

16/12/2025
Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

16/12/2025
Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

16/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kigali: Bapakiye imifuka 25 ya Caguwa barenzaho amatafari bafatwa bataragera ku mugambi

Kigali: Bapakiye imifuka 25 ya Caguwa barenzaho amatafari bafatwa bataragera ku mugambi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.