Wednesday, August 13, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Burundi: Perezida yasimbuje Minisitiri w’Intebe wavugwagaho gushaka kumukorera ‘Coup d’état’

radiotv10by radiotv10
07/09/2022
in MU RWANDA
0
Burundi: Perezida yasimbuje Minisitiri w’Intebe wavugwagaho gushaka kumukorera ‘Coup d’état’
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Evariste Ndayishimiye yasimbuje Alain Guillaume Bunyoni ku mwanya wa Minisitiri w’Intebe, nyuma yuko bari bamaze iminsi banyuranya mu bitekerezo ndetse akaba yavugwagaho umugambi wo kumuhirika ku butegetsi.

Mu ibarurwa yandikiye Inteko Ishinga Amategeko mu gitondo cyo kuri yu wa Gatatu tariki Indwi Nzeri 2022, Perezida Evariste Ndayishimiye yayisabye kwemeza Gervais Ndirakobuca nka Minisitiri w’Intebe mushya.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu, Inteko Ishinga Amategeko mu Burundi yaramukiye mu gikorwa cyo gutorera iki cyemezo cy’Umukuru w’Igihugu aho intumwa za rubanda zemeje Gervais Ndirakobuca ku majwi 113.

Perezida Ndayishimiye asimbuye Alain Guillaume Bunyoni nyuma yuko hari hamaze iminsi hari umwuka mubi hagati yabo ndetse hariho ikikango ko mu Burundi hashobora kuba Coup d’Etat.

Perezida Evariste Ndayishimiye ubwo yatangizaga umwaka w’Ubucamanza ku wa Gatanu w’icyumweru gishize, yagarutse ku bashaka kumuhirika ku butegetsi, abaha gasopo, ababwira ko batazabigeraho.

Uwigeze kuba Visi Perezida wa Mbere mu Burundi, Frédéric Bamvuginyumvira yagarutse ku bibazo bimaze iminsi biri mu bategetsi bakuru bo muri iki Gihugu, yemeza ko aho byari bimaze kugera, byari biteye inkeke.

Yagize ati “Umukuru w’Igihugu ari kwiyama abo bakorana kandi ba hafi bumva neza ko ntawundi yaba avuga atari Minisitiri w’Intebe we cyane cyane ko na Minisitiri w’Intebe we yavuze ati ‘iyo umuntu ari kugira urusaku akuvuga nabi, ati ‘umenye ko muri icyo gihe wamaze kumusumba’. Bari gusubizanya nta n’umwe uvuga undi mu izina.”

Uyu munyapolitiki yavuze ko Perezida Ndayishimiye ashaka kurandura uburiganya buri mu bakomeye muri CNDD-FDD bigaruriye imitungo myinshi y’Igihugu, akaba ari na byo biri mu byateye umwuka mubi hagati ya Ndayishimiye n’uwari Minisitiri w’Intebe muri Guverinoma ye.

Yagize ati “Niyo Perezida yashaka guhindura ibyo bintu, Minisitiri w’Intebe ntabwo azabishyiraho umukono kuko Minisitiri w’Intebe ari muri iryo tsinda ryimonogoje noneho Perezida agashaka kubahindura kandi barahawe uburenganzira n’ishyaka rya CNDD-FDD.”

Alain-Guillaume Bunyoni wavugwagaho gushaka guhirika ku butegetsi Ndayishimiye
Gervais wamusimbuye

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − thirteen =

Previous Post

Rubavu: Ukekwa ko ari igisambo yashatse gutera icyuma Abapolisi bamusubiza isasu

Next Post

Poland: Umuyobozi Wungirije wa Polisi y’u Rwanda yitabiye imurika riri kumurikirwamo n’imbunda

Related Posts

Amashuri azafungwa n’abakozi bakorere mu rugo-Ibiteganyijwe ubwo i Kigali hazaba habera irushanwa ry’Isi mu magare

Amashuri azafungwa n’abakozi bakorere mu rugo-Ibiteganyijwe ubwo i Kigali hazaba habera irushanwa ry’Isi mu magare

by radiotv10
13/08/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ingamba ziteganyijwe ubwo iki Gihugu kizaba cyakiririye Shampiyona y’Isi y’umukino w’Amagare ya 2025, zirimo ifungwa ry’amashuri...

