Saturday, July 5, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Burundi: Ubwoba ni bwose mu bayobozi b’amashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi

radiotv10by radiotv10
27/09/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Burundi: Ubwoba ni bwose mu bayobozi b’amashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi
Share on FacebookShare on Twitter

Abayobozi b’amashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi mu Burundi, batangaje ko bafitiye impungenge z’umutekano wabo, nyuma y’inama bakoranye n’ishyaka riri ku butegetsi.

Izi nama zahuriyemo abayobozi b’amashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi n’ishyaka riri ku butegetsi, CNDD-FDD, zabaye ku itariki ya 11, n’itariki 12 z’uku kwezi kwa Nzeri 2024, indi yongera kuba ku itariki 20 z’uku kwezi. Zaberaga mu Ntara ya Burunga, iherereye mu majyepfo y’u Burundi.

SOS Media Burundi dukesha iyi nkuru, yanditse ko abayobozi b’amashyaka ya UPRONA na CNL atavuga rumwe n’ubutegetsi, batewe ubwoba n’ishyaka riri ku butegetsi ko mu gihe bakomeza ibikorwa bidahuye n’iby’ishyaka riri ku butegetsi, ngo bashobora kuzirengera ingaruka zabyo.

Abayobozi b’aya mashyaka bagaragarije impungenge ikinyamakuru SOS Media Burundi ko icyabateye ubwoba kurusha ibindi, ari uko abayobozi bayo mu Karere ka Giharo mu Ntara ya Burunga, bagarutsweho cyane muri iyo nama.

Umutangabuhamya wo mu ishyaka rya UPORNA waganiriye na SOS Media Burundi utagaragajwe amazina ye, yavuze ko nk’uwitwa Juma Théoneste uherutse kuva mu ishyaka rya CNDD-FDD akinjira muri UPRONA, yagarutsweho cyane mu nama yo kuwa 11 Nzeri 2024, ko imyitwarire ye ikwiriye gukorwaho iperereza ryihariye.

Indi nama nk’iyi yabereye mu Karere ka Giharo ku wa 20 Nzeri 2024, yari ihuriwemo n’abarimo bose bigisha mu mashuri yo mukarere ka Giharo, umunyamabanga wa CNDD-FDD mu Karere ka Musongati witwa Rénovat Hakizimana, yihanangiriza abarimu batabarizwa mu ishyaka CNDD-FDD ko umwarimu wese uzahirahira agatanga ibindi bitekerezo bidafite aho bihuriye n’ibyo ishyaka rya CNDD-FDD, azabifungirwa.

Aya magambo ni yo yateye ubwoba bamwe mu bayobozi b’amashyaka ya UPRONA na CNL, kubera ko ubusanzwe bazi neza ko ibitangiye ari imvugo birangira bishyizwe mu bikorwa.

Bahereye aha, basabye ko inzego bireba cyane cyane iz’umutekano, zikwiye kubaba hafi kuko bafitiye ubwoba aya magambo yavuze n’abayobozi b’ishyaka riri ku butegetsi, CNDD-FDD.

Assoumani TWAHIRWA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven + 1 =

Previous Post

Hahishuwe amayeri y’ukekwaho kuba ruharwa mu bucuruzi bw’urumogi wafatanywe imifuka 40 ayivanye muri Congo

Next Post

Rulindo: Biravugwa ko umukwe yabuze ku munsi w’ubukwe abantu bakagwa mu kantu

Related Posts

Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego

Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego

by radiotv10
04/07/2025
0

U Burusiya bwongeye kugaba ibitero bikomeye kuri Ukraine, mu ntambara imaze igihe ihanganishije ibi Bihugu, aho iki Gihugu cya Ukraine...

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gusinyana amasezerano n’ubutegetsi bwa Congo

by radiotv10
04/07/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko nta mushinga w’amasezerano wari wagerwago ku buryo wasinywa mu biganiro biri kubera i Doha muri Qatar,...

Baltasar wavuzweho cyane ku mbuga nkoranyambaga hamenyekanye icyemezo yafatiwe n’Urukiko

Baltasar wavuzweho cyane ku mbuga nkoranyambaga hamenyekanye icyemezo yafatiwe n’Urukiko

by radiotv10
03/07/2025
0

Baltasar Engonga Ebang wahoze ari Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Iperereza mu by’Imari muri Guinée Equatoriale wigeze kugarukwaho cyane kubera...

Perezida Trump yahaye Hamas inama z’icyatuma intambara yayo na Israel irangira burundu

Perezida Trump yahaye Hamas inama z’icyatuma intambara yayo na Israel irangira burundu

by radiotv10
02/07/2025
1

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump, yasabye umutwe wa Hamas ushyigikiwe na Iran kwemera icyo yise ubusabe...

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

by radiotv10
01/07/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko nyuma y’amasaha 72 ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo businyiye amasezerano y’amahoro i Washington, bwahise...

IZIHERUKA

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda
MU RWANDA

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

by radiotv10
05/07/2025
0

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

05/07/2025
Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

05/07/2025
Ikibazo cya FDLR nikidakemuka u Rwanda ruzakomeza gukora ibyo rukwiye gukora- Perezida Kagame

Ikibazo cya FDLR nikidakemuka u Rwanda ruzakomeza gukora ibyo rukwiye gukora- Perezida Kagame

04/07/2025
Mu birori bya APR hanakinwe umukino unogeye ijisho wagaragayemo Abasirikare Bakuru bari mu bashinze ikipe

Mu birori bya APR hanakinwe umukino unogeye ijisho wagaragayemo Abasirikare Bakuru bari mu bashinze ikipe

04/07/2025
Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego

Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego

04/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rulindo: Biravugwa ko umukwe yabuze ku munsi w’ubukwe abantu bakagwa mu kantu

Rulindo: Biravugwa ko umukwe yabuze ku munsi w’ubukwe abantu bakagwa mu kantu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.