• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Burundi: Amakuru mashya akomeye ku wari Minisitiri w’Intebe wavuzweho gushaka gukora ‘Coup d’état’

radiotv10by radiotv10
17/04/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Burundi: Perezida yasimbuje Minisitiri w’Intebe wavugwagaho gushaka kumukorera ‘Coup d’état’

Alain-Guillaume Bunyoni wabaye Minisititi w'Intebe w'u Burundi

Share on FacebookShare on Twitter

Alain-Guillaume Bunyoni wabaye Minisitiri w’Intebe w’u Burundi, akaza gusimbuzwa, ashinjwa gushaka guhirika ubutegetsi bwa Perezida Evariste Ndayishimiye, urugo rwe rwasatswe n’inzego zirimo iz’ubutasi, aho bikekwa ko iwe hahishe amafaranga menshi.

Aya makuru dukesha ikinyamakuru SOS Médias Burundi, yatangajwe ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 17 Mata 2023, avuga ko urugo rwa Alain Guillaume Bunyoni, rwasatswe uyu munsi.

Ubutumwa bwanditswe n’iki kinyamakuru kuri Twitter, buvuga ko “Polisi n’inzego z’Iperereza bari gusaka urugo rw’uwahoze ari Minisitiri w’Intebe, Alain Guillaume Bunyoni. Ku busabe bwatanzwe n’Umushinjacyaha Mukuru wa Repubulika.”

Iki kinyamakuru kivuga ko iri sakwa rishingiye ku mafaranga atagira ingano menshi cyane ashobora kuba ahishe mu rugo rw’uyu wabaye Minisitri w’intebe w’u Burundi.

Polisi y’u Burundi nayo yemeje ko gusaha urugo rwa Bunyoni “Rwategetswe n’Umushinjacyaha Mukuru w’Igihugu rwo gufungura imiryango y’ibyumba byose by’inzu ituyemo uwahoze ari Minisitiri w’Intebe.”

Umwe mu banyamategeko bunganira abantu mu nkiko mu Gihugu cy’u Burundi, Dieudonné Bashirahishize agira icyo avuga kuri iri saka ryakorewe uyu munyapolitiki, yavuze ko bamwe mu bategetsi mu Burundi bigwizaho imitungo bakoresheje inzira zitanoze, bityo ko hakwiye kubaho akanyafu.

Yagize ati “Kurinda ubukungu bw’Igihugu  ntibigomba kugarukira gusa mu mbwirwaruhame. Ntabwo kurwanya ruswa byashoboka mu gihe Igihugu cyakwimakaza umuco wo kudahana.”

Alain-Guillaume Bunyoni yakuwe ku mwanya wa Minisitiri w’Intebe w’u Burundi, muri Nzeri umwaka ushize wa 2022, nyuma y’igihe hari hamaze iminsi hanugwanugwa ko ashaka guhirika ubutegetsi bwa Perezida Evariste Ndayishimiye.

Yahise asimburwa na Gervais Ndirakobuca watowe n’Inteko Ishinga Amategeko, nyuma yo gushyirwaho na Perezida Evariste Ndayishimiye.

Icyo gihe Alain-Guillaume Bunyoni yavuyeho hamaze iminsi humvikana guterana amagambo na Perezida Ndayishimiye ku ngingo zari zikomeye zarebaga Igihugu.

Perezida Ndayishimiye kandi yari yagarutse ku bariho bashaka kumuhirikira ubutegetsi, avuga ko Imana itakwemera ko uyu mugambi mubisha wagerwaho.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 + four =

Previous Post

Kigali: Urujijo ku cyahitanye umugabo wari muri ‘Lodge’ yasinze basanze yapfuye

Next Post

Itsinda ridasanzwe ry’abagore b’ubwiza n’ikimero byihariye ryashinzwe i Kigali ryaciye ibintu

Related Posts

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Next Post
Itsinda ridasanzwe ry’abagore b’ubwiza n’ikimero byihariye ryashinzwe i Kigali ryaciye ibintu

Itsinda ridasanzwe ry’abagore b’ubwiza n’ikimero byihariye ryashinzwe i Kigali ryaciye ibintu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.