• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Burundi: Abamaze imyaka 3 bahawe icyizere na Guverinoma ku kibazo cy’imyuzure bari mu marira

radiotv10by radiotv10
06/04/2023
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
Burundi: Abamaze imyaka 3 bahawe icyizere na Guverinoma ku kibazo cy’imyuzure bari mu marira
Share on FacebookShare on Twitter

Abaturage bo muri Zone ya Gatumba mu Ntara ya Bujumbura mu Gihugu cy’u Burundi, bongeye guterwa n’imyuzure nyuma y’imyaka itatu bizejwe igisubizo cyayo.

Imiryango itaramenyekana umubare, yakuwe mu byayo n’imyuzure y’amazi muri zone ya Gatumba mu ntara ya Bujumbura kuva ku wa Mbere w’iki cyumweru.

Abaturage barinubira ko iki kibazo gikunze kugaruka cyane cyane mu bihe by’imvura kuva mu myaka itatu ishize, ibintu bavuga ko byananiye Leta.

Ni mugihe yo ivuga ko itegereje inkunga yemerewe n’ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku iterambere PNUD, yo kubakira uruzi rwa Rusizi rusendereza amazi rugasenyera abaturage.

Nta cyizere cy’igihe iki kibazo kizakemurirwa kuko mu kwezi kwa Gicurasi mu mwaka 2021, Gervais Ndirakobuca akiri Minisitiri w’Umutekano, yari yemeje ko Leta igiye gushaka igisubizo cy’iki kibazo mu buryo bwihuse, ariko imyaka hafi itatu irirenze ntakirakorwaho.

Mu myaka itatu ishize, iyi myuzure iterwa n’uruzi rwa Rusizi yatumye abasaga ibihumbi 40 bava mu byabo barahunga, nkuko Guverinoma y’u Burundi yabitangaje.

Assoumani TWAHIRWA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 5 =

Previous Post

Hagiye hanze andi makuru mashya ku mukino wabanjirijwe n’impaka ndende

Next Post

Umunyabigwi wirukanywe n’ikipe yatozaga yatashyweho n’akanyamuneza kavuye mu ikipe ikomeye iri gucumbagira

Related Posts

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

by radiotv10
01/06/2026
0

Konti ya Instagram y’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America (White House) yakoreshwaga ku buyobozi bwa Barack Obama,...

Next Post
Umunyabigwi wirukanywe n’ikipe yatozaga yatashyweho n’akanyamuneza kavuye mu ikipe ikomeye iri gucumbagira

Umunyabigwi wirukanywe n’ikipe yatozaga yatashyweho n’akanyamuneza kavuye mu ikipe ikomeye iri gucumbagira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.