• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Charly na Nina bahise basohora indirimbo bavugamo amagambo ataka umusore bidasanzwe

radiotv10by radiotv10
21/02/2022
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA
0
Charly na Nina bahise basohora indirimbo bavugamo amagambo ataka umusore bidasanzwe
Share on FacebookShare on Twitter

Abahanzikazi Charlotte Rulinda (Charly) na Fatuma Muhoza (Nina) baherutse gusubirana, bashyize hanze indirimbo yabo nshya bise Lavender, irimo amagambo y’urukundo.

Iyi ndirimbo yasohotse mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 21 Gashyantare 2022, igiye hanze nyuma y’igihe gito aba bahanzikazi bongeye kugaragara mu gitaramo baririmbano aho bitabiriye iserukiramuco muri DRC.

Bari bamaze imyaka ibiri badashyira hanze igihangano ndetse bivugwa ko batandukanye, gusa mu minsi yashize, bongeye guhamya ko bagarutse mu muziki.

Indirimbo Lavender [ururabo] bashyize hanze mu buryo bw’amajwi n’amashusho, itangizwa na Charly ashimira umukunzi agira ati “Mon amour mon bebe [rukundo rwanjye] tu m’as aime [warankunze] ndabibona.”

Lavender bitiriye iyi ndirimbo, ni ururabo rusanzwe ruzwiho guhumura cyane, bakaba baririmba bavuga ko uwo mukunzi ahumura nk’urwo rurabo. Agakomeza agira ati “Naguhisemo uzabibona.”

Ni indirimbo baririmbye mu ndimi zinyuranye zirimo Igifaransa, Ikinyarwanda n’Ikiswahili, yumvikanamo amagambo umuntu aba abwira umukunzi we amusezeranya ko azamukunda iteka ryose.

Hari aho bakomeza bagira bati “Uryoshye kubi, buno buki burandyohera nkumva nabuhoza mu itama, iwawe ni ho nisanga, umutima wanjye wifuza guhorana nawe ngaho gumana nanjye kandi nunasaza uzambona hafi aho sinzaguterera iyo…”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 + seventeen =

Previous Post

Burera: Barakeka ko amabuye yuzuye mu mirima yabo ari imari ishyushye

Next Post

AMAFOTO: Umutoza wa APR yasuye Shangazi urembye amugenera ubufasha anamwizeza ubuhoraho

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

by radiotv10
02/06/2026
0

Mu rubanza ruregwamo umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano, Ubushinjacyaha bwagaragaje impamvu zikomeye bumusabira gufungwa by’agateganyo, zirimo urumogi ruri ku...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

by radiotv10
02/06/2026
0

Umuhanzikazi France Mpundu uherutse kwambikwa impeta n’umusore wo muri Niger, Moctar bahuriye mu kiganiro ‘The Secret Story’ cyamamaye, yatangaje ko...

Next Post
AMAFOTO: Umutoza wa APR yasuye Shangazi urembye amugenera ubufasha anamwizeza ubuhoraho

AMAFOTO: Umutoza wa APR yasuye Shangazi urembye amugenera ubufasha anamwizeza ubuhoraho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.