Thursday, December 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

BURERA: Abahinzi b’ibishyimbo barasaba koroherezwa kubona ibiti byo gushingiriza

radiotv10by radiotv10
25/06/2021
in MU RWANDA
0
BURERA: Abahinzi b’ibishyimbo barasaba koroherezwa kubona ibiti byo gushingiriza
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bahinzi bagaragaje ko bagorwa no kubona ibiti byo gushingiriza ubwoko bw’ibishyimbo bikura bishaka aho gutondagira. Ikigo cy’igihugu gishinzwe amazi n’amashyamba (RWAFA) kivuga ko kigenera buri karere ingengo y’imari yo gufasha abaturage gucyemura ibibazo nk’ibyo.

Umwe mu bahinzi yavuze ko kubera ko nta mashyamba bityo bibagora kubona ibiti byo gushingiriza, ariko akabona babonye ibiti by’imirwanyasuri bivamo n’imihembezo byabafasha no kongera umusaruro wabo.

Bigirimana Jean Providence na we uhinga ibishyimbo avuga ko kubera kubura imihembezo bifashisha ibigorigori akenshi usanga bitanakomeye.

Yagize ati” Ibiti byo bitewe n’amashyamba ni ikibazo, bituma ya mihembezo dushyiramo iba mikeya ariyo mpamvu hari hamwe usanga ibishyimbo byaguye bitewe n’ibigorogori ibishyimbo biba byarazamutseho”.

Ibi kandi aba baturage banabihurizaho n’umuyobozi w’akarere ka Burera, Uwanyirigira Marie Chantal nawe wavuze ko abanyaburera bahinga imishingiriro kandi abenshi nta mashyamba bafite.

Yagize ati” Ikiba gisabwa ngo abahinzi babone umusaruro ni uko bagomba kuba bafite ibiti kandi ibiti byiza, iyo tubihuje no kubungabunga ibidukikije rero ugasanga abantu bose ntabwo bafite amashyamba, ariko n’uyafite singombwa ko ayasarura atari yera ngo abone imihembezo, nicyo twasabaga RAB kudufasha rero ngo dukomeze kubona ibiti by’indumburabutaka.’’

Twabajije mu kigo gishinzwe ubuhinzi RAB niba hari icyo bateganya gufasha aba bahinzi maze batubwira ko ibijyanye n’amashyamba byimuriwe muri RWAFA ikigo cy’igihugu gishinzwe amazi n’amashyamba.

Bakundukize Dismas, umuyobozi mu ikigo cy’igihugu gishinzwe amazi n’amashyamba (Rwafa) yabwiye Radio Tv10 ko hari ingengo y’imari yoherezwa muri buri karere ijyanye n’ibyo, gusa ngo akarere niko gahitamo ubwoko bw’ibiti bishobora kwifashishwa gatera.

Bakundukize kandi yabwiye Radio & TV10 ko yazamwibutsa kuri uyu wa mbere akayibwira ingengo y’imari yagenewe aka karere ka Burera. Igihe tuzaba twabonye igisubizo cy’ingengo igenewe Burera mu bishobora gufasha aba baturage bavuga ko bagorwa no kubona imihembezo tuzabitangariza.

Inkuru ya: Sindiheba Yusuf/Radio &TV10

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 − two =

Previous Post

APR FC yatwaye igikombe cya shampiyona cya 19 ibanje kunyagira Rutsiro FC

Next Post

NIGERIA: Abana ibihumbi birenga 300 bamaze kwicwa mu myaka 12 ishize

Related Posts

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

by radiotv10
11/12/2025
0

Umukozi ushinzwe imyirwarire y’abanyeshuri mu ishuri rya Saint Trinité de Ruhango riherereye mu Karere ka Ruhango, yatawe muri yombi n’Urwego...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

by radiotv10
10/12/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko Umupolisi wo mu Murenge wa Boneza mu Karere ka Rutsiro, yarashe abantu babiri barimo Umu-DASSO...

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

by radiotv10
10/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda iratangaza ko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo idakwiye kwegeka ku Rwanda ibikorwa byo kurenga ku gahenge, nyuma...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Eng.-Rwanda speaks out on the recent South Kivu bombing from Burundi and responds to the accompanying false claims

by radiotv10
10/12/2025
0

The Government of Rwanda states that the Democratic Republic of Congo (DRC) cannot place on Rwanda any cross-border violations following...

Ikibazo u Rwanda rwabajije Congo yakinnye ku mubyimba Abanyekongo baruhungiyemo

Ibi birahagije: Ubutumwa Umuvugizi w’u Rwanda yageneye uwa Congo nyuma yo kongera kuzamura ibinyoma

by radiotv10
10/12/2025
0

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yavuze ko igihe kigeze ngo Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ihagarike ibinyoma byayo,...

IZIHERUKA

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo
MU RWANDA

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

by radiotv10
11/12/2025
0

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

11/12/2025
Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

10/12/2025
AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

10/12/2025
Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

10/12/2025
Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

10/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
NIGERIA: Abana ibihumbi birenga 300 bamaze kwicwa mu myaka 12 ishize

NIGERIA: Abana ibihumbi birenga 300 bamaze kwicwa mu myaka 12 ishize

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.