Agezweho: Icyatumye urubanza rw’abarimo Abofisiye ba RDF na RCS n’abanyamakuru batatu rushyirwa mu muhezo

Agezweho: Icyatumye urubanza rw’abarimo Abofisiye ba RDF na RCS n’abanyamakuru batatu rushyirwa mu muhezo

by radiotv10
13/08/2025
0

Urukiko rwa Gisirikare rwafashe icyemezo cyo gushyira mu muhezo urubanza ruregwamo abantu 28 barimo Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Igorora (RCS) n’abasirikare...

Hamenyekanye abandi baregwa muri dosiye y’Abofisiye babiri ba RDF n’abanyamakuru bazwi mu Rwanda

Hamenyekanye abandi baregwa muri dosiye y’Abofisiye babiri ba RDF n’abanyamakuru bazwi mu Rwanda

by radiotv10
13/08/2025
0

Hatangiye kuburanishwa urubanza ruregwamo abantu barenga 20 barimo abasirikare babiri bo ku rwego rw’Abofisiye mu Ngabo z’u Rwanda ndetse n’abanyamakuru...

Kigali: Umugabo ushinja umugore we kumusohora mu nzu akayihindura urusengero aragira icyo asaba

Kigali: Umugabo ushinja umugore we kumusohora mu nzu akayihindura urusengero aragira icyo asaba

by radiotv10
13/08/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Kinyinya mu Karere ka Gasabo, aravuga ko ababazwa no kuba inzu ye yasohowemo n'umugore we...

From teacher to TikTok star: The inspiring journey of Bizumuremyi, Rwanda’s favorite “motari”

From teacher to TikTok star: The inspiring journey of Bizumuremyi, Rwanda’s favorite “motari”

by radiotv10
13/08/2025
0

In Kigali’s busy streets, motorcycles are everywhere, but few riders have made a name quite like Sadi Bizumuremyi better known...

IZIHERUKA

Amashuri azafungwa n’abakozi bakorere mu rugo-Ibiteganyijwe ubwo i Kigali hazaba habera irushanwa ry’Isi mu magare
MU RWANDA

Amashuri azafungwa n’abakozi bakorere mu rugo-Ibiteganyijwe ubwo i Kigali hazaba habera irushanwa ry’Isi mu magare

by radiotv10
13/08/2025
0

Gen.Muhoozi yongeye gushimangira ko UPDF na RDF ari abavandimwe anahishura gahunda bafitanye

Gen.Muhoozi yongeye gushimangira ko UPDF na RDF ari abavandimwe anahishura gahunda bafitanye

13/08/2025
Agezweho: Icyatumye urubanza rw’abarimo Abofisiye ba RDF na RCS n’abanyamakuru batatu rushyirwa mu muhezo

Agezweho: Icyatumye urubanza rw’abarimo Abofisiye ba RDF na RCS n’abanyamakuru batatu rushyirwa mu muhezo

13/08/2025
Hamenyekanye abandi baregwa muri dosiye y’Abofisiye babiri ba RDF n’abanyamakuru bazwi mu Rwanda

Hamenyekanye abandi baregwa muri dosiye y’Abofisiye babiri ba RDF n’abanyamakuru bazwi mu Rwanda

13/08/2025
Kigali: Umugabo ushinja umugore we kumusohora mu nzu akayihindura urusengero aragira icyo asaba

Kigali: Umugabo ushinja umugore we kumusohora mu nzu akayihindura urusengero aragira icyo asaba

13/08/2025
Hatangajwe ibyemeza ko u Burundi bwongeye kwinjira mu mirwano itutumba muri Congo

Hatangajwe ibyemeza ko u Burundi bwongeye kwinjira mu mirwano itutumba muri Congo

13/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Poland: Umuyobozi Wungirije wa Polisi y’u Rwanda yitabiye imurika riri kumurikirwamo n’imbunda

Poland: Umuyobozi Wungirije wa Polisi y’u Rwanda yitabiye imurika riri kumurikirwamo n’imbunda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amashuri azafungwa n’abakozi bakorere mu rugo-Ibiteganyijwe ubwo i Kigali hazaba habera irushanwa ry’Isi mu magare

Gen.Muhoozi yongeye gushimangira ko UPDF na RDF ari abavandimwe anahishura gahunda bafitanye

Agezweho: Icyatumye urubanza rw’abarimo Abofisiye ba RDF na RCS n’abanyamakuru batatu rushyirwa mu muhezo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.