Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

BURERA: Abahinzi b’ibishyimbo barasaba koroherezwa kubona ibiti byo gushingiriza

radiotv10by radiotv10
25/06/2021
in MU RWANDA
0
BURERA: Abahinzi b’ibishyimbo barasaba koroherezwa kubona ibiti byo gushingiriza
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bahinzi bagaragaje ko bagorwa no kubona ibiti byo gushingiriza ubwoko bw’ibishyimbo bikura bishaka aho gutondagira. Ikigo cy’igihugu gishinzwe amazi n’amashyamba (RWAFA) kivuga ko kigenera buri karere ingengo y’imari yo gufasha abaturage gucyemura ibibazo nk’ibyo.

Umwe mu bahinzi yavuze ko kubera ko nta mashyamba bityo bibagora kubona ibiti byo gushingiriza, ariko akabona babonye ibiti by’imirwanyasuri bivamo n’imihembezo byabafasha no kongera umusaruro wabo.

Bigirimana Jean Providence na we uhinga ibishyimbo avuga ko kubera kubura imihembezo bifashisha ibigorigori akenshi usanga bitanakomeye.

Yagize ati” Ibiti byo bitewe n’amashyamba ni ikibazo, bituma ya mihembezo dushyiramo iba mikeya ariyo mpamvu hari hamwe usanga ibishyimbo byaguye bitewe n’ibigorogori ibishyimbo biba byarazamutseho”.

Ibi kandi aba baturage banabihurizaho n’umuyobozi w’akarere ka Burera, Uwanyirigira Marie Chantal nawe wavuze ko abanyaburera bahinga imishingiriro kandi abenshi nta mashyamba bafite.

Yagize ati” Ikiba gisabwa ngo abahinzi babone umusaruro ni uko bagomba kuba bafite ibiti kandi ibiti byiza, iyo tubihuje no kubungabunga ibidukikije rero ugasanga abantu bose ntabwo bafite amashyamba, ariko n’uyafite singombwa ko ayasarura atari yera ngo abone imihembezo, nicyo twasabaga RAB kudufasha rero ngo dukomeze kubona ibiti by’indumburabutaka.’’

Twabajije mu kigo gishinzwe ubuhinzi RAB niba hari icyo bateganya gufasha aba bahinzi maze batubwira ko ibijyanye n’amashyamba byimuriwe muri RWAFA ikigo cy’igihugu gishinzwe amazi n’amashyamba.

Bakundukize Dismas, umuyobozi mu ikigo cy’igihugu gishinzwe amazi n’amashyamba (Rwafa) yabwiye Radio Tv10 ko hari ingengo y’imari yoherezwa muri buri karere ijyanye n’ibyo, gusa ngo akarere niko gahitamo ubwoko bw’ibiti bishobora kwifashishwa gatera.

Bakundukize kandi yabwiye Radio & TV10 ko yazamwibutsa kuri uyu wa mbere akayibwira ingengo y’imari yagenewe aka karere ka Burera. Igihe tuzaba twabonye igisubizo cy’ingengo igenewe Burera mu bishobora gufasha aba baturage bavuga ko bagorwa no kubona imihembezo tuzabitangariza.

Inkuru ya: Sindiheba Yusuf/Radio &TV10

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 + fourteen =

Previous Post

APR FC yatwaye igikombe cya shampiyona cya 19 ibanje kunyagira Rutsiro FC

Next Post

NIGERIA: Abana ibihumbi birenga 300 bamaze kwicwa mu myaka 12 ishize

Related Posts

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

by radiotv10
08/01/2026
0

Iburanisha ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo mu rubanza ruregwamo Umuhuzabikorwa w’Ikigo Ngororamuco cya Gitagata, Sheikh Bahame Hassan wanabaye Umuyobozi w'Akarere ka...

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

by radiotv10
08/01/2026
0

For many people, earning more money feels like the ultimate solution to financial stress. A salary raise, a new job,...

IZIHERUKA

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko
IBYAMAMARE

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
NIGERIA: Abana ibihumbi birenga 300 bamaze kwicwa mu myaka 12 ishize

NIGERIA: Abana ibihumbi birenga 300 bamaze kwicwa mu myaka 12 ishize

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.