Tuesday, December 2, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Burundi: Perezida yasimbuje Minisitiri w’Intebe wavugwagaho gushaka kumukorera ‘Coup d’état’

radiotv10by radiotv10
07/09/2022
in MU RWANDA
0
Burundi: Perezida yasimbuje Minisitiri w’Intebe wavugwagaho gushaka kumukorera ‘Coup d’état’
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Evariste Ndayishimiye yasimbuje Alain Guillaume Bunyoni ku mwanya wa Minisitiri w’Intebe, nyuma yuko bari bamaze iminsi banyuranya mu bitekerezo ndetse akaba yavugwagaho umugambi wo kumuhirika ku butegetsi.

Mu ibarurwa yandikiye Inteko Ishinga Amategeko mu gitondo cyo kuri yu wa Gatatu tariki Indwi Nzeri 2022, Perezida Evariste Ndayishimiye yayisabye kwemeza Gervais Ndirakobuca nka Minisitiri w’Intebe mushya.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu, Inteko Ishinga Amategeko mu Burundi yaramukiye mu gikorwa cyo gutorera iki cyemezo cy’Umukuru w’Igihugu aho intumwa za rubanda zemeje Gervais Ndirakobuca ku majwi 113.

Perezida Ndayishimiye asimbuye Alain Guillaume Bunyoni nyuma yuko hari hamaze iminsi hari umwuka mubi hagati yabo ndetse hariho ikikango ko mu Burundi hashobora kuba Coup d’Etat.

Perezida Evariste Ndayishimiye ubwo yatangizaga umwaka w’Ubucamanza ku wa Gatanu w’icyumweru gishize, yagarutse ku bashaka kumuhirika ku butegetsi, abaha gasopo, ababwira ko batazabigeraho.

Uwigeze kuba Visi Perezida wa Mbere mu Burundi, Frédéric Bamvuginyumvira yagarutse ku bibazo bimaze iminsi biri mu bategetsi bakuru bo muri iki Gihugu, yemeza ko aho byari bimaze kugera, byari biteye inkeke.

Yagize ati “Umukuru w’Igihugu ari kwiyama abo bakorana kandi ba hafi bumva neza ko ntawundi yaba avuga atari Minisitiri w’Intebe we cyane cyane ko na Minisitiri w’Intebe we yavuze ati ‘iyo umuntu ari kugira urusaku akuvuga nabi, ati ‘umenye ko muri icyo gihe wamaze kumusumba’. Bari gusubizanya nta n’umwe uvuga undi mu izina.”

Uyu munyapolitiki yavuze ko Perezida Ndayishimiye ashaka kurandura uburiganya buri mu bakomeye muri CNDD-FDD bigaruriye imitungo myinshi y’Igihugu, akaba ari na byo biri mu byateye umwuka mubi hagati ya Ndayishimiye n’uwari Minisitiri w’Intebe muri Guverinoma ye.

Yagize ati “Niyo Perezida yashaka guhindura ibyo bintu, Minisitiri w’Intebe ntabwo azabishyiraho umukono kuko Minisitiri w’Intebe ari muri iryo tsinda ryimonogoje noneho Perezida agashaka kubahindura kandi barahawe uburenganzira n’ishyaka rya CNDD-FDD.”

Alain-Guillaume Bunyoni wavugwagaho gushaka guhirika ku butegetsi Ndayishimiye
Gervais wamusimbuye

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen + fourteen =

Previous Post

Rubavu: Ukekwa ko ari igisambo yashatse gutera icyuma Abapolisi bamusubiza isasu

Next Post

Poland: Umuyobozi Wungirije wa Polisi y’u Rwanda yitabiye imurika riri kumurikirwamo n’imbunda

Related Posts

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
01/12/2025
0

Perezida wa Repubulika y'u Rwanda, Paul Kagame; yashyize mu myanya abayobozi barimo Minisitiri w'Ubuhinzi mushya, n'Abanyamabanga ba Leta babiri barimo...

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

by radiotv10
01/12/2025
0

Hari abahoze ari abakozi b’Ikigo Nderabuzima cya Murara mu Karere ka Rubavu, bavuga ko bari mu gihirahiro nyuma y’uko mu...

Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Hatangajwe amagambo umwe muri batatu bakekwaho kwica umuntu bamukase ijosi yakundaga kumubwira

by radiotv10
01/12/2025
0

Abagabo batatu batawe muri yombi na Polisi ikorera mu Karere ka Gisagara, bakekwaho kwica umugabo bamukase ijosi, barimo uwakundaga kumubwira...

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

by radiotv10
01/12/2025
0

Mu Mujyi wa Kigali hagiye gutangira gahunda nshya mu gutwara abagenzi mu buryo bwa rusange, izatuma nta modoka zihagarara umwanya...

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

by radiotv10
01/12/2025
0

Mu rwego rwo gukomeza gushimangira ubufatanye n’imikoranire myiza hagati y’inzego z’umutekano n’abaturage, Inzego z’Umutekano z’u Rwanda (RSF) ziri mu bikorwa...

IZIHERUKA

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda
MU RWANDA

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
01/12/2025
0

Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano

Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa umunyamakuru Djihad uherutse gutabwa muri yombi

01/12/2025
Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

01/12/2025
Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Hatangajwe amagambo umwe muri batatu bakekwaho kwica umuntu bamukase ijosi yakundaga kumubwira

01/12/2025
Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

01/12/2025
RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

01/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Poland: Umuyobozi Wungirije wa Polisi y’u Rwanda yitabiye imurika riri kumurikirwamo n’imbunda

Poland: Umuyobozi Wungirije wa Polisi y’u Rwanda yitabiye imurika riri kumurikirwamo n’imbunda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa umunyamakuru Djihad uherutse gutabwa muri yombi

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.