Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Burera: Barakeka ko amabuye yuzuye mu mirima yabo ari imari ishyushye

radiotv10by radiotv10
21/02/2022
in MU RWANDA
0
Burera: Barakeka ko amabuye yuzuye mu mirima yabo ari imari ishyushye
Share on FacebookShare on Twitter

Abaturage bo mu Mudugudu wa Rukoro, Akagari ka Kayenzi mu Murenge wa Kagogo mu Karere ka Burera, bakeka ko amabuye ari mu mirima yabo ari imari ishyushye, bagasaba ubuyobozi kuyakoraho ubushakashatsi kugira ngo abyazwe umusaruro.

Iyo witegereje ayo mabuye, ubona ari amakoro asanzwe aboneka ahenshi mu Rwanda, gusa abaturage batuye muri uyu Mudugudu wa Rukoro mu Kagari ka Kayenzi mu Murenge wa Kagogo, bavuga ko ayo mabuye ari meza bihebuje kandi aboneka ku bwinshi.

Umwe muri bo ati “Bazaze nk’ukuntu nawe ugeze aha bitegereze barebe, ni amabuye menshi cyane.”

Aba baturage bahana imbibi n’Igihugu cya Uganda, bavuga ko mbere bakijyayo bajyanga babona muri iki Gihugu babyaza umusaruro amabuye, bakaba bakeka ko n’aya yo mu mirima yabo ashobora kugira ikindi avamo.

Umwe ati “Twabonaga inganda zibayo zisya amabuye ziyavanamo sima n’umusenyi usukuye ariko inaha amabuye ntakintu atumariye.”

Aba baturage bakomeza basaba ubuyobozi ko bwabashakira abashakashatsi babarebera uko babyaza aya mabuye yabo umusaruro bityo bikabafasha kwiteza imbere.

Ati “Mudukoreye nk’ubuvugizi bazana nk’uruganda cyangwa imashini. Umushoramari twamubonye akaza agashyira aha uruganda nkatwe urubyiruko twaba tubonye akazi.”

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × one =

Previous Post

Rwamagana: Itsinda ry’abantu 7 barimo umugore n’umugabo we ryafatanywe ibyibano

Next Post

Charly na Nina bahise basohora indirimbo bavugamo amagambo ataka umusore bidasanzwe

Related Posts

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

IZIHERUKA

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze
IMIBEREHO MYIZA

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Charly na Nina bahise basohora indirimbo bavugamo amagambo ataka umusore bidasanzwe

Charly na Nina bahise basohora indirimbo bavugamo amagambo ataka umusore bidasanzwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.