Monday, January 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Burera: Amayobera ku cyarandura udusimba twona imyaka tukanibasira abambaye imyambaro y’amabara amwe

radiotv10by radiotv10
15/07/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Burera: Amayobera ku cyarandura udusimba twona imyaka tukanibasira abambaye imyambaro y’amabara amwe
Share on FacebookShare on Twitter

Abatuye mu Mirenge ya Rugarama na Cyanika mu Karere ka Burera, bavuga ko bamaze imyaka ibiri bugarijwe n’udusimba tuzwi nk’isazi z’umweru, twirara mu myaka yabo nk’ibirayi n’ibishyimo tukayona ntibagire icyo basarura, tukanabasanga mu ngo tukibasira abambaye imyambaro y’icyatsi n’umuhondo.

Niyonzima Bonaventure agira ati “Twatangiriye mu gice bita I Murera ku ka Rebe tugenda tuza, none iyo uhinze ibishyimbo ntacyo ukuramo none abaturage turi mu bukene kubera ako gasimba.”

Aba baturage bavuga ko imyaka yibasiwe n’utu dusimba byumwihariko ibishyimbo, itera ku buryo aho twageze, batirirwa basubira mu mirima ngo bajye gusarura.

Mukasine Claudine ati “Birayanga nk’aho byakazanye agateja ugasanga byazanye ibintu by’ibivuta wajya gusarura ugasanga ntakirimo. Rero inzara irahari, none se nk’uwahinga ibishyimbo akeza ntabyo, ibirayi nabyo ni uko.”

Bakomeza bavuga ko kugeza ubu badafite uburyo bwizewe bwo kurwanya iki cyonnyi kuko umuti bahawe n’inzego z’ubuyobozi ku rwego rw’Utugari ntacyo wabafashije bityo bagasaba ko inzego zishinzwe ubuhinzi zabashakira umuti w’utu dukoko tumaze kuba indahiro muri aka gace.

Ndayambaje Faustin ati “Baherutse kuzana imiti y’igerageza bateye twihisha munsi y’amababi bamaze gutera turagaruka bivuze ngo rwaratuyobeye ahubwo mwatuvuganira mu rwego rwo hejuru mukadusabira imiti tukareba ko twahangana narwo.”

Mugiraneza Dieudonne, Umuyoyobozi w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza Imbere Ubuhinzi n’Ubworozi RAB, ishami rya Rwerere avuga ko hari uburyo buri kwigishwa aba baturage bahangana n’utu dusimba.

Yagize ati “Icyo turimo turwana na cyo ni ugutera imiti kugira ngo tugabanuke kuko ubwinshi bwatwo ntabwo byakorohera abaturage kubona imiti mu gihe iyo uteye duhita tuguruka tukajya mu ishyamba kandi ntitwatera imiti mu ishyamba. Ni ukuvuga ngo rero muri aka gace kegereye ishyamba biragoye ariko tuzakomeza gutera imiti twica amagi kugira ngo turinde kwiyongera cyane bityo buhoro buhoro tuzashira burundu.”

Uyu muyobozi akomeza avuga ko utu dukoko tuzwi nk’isazi y’umweru [Whiteflies] mu ndimi z’amahanga ngo twiyongera bitewe n’ubushyuhe mu butaka n’ikinyabutabire cya Potassium nyinshi iva mu magufa ngo tugaragara cyane mu Mirenge ya Cyanika, Rugarama na Gahunga yo mu karere ka Burera.

Utu dusimba tuba ari twinshi
Ibishyimbo twagezemo ntawirirwa ajya gusarura

Basaba ko bahabwa umuti udukuraho burundu

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five + 4 =

Previous Post

Ntibanyurwa n’ibikorerwa abajura babarembeje iyo babifatiye kandi barabujijwe kwihanira

Next Post

Hatangajwe ibyaha bikekwa ku mukozi mu buyobozi bw’Umujyi wa Kigali ufunze

Related Posts

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo...

What emotional intelligence means and why it’s important

What emotional intelligence means and why it’s important

by radiotv10
12/01/2026
0

For a long time, intelligence was measured by grades, IQ scores, and how fast someone could solve problems. But in...

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

IZIHERUKA

America yahawe umuburo n’Igihugu iherutse na yo gukanga
AMAHANGA

America yahawe umuburo n’Igihugu iherutse na yo gukanga

by radiotv10
12/01/2026
0

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

12/01/2026
Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

12/01/2026
Barcelona yongeye gutwara Igikombe kiruta ibindi muri Espagne ibabaje mukeba wayo

Barcelona yongeye gutwara Igikombe kiruta ibindi muri Espagne ibabaje mukeba wayo

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatangajwe ibyaha bikekwa ku mukozi mu buyobozi bw’Umujyi wa Kigali ufunze

Hatangajwe ibyaha bikekwa ku mukozi mu buyobozi bw’Umujyi wa Kigali ufunze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

America yahawe umuburo n’Igihugu iherutse na yo gukanga

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.