Friday, June 13, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Burundi: Abayobozi batatu bateranye amagambo na Minisitiri batawe muri yombi

radiotv10by radiotv10
09/02/2022
in MU RWANDA
0
Burundi: Abayobozi batatu bateranye amagambo na Minisitiri batawe muri yombi
Share on FacebookShare on Twitter

Urwego rw’Igihugu rw’Iperereza mu Burundi (SNR), rwataye muri yombi abayobozi batatu bo mu nzego nkuru baherutse guterana amagambo na Minisitiri ufite mu nshingano ubwikorezi bapfa icyemezo cyo kuzamura ibiciro by’ingendo.

Ikinyamakuru UBMNews gikorera mu Burundi, gitangaza ko aba bayobozi batatu batawe muri yombi ku wa Mbere w’iki cyumweru, ni Umuyobozi w’Ikigo gishinzwe ubwikorezi (OTRACO), Maniratunga Albert, ushinzwe ubucuruzi, Ngendakumana Venant n’umuyobozi ushinzwe ubucuruzi bw’ibikomoka kuri Peteroli, Engénieur Manirakiza.

Aba bayobozi bafungiye muri kasho y’urwego rw’igihugu rw’iperereza (SNR) ruri i Bujumbura, batawe muri yombi nyuma yo kugira ibyo batumvikanaho na Minisitiri ushinzwe gutwara abantu n’ibintu, Marie Chantal Nijimbere bigatuma baterana amagambo ku cyemezo cyo kuzamura ibiciro by’ingendo.

Ibiciro by’ingendo mu Burundi byazamutseho 25% hashingiwe ku izamuka ry’ibikomoka kuri Peteroli.

Bamwe mu bakurikiranira hafi ibikorerwa mu Burundi, bavuga ko batumva impamvu ibiciro by’ingendo byiyongereyeho 25% mu gihe ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byazamutseho 12%.

Nyuma yo guterana amagambo hagati y’aba bayobozi na Minisitiri, bahise banasohora itangazo rivuga ko badashobora kwisubiraho ku cyemezo bafashe mu gihe Minisitiri we yari yagihagaritse.

Bamwe mu bari hafi mu buyobozi bukuru bw’i Burundi, bavuga ko niyo bafungurwa batakomeza imirimo yabo ahubwo ko bashobora guhita birukanwa.

Muri Kamena umwaka ushize wa 2021, Maniratunga Albert na bwo yari yabaye ahagaritswe by’igitaraganya na Perezida Evariste Ndayishimiye wari wasuye ikigo cya OTRACO, nyuma y’uko yasanze yaramubeshye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 + 20 =

Previous Post

Uko Perezida Ndayishimiye yakiriye icyemezo cy’Ubumwe bw’u Burayi bwakuriyeho ibihano u Burundi

Next Post

Muzirikane ko ibyo mukora mubikora mu izina rya Perezida- Gatabazi abwira abarimo ba Gitifu

Related Posts

Kazungu wifuza gusubira muri Sosiyete nyarwanda yahishuye icyamushoye mu bwicanyi

Kazungu wifuza gusubira muri Sosiyete nyarwanda yahishuye icyamushoye mu bwicanyi

by radiotv10
13/06/2025
0

Mu rubanza rw’ubujurire, Kazungu Denis wiyemereye kwica abantu barenga 10 babonetse bashyinguye iwe, yatakambiye Urukiko ngo rumugabanyirize igihano cya burundu...

Perezida wa Njyanama y’Akarere ka Muhanga yavuze ku guhagarika izi nshingano n’icyabimuteye

Uruganda rwakoragamo umukozi wapfiriye mu kazi rwagize icyo rwizeza ubuyobozi

by radiotv10
13/06/2025
0

Ubuyobozi bw’uruganda ‘Basile Industries ltd’ ruherereye mu Karere ka Muhanga, rwakoragamo umukozi wishwe n’imashini yakoreshaga, rwizeje ubuyobozi bw’inzego z’ibanze ko...

Bwa mbere ingengo y’imari y’u Rwanda yageze muri Miliyari 7.000Frw: Menya iby’ingenzi azashyirwamo

Bwa mbere ingengo y’imari y’u Rwanda yageze muri Miliyari 7.000Frw: Menya iby’ingenzi azashyirwamo

by radiotv10
13/06/2025
0

Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda yemeje ishingiro ry’Umushinga w’Ingengo y’Imari y’umwaka wa 2025-2026 wa miliyari 7 032 Frw, ugaragaza ubwiyongere...

Umusore wari wanditse kuri WhatsApp ko hari icyo yishinja yabonetse yapfuye

Umusore wari wanditse kuri WhatsApp ko hari icyo yishinja yabonetse yapfuye

by radiotv10
12/06/2025
0

Umusore w’imyaka 21 y’amavuko wo mu Murenge wa Mururu mu Karere ka Rusizi, wari wanyujije ubutumwa kuri WhatsApp ko yishinja...

Ingorane z’umwana wavukanye ibitsina bibiri n’imikorere yabyo iteye urujijo

Ingorane z’umwana wavukanye ibitsina bibiri n’imikorere yabyo iteye urujijo

by radiotv10
12/06/2025
0

Umwana w’imyaka icyenda (9) wo mu Murenge wa Nyakabuye mu Karere ka Rusizi, wavutse afite ibitsina bibiri, byamusibiye amayira ku...

IZIHERUKA

Igisirikare cya Israel kikomanze mu gatuza ko kivuganye Abajenerali batatu bakomeye b’ikindi Gihugu
AMAHANGA

Igisirikare cya Israel kikomanze mu gatuza ko kivuganye Abajenerali batatu bakomeye b’ikindi Gihugu

by radiotv10
13/06/2025
0

Umuhanzi Chris Eazy ari mu gahinda gakomeye k’ibyago byo gupfusha umubyeyi

Umuhanzi Chris Eazy ari mu gahinda gakomeye k’ibyago byo gupfusha umubyeyi

13/06/2025
Uwari kapiteni wa Rayon aragiye: Iby’ingenzi wamenya ku ikipe yerecyejemo hanze y’u Rwanda

Uwari kapiteni wa Rayon aragiye: Iby’ingenzi wamenya ku ikipe yerecyejemo hanze y’u Rwanda

13/06/2025
Kazungu wifuza gusubira muri Sosiyete nyarwanda yahishuye icyamushoye mu bwicanyi

Kazungu wifuza gusubira muri Sosiyete nyarwanda yahishuye icyamushoye mu bwicanyi

13/06/2025
Perezida wa Njyanama y’Akarere ka Muhanga yavuze ku guhagarika izi nshingano n’icyabimuteye

Uruganda rwakoragamo umukozi wapfiriye mu kazi rwagize icyo rwizeza ubuyobozi

13/06/2025
Bwa mbere ingengo y’imari y’u Rwanda yageze muri Miliyari 7.000Frw: Menya iby’ingenzi azashyirwamo

Bwa mbere ingengo y’imari y’u Rwanda yageze muri Miliyari 7.000Frw: Menya iby’ingenzi azashyirwamo

13/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Muzirikane ko ibyo mukora mubikora mu izina rya Perezida- Gatabazi abwira abarimo ba Gitifu

Muzirikane ko ibyo mukora mubikora mu izina rya Perezida- Gatabazi abwira abarimo ba Gitifu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Igisirikare cya Israel kikomanze mu gatuza ko kivuganye Abajenerali batatu bakomeye b’ikindi Gihugu

Umuhanzi Chris Eazy ari mu gahinda gakomeye k’ibyago byo gupfusha umubyeyi

Uwari kapiteni wa Rayon aragiye: Iby’ingenzi wamenya ku ikipe yerecyejemo hanze y’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.